• Kigali, Rwanda
  • +250 123 456 789
Facebook Twitter Youtube

INTYOZA

  • Amakuru
  • Imyidagaduro
  • Imikino
  • Politiki
  • Ubukungu
  • Ubuhinzi
  • Ubuzima
  • Urukundo
  • Ibindi
    • Ubukerarugendo
    • Ikoranabuhanga
  • Amakuru
  • Imyidagaduro
  • Imikino
  • Politiki
  • Ubukungu
  • Ubuhinzi
  • Ubuzima
  • Urukundo
  • Ibindi
    • Ubukerarugendo
    • Ikoranabuhanga
Agezweho
05/07/25
Kamonyi: Abanyarugalika bizihije umunsi wo Kwibohora bashimangira uruhare rwabo mu bikorwa by’iterambere
05/07/25
Kamonyi-Rukoma: Polisi ikomeje guhiga bukware Abahebyi mu bucukuzi bw’Amabuye y’agaciro
05/07/25
Kamonyi-Ubudaheranwa: Ubuyobozi bwa SACCO 12 bwaremeye Abarokotse Jenoside batishoboye
05/07/25
Kamonyi-Ngamba: Iminsi y’umujura yabagereyeho bafatwa bataragurisha Ingurube bishe bakayibaga

Kamonyi: Imihigo yanyu, intego yanyu ntabwo mugendana – Guverineri CG Emmanuel K. Gasana

Umwanditsi
November 29, 2018

Inama mpuzabikorwa yahuje inzego zitandukanye mu karere ka Kamonyi kuri uyu wa 28 Ugushyingo 2018, umuyobozi w’Intara y’amajyepfo CG Emmanuel K. Gasana yasabye buri wese guha agaciro ibyo akora, kubigira ibye, gukurikiza impanuro z’Umukuru w’Igihugu no gufatanya n’abandi mu rugamba rwo kwesa Imihigo.

Guverineri CG Gasana, yabajije abitabiriye inama impamvu bataba abambere mu Kwesa imihigo nk’uko bitwa “Abesamihigo”, bamwe bagasubiza ko biterwa no kubigiramo umwete muke, abandi ngo ni impamvu za bamwe mu baturage bananirana n’ibindi. Aha niho Guverineri yashingiye abasaba gushyira hamwe no kumva ko ibyo bakora bishoboka mu gihe buri wese abigize ibye kandi abayobozi bakegera abaturage.

Yagize ati” Namenye y’uko Imihigo yanyu, Intego yanyu, ntabwo mwese mugendana! kandi nyamara ndabibabwiye, kuva nonaha ng’aha, mukore uko mushoboye kose mubigire ibyanyu.” Yababwiye ko niba bimwe mubyo yababajije hari abatabizi mu nama nk’iyi, ko bitashoboka ko abaturage bayobora babimenya.

Ahereye ku kuba Abanyakamonyi bahamagarwa “ Abesamihigo bakikiriza ngo Iterambere rirambye, aho kandi banafite indirimbo y’Abesamihigo, yabasabye kwihesha agaciro muri iyi ndirimbo no mu bikorwa byabo, ikiri icyabo kandi kiri mu ntego bafite bakagikora bashyize hamwe, bumva ko ibyo bakora ari ibyabo.

CG Gasana, yasabye abayobozi batandukanye gukora cyane, kumva ko mubyo bakora bidashingira gusa ku kwigisha abaturage ahubwo bisaba kujyana nabo mubyo bakora, bakabegera bagafatanya.

Abitabiriye iyi nama, bibukijwe ko icyerekezo cya Perezida Paul Kagame ari; Umutekano, Amahirwe aganga n’Imibereho myiza ku banyarwanda. Ibi buri wese yasabwe kubyumva neza akabigira ibye bikamufasha.

Guverineri w’Intara y’Amajyepfo, CG Emmanuel K. Gasana yabwiye abitabiriye inama ko abayobozi bakora ibinyuranije n’ibyo bemerewe bagiye gukorwamo bakerekezwa aho bakwiye kujya, bakabazwa ibyo bakwiye kubazwa.

Iyi nama mpuzabikorwa y’Akarere, yitabiriwe n’Abakuru b’Imidugudu bose, abahagarariye njyanama z’utugari n’Imirenge, Abanyamabanga Nshingwabikorwa b’Imirenge yose, Inzego z’umutekano, ubuyobozi bw’Akarere n’abandi.

CG Gasana, yasabye buri wese witabiriye inama guhagurukana ingamba zo gukora, kwegera abaturage ariko kandi no kujya batanga raporo zuzuye kandi ku gihe. Bibukijwe ko bose babashije kumva neza icyerekezo cy’Umukuru w’Igihugu ndetse bagakora neza ibyo bashinzwe, abaturage basaga ibihumbi 380 b’Abanyakamonyi ngo nta kabuza n’umwanya wa mbere mu kwesa imihigo ntawawubatwara.

Munyaneza Theogene / intyoza.com

Share Article

Follow Me Written By

Umwanditsi

Shakisha
Izasomwe cyane
Kamonyi-Runda: Umugabo ukekwaho kwica umugore we amuteye icyuma yatawe muri yombi
Umwanditsi
November 27, 2024
Kamonyi-Musambira: Gitifu yakijijwe n’amaguru ahunga RIB agarurwa n’abaturage
Umwanditsi
October 15, 2024
Kamonyi-Nyamiyaga: Umurezi mu kigo cy’Ishuri araye mu maboko atari aye kubera umwana w’umukobwa w’imyaka 14-15
Umwanditsi
October 17, 2024
Ibyiciro

Amakuru

5828 Posts

Politiki

4079 Posts

Ubuhinzi

147 Posts

Ubukungu

999 Posts

Imyidagaduro

80 Posts

Imikino

141 Posts
Facebook Pinterest Twitter Youtube
  • Amakuru
  • Imyidagaduro
  • Imikino
  • Politiki
  • Ubukungu
  • Ubuhinzi
  • Ubuzima
  • Urukundo
  • Ibindi
    • Ubukerarugendo
    • Ikoranabuhanga

Intyoza.com itangaza amakuru yanyu mungingo zinyuranye z'ibibera ku isi no mukirere. Byaba ari ibyiza byubaka ndetse nibibi byo kwibazaho nko mu Bukungu, Politiki, Ikoranabuhanga, Umuco, Ubuzima, n'ibindi byinshi. Mutwandikire, mwinigure, mutugezeho ibitekerezo byanyu cyangwa izindi nkuru mwifuza kugeza kubandi.

© 2022, All Rights Reserved.

  • Amakuru
  • Imyidagaduro
  • Imikino
  • Politiki
  • Ubukungu
  • Ubuhinzi
  • Ubuzima
  • Urukundo
  • Ibindi
    • Ubukerarugendo
    • Ikoranabuhanga