• Kigali, Rwanda
  • 0788309922
Facebook Twitter Youtube

INTYOZA

  • Amakuru
  • Imyidagaduro
  • Imikino
  • Politiki
  • Ubukungu
  • Ubuhinzi
  • Ubuzima
  • Urukundo
  • Ibindi
    • Ubukerarugendo
    • Ikoranabuhanga
  • Amakuru
  • Imyidagaduro
  • Imikino
  • Politiki
  • Ubukungu
  • Ubuhinzi
  • Ubuzima
  • Urukundo
  • Ibindi
    • Ubukerarugendo
    • Ikoranabuhanga
Agezweho
28/10/25
Kamonyi-Rugalika: Ubufatanye bw’Ababyeyi n’Ubuyobozi bwa GS Ruramba, urugero rw’ibishoboka
28/10/25
Nyamagabe: Kuhira imyaka ntibisaba gusa imashini, n’atemba ku musozi aruhira-Min. Dr Bagabe Mark Cyubahiro
28/10/25
Kamonyi: Nk’Abayobozi, dukore baturebereho kuruta kuvuga ibyo tudakora- Guverineri Alice Kayitesi
28/10/25
Dr Sosthène Munyemana ukurikiranyweho ibyaha bya Jenoside yasabiwe gufungwa burundu

Nyanza: Ukekwaho kwambura umukozi wa SACCO amafaranga asaga Miliyoni yacakiwe

Umwanditsi
September 8, 2018

Polisi ikorera mu karere ka Nyanza yafashe umugabo witwa Nyandwi Mwangaguhaba ufite imyaka 39 y’amavuko, uyu mugabo akurikiranyweho kwiba  amafaranga y’u Rwanda agera kuri Miliyoni imwe n’igice (1,500,000Fr) ayashikuje umukozi wa SACCO.

Chief Inspector of Police (CIP), Bonaventure Karekezi,umuvugizi wa Polisi mu Ntara y’Amajyepfo yavuze ko Tariki 07 Nzeri 2018 uyu Mwangaguhaba yateze umukozi wa SACCO Ganaheza amwambura amafranga y’inguzanyo yari avanye mu bakiriya ba Banki.

CIP Karekezi yagize ati:”  Nk’uko bisanzwe Meshach Rimenyurifite yari mu nzira avuye gufata amafaranga y’abakiriya bari barahawe inguzanyo,  ageze mu nzira asanga uriya Nyandwi Mwangaguhaba yamutegeye mu nzira mu kagari ka Mushirarungu mu Murenge wa Rwabicuma atwara ariya mafaranga agera kuri Miliyoni n’igice”.

Yakomeje avuga ko uyu mujura akimara gutwara aya mafranga abaturage batabaye basanga bamuzi imyirondoro ye bahita batabaza Polisi ishobora gufata uriya mujura agifite amafaranga yose.

Ubwo Polisi yamufataga,  mu gikapu cye yasanzemo ibikoresho asanzwe yifashisha yambura abantu birimo Icyuma(Imbugita)urusenda rw’ifu ndetse n’umigozi(Umurunga).

Umuvugizi wa Polisi mu Ntara y’Amajyepfo yavuze ko uyu Nyandwi anakekwaho kuba afite uruhare mu bujura bumaze iminsi buvugwa mu karere ka Nyanza.

Rimenyurifite akimara gusubizwa amafaranga yari yambuwe yashimiye Polisi y’u Rwanda ndetse n’abaturage bamutabarije.

Yagize ati:” Mbere y’uko Polisi ihagera abaturage bumvise ntabaza batabara vuba , ndabashimira kandi ndashimira Polisi y’u Rwanda ku butabazi  yankoreye.”

Kuri ubu Nyandwi Mwangaguhaba, Polisi yamushyikirije urwego rw’igihugu rushinzwe ubugenzacya(RIB) kugira ngo akurikiranwe mu mategeko.

intyoza.com

Yasuwe inshuro: 0

Share Article

Follow Me Written By

Umwanditsi

Shakisha
Izasomwe cyane
Kamonyi-Runda: Umugabo ukekwaho kwica umugore we amuteye icyuma yatawe muri yombi
Umwanditsi
November 27, 2024
Kamonyi-Musambira: Gitifu yakijijwe n’amaguru ahunga RIB agarurwa n’abaturage
Umwanditsi
October 15, 2024
Urutonde rw’abaperezida bayoboye u Rwanda kuva rwigenze
Umwanditsi
October 5, 2016
Ibyiciro

Amakuru

5898 Posts

Politiki

4149 Posts

Ubuhinzi

150 Posts

Ubukungu

1023 Posts

Imyidagaduro

85 Posts

Imikino

150 Posts
Facebook Pinterest Twitter Youtube
  • Amakuru
  • Imyidagaduro
  • Imikino
  • Politiki
  • Ubukungu
  • Ubuhinzi
  • Ubuzima
  • Urukundo
  • Ibindi
    • Ubukerarugendo
    • Ikoranabuhanga

Intyoza.com itangaza amakuru yanyu mungingo zinyuranye z'ibibera ku isi no mukirere. Byaba ari ibyiza byubaka ndetse nibibi byo kwibazaho nko mu Bukungu, Politiki, Ikoranabuhanga, Umuco, Ubuzima, n'ibindi byinshi. Mutwandikire, mwinigure, mutugezeho ibitekerezo byanyu cyangwa izindi nkuru mwifuza kugeza kubandi.

© 2022, All Rights Reserved.

  • Amakuru
  • Imyidagaduro
  • Imikino
  • Politiki
  • Ubukungu
  • Ubuhinzi
  • Ubuzima
  • Urukundo
  • Ibindi
    • Ubukerarugendo
    • Ikoranabuhanga