• Kigali, Rwanda
  • +250 123 456 789
Facebook Twitter Youtube

INTYOZA

  • Amakuru
  • Imyidagaduro
  • Imikino
  • Politiki
  • Ubukungu
  • Ubuhinzi
  • Ubuzima
  • Urukundo
  • Ibindi
    • Ubukerarugendo
    • Ikoranabuhanga
  • Amakuru
  • Imyidagaduro
  • Imikino
  • Politiki
  • Ubukungu
  • Ubuhinzi
  • Ubuzima
  • Urukundo
  • Ibindi
    • Ubukerarugendo
    • Ikoranabuhanga
Agezweho
23/06/25
Kamonyi-Kwibuka31: OLYMPIC FCA yatsinze FAPA(Abakanyujijeho mu MAVUBI) itwara irushanwa
23/06/25
Umunyamakuru akwiye kwirinda kugaragara nk’umwanzi mu mpande 2 zihanganye-Me Ibambe
23/06/25
Umukongomani wishwe azira kwanga Ruswa yagizwe Umuhire
23/06/25
Kamonyi-Mugina: Pasitori yahakaniye Mwarimukazi umushinja ko imbwa ye yamuririye umwana

Umuryango ANSP+ urasaba buri wese kuzirikana ko SIDA ntaho yagiye

Umwanditsi
February 10, 2019

Umuryango nyarwanda ukora mu kurwanya icyorezo cya SIDA, kurwanya ubukene no guteza imbere uburenganzira bwa muntu ukanakorana bya hafi n’abari mu byiciro byihariye (ANSP+) usaba buri munyarwanda kuzirikana ko SIDA ntaho yagiye n’ubwo ubukangurambaga busa n’ubwadohotse. Ibi byasabwe abahagarariye abari mu byiciro byihariye nyuma y’amahugurwa y’iminsi 2 ku kicaro cy’uyu muryango yabaye kuwa 5-6 Gashyantare 2019.

Deborah Mukasekuru, umuhuzabikorwa wa ANSP+ yabwiye abitabiriye amahugurwa ko nubwo bigaragara ko muri ibi bihe ubukangurambaga ku kurwanya SIDA bwagabanutse, ngo nta muntu n’umwe ukwiye kumva ko kurwanya SIDA bitamureba.

Ati” SIDA twese iratureba, ni uko ubukangurambaga butagikunda gukorwa kubera amafaranga yagabanutse ariko buri munyarwanda wese SIDA iramureba. Abanyamakuru irabareba, abakora imibonano mpuzabitsinda babihuje irabareba, Abakora akazi k’uburaya irabareba, n’abanyarwanda bose muri rusange irabareba.”

Akomeza ati” Ubwandu bw’agakoko gatera sida buri hejuru cyane mu byiciro byihariye( abakora uburaya n’abakora imibonano mpuzabitsina babihuje), kimwe no mu mijyi ugereranije no mu baturage bari mu cyaro. Nibyo koko inkunga zaragabanutse mu kurwanya icyorezo cya SIDA ariko yo iracyahari kandi abo yica ni abanyarwanda, ntabwo twakwicara ngo tuvuge ko tuzakora kubera ko amafaranga ahari. Imbaraga n’ubushobozi bwa buri wese birakenewe muri uru rugamba.”

Abitabiriye amahugurwa, uretse guhugurwa ku ngamba zo kurwanya icyorezo cya SIDA, banahuguwe ku kuboneza urubyaro, ubuzima bw’imyororokere n’ibindi birebana n’ubuzima, hagamijwe gufata ingamba zo kugira ubuzima bwiza kuri buri wese, ubuzima bufite intego kandi bufite agaciro.

Abahuguwe mu byiciro bitandukanye byaba ibyihariye ndetse n’abanyamakuru bari bahari, buri wese yiyemeje gutanga umusanzu we mu mbaraga n’ubushobozi afite mu kwigisha no guhugura abanyarwanda muri rusange ku kumva ko buri wese akwiye gufata neza ubuzima no kumva ko urugamba rwo kurwanya SIDA ntawe rutareba kimwe n’ikindi icyo aricyo cyose cyabubangamira.

Munyaneza Theogene / intyoza.com

Share Article

Follow Me Written By

Umwanditsi

Shakisha
Izasomwe cyane
Kamonyi-Runda: Umugabo ukekwaho kwica umugore we amuteye icyuma yatawe muri yombi
Umwanditsi
November 27, 2024
Kamonyi-Musambira: Gitifu yakijijwe n’amaguru ahunga RIB agarurwa n’abaturage
Umwanditsi
October 15, 2024
Kamonyi-Nyamiyaga: Umurezi mu kigo cy’Ishuri araye mu maboko atari aye kubera umwana w’umukobwa w’imyaka 14-15
Umwanditsi
October 17, 2024
Ibyiciro

Amakuru

5820 Posts

Politiki

4071 Posts

Ubuhinzi

147 Posts

Ubukungu

996 Posts

Imyidagaduro

79 Posts

Imikino

140 Posts
Facebook Pinterest Twitter Youtube
  • Amakuru
  • Imyidagaduro
  • Imikino
  • Politiki
  • Ubukungu
  • Ubuhinzi
  • Ubuzima
  • Urukundo
  • Ibindi
    • Ubukerarugendo
    • Ikoranabuhanga

Intyoza.com itangaza amakuru yanyu mungingo zinyuranye z'ibibera ku isi no mukirere. Byaba ari ibyiza byubaka ndetse nibibi byo kwibazaho nko mu Bukungu, Politiki, Ikoranabuhanga, Umuco, Ubuzima, n'ibindi byinshi. Mutwandikire, mwinigure, mutugezeho ibitekerezo byanyu cyangwa izindi nkuru mwifuza kugeza kubandi.

© 2022, All Rights Reserved.

  • Amakuru
  • Imyidagaduro
  • Imikino
  • Politiki
  • Ubukungu
  • Ubuhinzi
  • Ubuzima
  • Urukundo
  • Ibindi
    • Ubukerarugendo
    • Ikoranabuhanga