• Kigali, Rwanda
  • +250 123 456 789
Facebook Twitter Youtube

INTYOZA

  • Amakuru
  • Imyidagaduro
  • Imikino
  • Politiki
  • Ubukungu
  • Ubuhinzi
  • Ubuzima
  • Urukundo
  • Ibindi
    • Ubukerarugendo
    • Ikoranabuhanga
  • Amakuru
  • Imyidagaduro
  • Imikino
  • Politiki
  • Ubukungu
  • Ubuhinzi
  • Ubuzima
  • Urukundo
  • Ibindi
    • Ubukerarugendo
    • Ikoranabuhanga
Agezweho
09/05/25
Kamonyi-Runda: Polisi yataye muri yombi abasore 2 yafatanye ibiyobyabwenge
09/05/25
Kamonyi-Rukoma: Ntabwo tuzihanganira abantu b’Ingarisi batagira icyo bakora baza kwiba abaturage-DPC Furaha
09/05/25
Kamonyi-Musambira/Kwibuka31: Twahisemo kuba umwe, kureba kure ndetse no gufatanya-Visi Meya Uzziel Niyongira
09/05/25
Kamonyi: Abikorera/PSF bibutse bagenzi babo bishwe muri Jenoside yakorewe Abatutsi banaremera Intwaza

Imihigo yacu tuyihagazemo neza, nta muhigo ugomba kugwingira – Impamyabigwi Aldo Havugimana

Umwanditsi
April 23, 2019

Intore yo kumukondo Aldo Havugmana mu izina ry’Impamyabigwi yijeje ubuyobozi bw’itorero ry’Igihugu n’Inama nkuru y’itangazamakuru ndetse n’Abanyarwanda muri rusange ko uyu mwaka uzarangira nta muhigo utareswa.

Mu mahugurwa yateguriwe Impamyabigwi zigiye kujya ku Rugerero ruciye ingando hirya no hino muturere guhera kuri uyu wa 24 Mata 2019, Impamyabigwi Havugimana Aldo yagize ati ” Imihigo yacu tuyihagazemo neza, kandi turashaka gukomereza aho kugira ngo umwaka urangire nta muhigo ukiri mu mutuku, nta muhigo wagwingiye”.

Havugimana, yibukije ko Impamyabigwi zigomba kuba nkore neza bandebereho mu rwego rwo kwesa umuhigo wo kuba Abarinzi b’ibyagezweho. Yibukije kandi ko mu mikorere n’imigirire y’Impamyabigwi hakwiye kuba Ukwihesha agaciro no kugaragaza ibigwi by’u Rwanda n’Abanyarwanda.

Yakomeje yibutsa Impamyabigwi ko zibomba guhora zizirikana ko ari Intumwa zidatenguha aho ziri hose. Ko zigomba kurangwa no kugaya no gushima icyiza ku mugaragaro, byose bigashingira ku Rwanda rwifuzwa kandi mu nyungu z’Abanyarwanda.

Impamyabigwi Aldo Havugimana yashimiye ubufatanye bukomeje kuranga Impamyabigwi n’Inama nkuru y’Itangazamakuru, Itorero ry’Igihugu n’Abanyarwanda muri rusange. Yasabye Impamyabigwi kuba abatanga umuti w’ikibazo aho kuba abatanga ahavunitse kurushaho.

Zimwe mu mpamyabigwi zitabiriye amahugurwa azitegurira gutumwa.

Peacemaker Mbungiramihigo, Umunyamabanga Nshingwabikorwa w’Inama nkuru y’Itangazamakuru yasabye Impamyabigwi zigiye gutumwa ku rugerero ruciye Ingando ko umusaruro wabo ugomba kugaragarira hose, kugaragariza ababatumye icyo bakuye mu itorero.

Mbungiramihigo Peacemaker/ ES MHC

Yibukije Impamyabigwi ko zishinzwe gukurikirana no guhamya ibigwi by’Abanyarwanda bose, ko igikorwa zitumwemo kizarushaho kumenyekanisha ibyiza by’itorero mu banyamakuru basaga 1000 bakorera mu bitangazamakuru bitandukanye.

Lt Col Migambi Mungamba Desire, umuyobozi wungirije w’itorero ry’Igihugu yasabye impamyabigwi kumenyekanisha ibikorwa uko biri kuko ngo hari byinshi bikorwa ariko ugasanga bitamenyekana. Yibukije Impamyabigwi ko mu gihe itorero ryakomera n’ubuzima bw’Abanyarwanda buzazamuka.

Lt Col Migambi / NIC

Lt Col Migambi, yabwiye Impamyabigwi anazibutsa ubutumwa Perezida Kagame akaba n’umutoza w’ikirenga yavuze ko “Urugerero ari ifumbire y’ubwenge, utarugiyemo aragwingira”. Yasabye buri wese guharanira gukora neza agatanga byose kugira ngo ibigiye gukorwa bikorwe neza.

Impamyabigwi zigiye gutumwa ku rugerero ruciye ingando zigizwe n’ibyiciro bibiri, aho ikiciro cya mbere kizagenda kuri uyu wa gatatu tariki 24 Mata 2019, kikazamara iminsi irindwi, mu gihe ikiciro cya kabiri kizagenda tariki 6 Gicurasi 2019 na cyo kikamara iminsi irindwi. Ibyiciro byose bizajya hirya no hino mu turere gukurikirana no gutangaza ibikorwa by’indi mitwe y’intore( Urugerero ruciye ingando).

 

Theogene Munyaneza / intyoza.com

Share Article

Follow Me Written By

Umwanditsi

Shakisha
Izasomwe cyane
Kamonyi-Runda: Umugabo ukekwaho kwica umugore we amuteye icyuma yatawe muri yombi
Umwanditsi
November 27, 2024
Kamonyi-Musambira: Gitifu yakijijwe n’amaguru ahunga RIB agarurwa n’abaturage
Umwanditsi
October 15, 2024
Kamonyi-Nyamiyaga: Umurezi mu kigo cy’Ishuri araye mu maboko atari aye kubera umwana w’umukobwa w’imyaka 14-15
Umwanditsi
October 17, 2024
Ibyiciro

Amakuru

5795 Posts

Politiki

4046 Posts

Ubuhinzi

145 Posts

Ubukungu

992 Posts

Imyidagaduro

79 Posts

Imikino

138 Posts
Facebook Pinterest Twitter Youtube
  • Amakuru
  • Imyidagaduro
  • Imikino
  • Politiki
  • Ubukungu
  • Ubuhinzi
  • Ubuzima
  • Urukundo
  • Ibindi
    • Ubukerarugendo
    • Ikoranabuhanga

Intyoza.com itangaza amakuru yanyu mungingo zinyuranye z'ibibera ku isi no mukirere. Byaba ari ibyiza byubaka ndetse nibibi byo kwibazaho nko mu Bukungu, Politiki, Ikoranabuhanga, Umuco, Ubuzima, n'ibindi byinshi. Mutwandikire, mwinigure, mutugezeho ibitekerezo byanyu cyangwa izindi nkuru mwifuza kugeza kubandi.

© 2022, All Rights Reserved.

  • Amakuru
  • Imyidagaduro
  • Imikino
  • Politiki
  • Ubukungu
  • Ubuhinzi
  • Ubuzima
  • Urukundo
  • Ibindi
    • Ubukerarugendo
    • Ikoranabuhanga