• Kigali, Rwanda
  • +250 123 456 789
Facebook Twitter Youtube

INTYOZA

  • Amakuru
  • Imyidagaduro
  • Imikino
  • Politiki
  • Ubukungu
  • Ubuhinzi
  • Ubuzima
  • Urukundo
  • Ibindi
    • Ubukerarugendo
    • Ikoranabuhanga
  • Amakuru
  • Imyidagaduro
  • Imikino
  • Politiki
  • Ubukungu
  • Ubuhinzi
  • Ubuzima
  • Urukundo
  • Ibindi
    • Ubukerarugendo
    • Ikoranabuhanga
Agezweho
11/07/25
Kamonyi-Rukoma: Polisi yataye muri yombi abakekwaho ubugizi bwa nabi bategeraga abantu mu nzira
11/07/25
Kamonyi-Nyarubaka: Murashishikazwa no gucuruza ariko twe dushishikajwe no kugira abaturage bafite ubuzima bwiza-Visi Meya Uzziel
11/07/25
Kamonyi-Karama: Icyo Gitifu w’umurenge avuga ku iyibwa rya Mudasobwa 67 mu kigo cy’Ishuri
11/07/25
Kamonyi-Ngamba: Harakekwa urupfu rw’Umugabo wishwe n’umugore we n’umwana yibyariye

Kamonyi: Umuyobozi w’ikigo cya GS Remera-Rukoma yakirukanywemo burundu

Umwanditsi
February 24, 2018

Bizimana Emmanuel ( Mudidi ) yamaze gusabwa kuva mu kigo cy’urwunge rw’amashuri cya Remera-Rukoma bitarenze tariki 26 Gashyantare 2018. Uyu muyobozi yari aherutse gusabirwa kuva muri iki kigo na Minisitiri muri Minisiteri y’Uburezi. Intandaro ni umwanda wasanzwe mu kigo aho abana b’abahungu barara.

Bizimana Emmanuel uzwi ku mazina ya Mudidi, yayoboraga ikigo cy’urwunge rw’amashuri cya Remera-Rukoma. Yamaze guhabwa ibarwa imukura mu kigo ya yoboraga. Kuri uyu wa mbere araba atakikirimo. Iki kigo yari akimazemo imyaka isaga 15.

Mudidi, ku murongo wa terefone ngendanwa yahamirije intyoza.com ko yamaze guhabwa ibarwa imukura mu kigo ya yoboraga. Yagize ati ” Nimuwe mu kigo rwose, banyohereje mu kigo cy’ishuri cya Gatizo(kiri mu murenge wa Gacurabwenge).

Amakuru agera ku intyoza.com, avuga ko uyu muyobozi nyuma yo kubona ko akuwe mu kigo yari amazemo imyaka myinshi yahise yandika ibarwa asezera mu mirimo.

Ubwo intyoza.com yamubazaga niba amakuru avuga ibyo gusezera ari impamo yagize ati ” Hari urwandiko wabonye se, ni nandika uzabibona.”

Amakuru yo gukurwa mu kigo cya GS Remera-Rukoma kwa k’uyu muyobozi Mudidi, yemejwe n’umuyobozi w’Akarere ka Kamonyi Madamu Alice Kayitesi wabwiye intyoza.com ati ” Icyemezo cya Minisitiri twagishyize mu bikorwa. Mudidi twamwimuriye mu rwunge rw’amashuri rwa Gatizo, azatangira gukorerayo kuwa mbere. Ibyo kuba yanditse asezera ntabwo mbizi, nta baruwa ndabona.”

Umuyobozi w’ikigo cy’urwunge rw’amashuri rwa Remera-Rukoma, Bizimana Emmanuel (Mudidi), gukurwa mu kigo cya Remera-Rukoma yayoboraga byategetswe na Olivier Rwamukwaya, umunyamabanga wa Leta muri MINEDUC ushinzwe amashuri y’imyuga n’ubumenyi ngiro.

Hari kuwa gatanu tariki 16 Gashyantare 2018 ubwo uyu muyobozi yari mu karere ka Kamonyi asoza gahunda y’igikorwa cy’iyi Minisiteri cyanyuraga hirya no hino mu bigo by’amashuri mu Rwanda kigamije ubukangurambaga ku ireme ry’uburezi.

Umwanda wasanzwe mu kigo cy’urwunge rw’amashuri rwa Remera-Rukoma, niwo wabaye imbarutso yo gusabwa ko Mudidi akurwa muri iki kigo nubwo mbere hari byinshi byagiye bimuvugwaho ndetse agasabirwa kuva muri iki kigo kenshi ariko bikanga ku bw’imbaraga bamwe mu baganiriye n’intyoza.com bavugaga ko yishingikirizaga.

Bamwe mu bakozi muri iki kigo, baba abarimu ndetse n’abakozi basanzwe mu kigo batashatse ko amazina yabo atangazwa, bavuga ko hakwiye gukorwa igenzura ryimbitse kuri uyu muyobozi kuko ngo uretse n’ibyo yakoze mu myaka itari mike yayoboye iki kigo ngo no mucyumweru kimwe gishize asabiwe kugikurwamo ngo hari byinshi yaba yarakoze bikwiye gusobanurwa n’igenzura rivuye hanze y’ikigo.

Munyaneza Theogene / intyoza.com

Share Article

Follow Me Written By

Umwanditsi

One Comment

  1. Toto says:
    February 26, 2018 at 2:46 am

    Siwe wenyine mubyangiza imiyoborere myiza, gahunda NK igihugu twihaye.Abo ba rusaruriramunduru barahari benshi. Minister azajye asura n abarimu ababaze uko habayeho.Ibipindi ABA principal na Directeur s NGO Ni siyasa birirwa batera babeshya.Hari abitwaza ingufu zabashyizeho. Hari abayobozi biha guhangana n abarimu.hari abayobozi badashoboye. Nyarugenge_nyamirambo,muhatemberere murebe.

Comments are closed.

Shakisha
Izasomwe cyane
Kamonyi-Runda: Umugabo ukekwaho kwica umugore we amuteye icyuma yatawe muri yombi
Umwanditsi
November 27, 2024
Kamonyi-Musambira: Gitifu yakijijwe n’amaguru ahunga RIB agarurwa n’abaturage
Umwanditsi
October 15, 2024
Kamonyi-Nyamiyaga: Umurezi mu kigo cy’Ishuri araye mu maboko atari aye kubera umwana w’umukobwa w’imyaka 14-15
Umwanditsi
October 17, 2024
Ibyiciro

Amakuru

5832 Posts

Politiki

4083 Posts

Ubuhinzi

147 Posts

Ubukungu

999 Posts

Imyidagaduro

80 Posts

Imikino

141 Posts
Facebook Pinterest Twitter Youtube
  • Amakuru
  • Imyidagaduro
  • Imikino
  • Politiki
  • Ubukungu
  • Ubuhinzi
  • Ubuzima
  • Urukundo
  • Ibindi
    • Ubukerarugendo
    • Ikoranabuhanga

Intyoza.com itangaza amakuru yanyu mungingo zinyuranye z'ibibera ku isi no mukirere. Byaba ari ibyiza byubaka ndetse nibibi byo kwibazaho nko mu Bukungu, Politiki, Ikoranabuhanga, Umuco, Ubuzima, n'ibindi byinshi. Mutwandikire, mwinigure, mutugezeho ibitekerezo byanyu cyangwa izindi nkuru mwifuza kugeza kubandi.

© 2022, All Rights Reserved.

  • Amakuru
  • Imyidagaduro
  • Imikino
  • Politiki
  • Ubukungu
  • Ubuhinzi
  • Ubuzima
  • Urukundo
  • Ibindi
    • Ubukerarugendo
    • Ikoranabuhanga