• Kigali, Rwanda
  • +250 123 456 789
Facebook Twitter Youtube

INTYOZA

  • Amakuru
  • Imyidagaduro
  • Imikino
  • Politiki
  • Ubukungu
  • Ubuhinzi
  • Ubuzima
  • Urukundo
  • Ibindi
    • Ubukerarugendo
    • Ikoranabuhanga
  • Amakuru
  • Imyidagaduro
  • Imikino
  • Politiki
  • Ubukungu
  • Ubuhinzi
  • Ubuzima
  • Urukundo
  • Ibindi
    • Ubukerarugendo
    • Ikoranabuhanga
Agezweho
10/07/25
Kamonyi-Rukoma: Polisi yataye muri yombi abakekwaho ubugizi bwa nabi bategeraga abantu mu nzira
10/07/25
Kamonyi-Nyarubaka: Murashishikazwa no gucuruza ariko twe dushishikajwe no kugira abaturage bafite ubuzima bwiza-Visi Meya Uzziel
10/07/25
Kamonyi-Karama: Icyo Gitifu w’umurenge avuga ku iyibwa rya Mudasobwa 67 mu kigo cy’Ishuri
10/07/25
Kamonyi-Ngamba: Harakekwa urupfu rw’Umugabo wishwe n’umugore we n’umwana yibyariye

Kamonyi: Abanyeshuri bimwe indangamanota bazizwa umusanzu w’ubwiherero bw’abarimu n’inzu y’abakobwa

Umwanditsi
April 5, 2019

Bamwe mu banyeshuri bo kukigo cy’amashuri abanza cya Kiboga giherereye mu Kagari ka Nyarubuye, Umurenge wa Rugalika kuri uyu wa 5 Mata 2019 batashye batabwiwe amanota kubwo kutabasha kwishyura umusanzu basabwe w’ubwiherero bw’abarimu n’inzu y’umukobwa.

Baba abanyeshuri, baba n’ababyeyi babo baganiriye n’intyoza.com bahamya koi bi babibonyemo nk’akarengane ku bana. Bavuga ko kuba hari ababyeyi baba batarabonye umusanzu w’inyubako y’ubwiherero bw’abarimu n’inzu y’abakobwa abana batakagombye kubiryozwa mu gihe nta bushobozi bwabonetse.

Umwe muri aba ati “ Birababaje, abana bageze mu kigo barabavangura ngo utarabashije kwishyura uwo musanzu ntabwo ahabwa amanota. Bamwe banze kuva mu mashuri ariko basohorwamo bataha nta manota.”

Akomeza avuga ko kuba umwana cyangwa ababyeyi baba batarabonye ubushobozi bitakagombye kwishyuzwa abana ngo bavutswe uburenganzira bwo kubwirwa amanota nk’abandi.

Ubwo intyoza.com yashakaga kumenya ukuri kuri iki kibazo, twahamagaye Niyodusenga uyobora iki kigo nyuma y’igihe twamubuze tumuha ubutumwa bugufi ahita ahamagara.

Abwiwe icyo ashakirwa ati“ Ubundi wabikuye he”. Yahise asaba umunyamakuru ku muhamagara, agerageza kenshi byanga ariko ibiganiro biza gukomeza binyuze mu kwandikirana ubutumwa bugufi(sms).

Ku kuba hari abana batahawe amanota bagataha yagize ati“ Inteko rusange y’ababyeyi  yateranye mu kwezi kwa kabiri 2018 yemeje ko buri mubyeyi ufite abana 2 azatanga umusanzu w’amafaranga 1000 naho abarenze 2 akishyura 2000”.

Nyuma yo kuvuga iby’inteko rusange eshatu zakozwe zikkavuga kuri iki kibazo, yakomeje ati” Mu nteko rusange ya tariki 2 Mata 2019 twabigarutseho dusanga bikwiye ko abatarayatanga tutabaha Bulletin ( indangamanota) bityo umubyeyi akazatubwira igihe azayazanira”. Akomeza avuga ngo ab’imyumvire myiza batanze uyu musanzu ngo naho abafite imyumvire mibi bumva bakwirirwa binywera.

Bamwe muri aba babyeyi babwiye umunyamakuru ko ibyinshi mu bivugwa n’ubuyobozi ari ibinyoma batemera. Gusa bakavuga ko nubwo baba barasabwe umusanzu bakaba batarawubonye ku mpamvu zinyuranye zirimo n’ubukene bitakagombye gutuma abana babiryozwa ngo bamwe batahe babwiwe amanota abandi batahe barira.

Munyaneza Theogene / intyoza.com

Share Article

Follow Me Written By

Umwanditsi

One Comment

  1. Minani says:
    April 6, 2019 at 2:57 pm

    Sha ba Directeur baragowe pe.

Comments are closed.

Shakisha
Izasomwe cyane
Kamonyi-Runda: Umugabo ukekwaho kwica umugore we amuteye icyuma yatawe muri yombi
Umwanditsi
November 27, 2024
Kamonyi-Musambira: Gitifu yakijijwe n’amaguru ahunga RIB agarurwa n’abaturage
Umwanditsi
October 15, 2024
Kamonyi-Nyamiyaga: Umurezi mu kigo cy’Ishuri araye mu maboko atari aye kubera umwana w’umukobwa w’imyaka 14-15
Umwanditsi
October 17, 2024
Ibyiciro

Amakuru

5832 Posts

Politiki

4083 Posts

Ubuhinzi

147 Posts

Ubukungu

999 Posts

Imyidagaduro

80 Posts

Imikino

141 Posts
Facebook Pinterest Twitter Youtube
  • Amakuru
  • Imyidagaduro
  • Imikino
  • Politiki
  • Ubukungu
  • Ubuhinzi
  • Ubuzima
  • Urukundo
  • Ibindi
    • Ubukerarugendo
    • Ikoranabuhanga

Intyoza.com itangaza amakuru yanyu mungingo zinyuranye z'ibibera ku isi no mukirere. Byaba ari ibyiza byubaka ndetse nibibi byo kwibazaho nko mu Bukungu, Politiki, Ikoranabuhanga, Umuco, Ubuzima, n'ibindi byinshi. Mutwandikire, mwinigure, mutugezeho ibitekerezo byanyu cyangwa izindi nkuru mwifuza kugeza kubandi.

© 2022, All Rights Reserved.

  • Amakuru
  • Imyidagaduro
  • Imikino
  • Politiki
  • Ubukungu
  • Ubuhinzi
  • Ubuzima
  • Urukundo
  • Ibindi
    • Ubukerarugendo
    • Ikoranabuhanga