Laurent Gbagbo wahoze ari Perezida wa Côte d’Ivoire yagizwe umwere nyuma y’imyaka 8 afunzwe

Ubucamanza bw’urukiko mpuzamahanga mpanabyaha-CPI, kuri uyu wa 16 Mutarama 2019 bwategetse ko Gbagbo wahoze ayoboye Igihugu cya Côte d’Ivoire arekurwa kuko ubushinjacyaha bwananiwe kugaragaza ibimenyetso. Iki cyemezo cyo kumurekura, kije nyuma y’imyaka umunani afunze.

Cuno Tarfusser, umucamanza mukuru mu rukiko mpuzamahanga mpanabyaha-CPI, niwe wategetse ko Laurent Gbagbo wahoze ari Perezida wa Côte d’Ivoire arekurwa, ndetse akarekuranwa na Charles Blé Goudé bari bafunganywe.

Irekurwa rya Gbagbo na Goudé, ryategetswe nyuma y’aho ubucamanze butangarije ko ubushinjacyaha bwananiwe kugaragaza ibimenyetso byatuma aba bombi bakomeza gufungwa.

Intandaro y’ifatwa n’ifungwa rya Laurent Gbagbo ni ibibazo by’imyiryane n’akaduruvayo kakurikiye amatora yabaye mu mwaka wa 2010-2011, aho abantu bagera mu 3000 bishwe. Iki gihe, Gbagbo yanze kwemera ko yatsinzwe na Alassane Ouattara, akomeza kugundira ubutegetsi kugeza afashwe n’ingabo zamurwanyaga mu kwa kane kwa 2011.

Abantu bagera ku 3000 bishwe nyuma y’imvururu zakurikiye amatora ubwo Gbagbo yangaga kurekura ubutegetsi, bashinjwa ingabo za Gbagbo. Uyu wahoze ari Perezida kandi mu byaha yari akurikiranyweho birimo; ibyaha byibasiye inyoko muntu, Gufata ku ngufu, ibyaha by’intambara n’ubwicanyi bushinjwa ingabo yitiriwe.

Nyuma y’icyemezo cy’umucamanza cyo kurekura Laurent Gbagbo ndetse na Charles  Goudé, abahagarariye imiryango y’abishwe bagiye mu mihanda bamagana iki cyamezo bavuga ko uru rukiko rwafashe icyemezo kidakwiye, kigaragaza ko rutahaye agaciro abishwe.

Munyaneza Theogene / intyoza.com

Umwanditsi

Learn More →