• Kigali, Rwanda
  • +250 123 456 789
Facebook Twitter Youtube

INTYOZA

  • Amakuru
  • Imyidagaduro
  • Imikino
  • Politiki
  • Ubukungu
  • Ubuhinzi
  • Ubuzima
  • Urukundo
  • Ibindi
    • Ubukerarugendo
    • Ikoranabuhanga
  • Amakuru
  • Imyidagaduro
  • Imikino
  • Politiki
  • Ubukungu
  • Ubuhinzi
  • Ubuzima
  • Urukundo
  • Ibindi
    • Ubukerarugendo
    • Ikoranabuhanga
Agezweho
15/06/25
Kamonyi-Bishenyi: Imurikabikorwa n’Imurikagurisha rihaye umukoro ubuyobozi bw’Akarere
15/06/25
Burera: ECD Burera ADEPE for Enhancing Child Safety and Family Economy
15/06/25
Kamonyi-Kwibuka31: Ikipe y’Abakanyujijeho mu Mavubi(FAPA) yageze ku mukino wa nyuma itsinze Arsenal Forever
15/06/25
Kamonyi-Rugalika: Polisi yataye muri yombi abakekwaho ubujura bwo gutegera abantu mu nzira no gutobora inzu

Kamonyi-Ngamba: Umurambo w’umuntu watoraguwe ku nkombe z’uruzi rwa Nyabarongo

Umwanditsi
October 27, 2018

Ku gice cy’inkombe y’uruzi rwa Nyabarongo mu Mudugudu wa Raro, Akagari ka Kabuga ho mu Murenge wa Ngamba kuri uyu wa 25 Ukwakira 2018 hatoragiwe umurambo w’umuntu w’umugabo utaramenyekana imyirondoro, ari mu kigero cy’imyaka hagati ya 25-27 y’amavuko.

Niyobuhungiro Obed, Umunyamabanga Nshingwabikorwa w’Umurenge wa Ngamba yahamirije intyoza.com ko amakuru y’uyu murambo watoraguwe ku nkombe y’uruzi rwa Nyabarongo ari ukuri. Ko bawutoraguye bigaragara ko watangiye kwangirika bagahita bawujyana mu bitaro bya Remera-Rukoma ngo usuzumwe.

Yagize ati” Ku itariki 25 Ukwakira 2018 ahagana saa saba n’iminota 55 nibwo twamenye amakuru ko mu ruzi rwa Nyabarongo habonetsemo umurambo w’umuntu, tuhageze twasanze aribyo koko, tumenyesha inzego dukorana, umurambo ukurwamo ariko watangiye kwangirika duhita tumugeza ku bitaro bya Remera-Rukoma, ku gira ngo hakorwe isuzuma hafatwe n’ikindi cyemezo.”

Gitifu Obed Niyobuhungiro, avuga ko uyu murambo watoraguwe ari uw’umugabo cyangwa umusore wo mu kigero cy’imyaka iri hagati ya 25-27 y’amavuko. Avuga kandi ko yaba ubuyobozi butandukanye ndetse n’abaturage batabaye bose nta wabashije kumenya uyu muntu.

Umunyamabanga Nshingwabikorwa w’Umurenge wa Ngamba, atangaza kandi ko amakuru y’uyu murambo yatanzwe n’abaturage bakora mu mirima y’ibisheke, ko aribo bawubonye bagahita babimenyesha ubuyobozi. Avuga kandi ko mu bigaragara ari nk’amazi yamukuye ahandi.

Munyaneza Theogene / intyoza.com

Share Article

Follow Me Written By

Umwanditsi

One Comment

  1. jibsonson says:
    October 30, 2018 at 12:05 pm

    abaganga bakore isuzuma kugirango hamenyekane ikishe uyumugabo kubufatanye n’inzego zibishinzwe ashyingurwe mucyubahiro nyakwigendera Imana imwakire mu bayo.

Comments are closed.

Shakisha
Izasomwe cyane
Kamonyi-Runda: Umugabo ukekwaho kwica umugore we amuteye icyuma yatawe muri yombi
Umwanditsi
November 27, 2024
Kamonyi-Musambira: Gitifu yakijijwe n’amaguru ahunga RIB agarurwa n’abaturage
Umwanditsi
October 15, 2024
Kamonyi-Nyamiyaga: Umurezi mu kigo cy’Ishuri araye mu maboko atari aye kubera umwana w’umukobwa w’imyaka 14-15
Umwanditsi
October 17, 2024
Ibyiciro

Amakuru

5816 Posts

Politiki

4067 Posts

Ubuhinzi

147 Posts

Ubukungu

996 Posts

Imyidagaduro

79 Posts

Imikino

139 Posts
Facebook Pinterest Twitter Youtube
  • Amakuru
  • Imyidagaduro
  • Imikino
  • Politiki
  • Ubukungu
  • Ubuhinzi
  • Ubuzima
  • Urukundo
  • Ibindi
    • Ubukerarugendo
    • Ikoranabuhanga

Intyoza.com itangaza amakuru yanyu mungingo zinyuranye z'ibibera ku isi no mukirere. Byaba ari ibyiza byubaka ndetse nibibi byo kwibazaho nko mu Bukungu, Politiki, Ikoranabuhanga, Umuco, Ubuzima, n'ibindi byinshi. Mutwandikire, mwinigure, mutugezeho ibitekerezo byanyu cyangwa izindi nkuru mwifuza kugeza kubandi.

© 2022, All Rights Reserved.

  • Amakuru
  • Imyidagaduro
  • Imikino
  • Politiki
  • Ubukungu
  • Ubuhinzi
  • Ubuzima
  • Urukundo
  • Ibindi
    • Ubukerarugendo
    • Ikoranabuhanga