Angola: Ishyaka rya Perezida Dos Santos umaze imyaka 38 ku butegetsi ryatsinze amatora

Imibare y’agateganyo y’ibyavuye mu matora y’Umukuru w’igihugu muri Angola yabaye kuri uyu wa Gatatu iragaragaza ko Ishyaka MPLA rya Jose Edouardo Dos Santos umaze imyaka 38 ari ku butegetsi ari ryo riri imbere mu majwi, rifite  64.57%.

Mu ibarura ry’amajwi y’agateganyo ku bimaze kuva mu matora y’umukuru w’Igihugu cya Angola, imibare itangwa na Komisiyo y’Amatora muri iki gihugu, iragaragaza ko ishyaka MPLA rya Jose Edouardo Dos Santos umaze imyaka 38 ku butegetsi ari ryo riza imbere n’amajwi aho rifite 64.57%.

Komisiyo y’Amatora mu gihugu cya Angola yatangaje ko Ishyaka ritavuga rumwe na Leta UNITA riri kwamagana aya majwi, rivuga ko MPLA iri kwibirwa amajwi.

Iyi mibare y’agateganyo igaragaza ko iri shyaka UNITA ryari rihagarariwe na Isias Samakuva rifite amajwi 24.04%.

Muri aya matora, Ishyaka MPLA ryayoboye Angola kuva iki gihugu cyabona ubwigenge muri 1975 ryari ryatanze João Lourenço ushobora kwegukana insinzi muri aya matora (imibare yatangajwe ni agateganyo).

Nubwo João Lourenço ariwe uzayobora Angola, ishyaka MPLA rizakomeza kuyoborwa na Dos Santos bityo abe ariwe uyobora politiki nini zireba igihugu.

Angola nkuko BBC dukesha iyi nkuru ibitangaza, iri mu bihugu bitanu muri Africa bifite ubukungu buzamuka cyane kubera amafaranga ishora cyane cyane mu bucukuzi bw’ibikomoka kuri Petelori nk’uko kugeza ubu imibare itangwa na Banki y’Isi n’Ikigega mpuzamahanga cy’imari ibyerekana.

Kanda hano ujye ubona amakuru y’iwacu kandi isaha ku isaha kuri Facebook no kuri twitter

Murekezi Zacharie / intyoza.com

Umwanditsi

Learn More →