• Kigali, Rwanda
  • +250 123 456 789
Facebook Twitter Youtube

INTYOZA

  • Amakuru
  • Imyidagaduro
  • Imikino
  • Politiki
  • Ubukungu
  • Ubuhinzi
  • Ubuzima
  • Urukundo
  • Ibindi
    • Ubukerarugendo
    • Ikoranabuhanga
  • Amakuru
  • Imyidagaduro
  • Imikino
  • Politiki
  • Ubukungu
  • Ubuhinzi
  • Ubuzima
  • Urukundo
  • Ibindi
    • Ubukerarugendo
    • Ikoranabuhanga
Agezweho
13/07/25
Kamonyi-Ngamba: Abakekwaho kwica umugabo w’imyaka 45 bamaze gutabwa muri yombi
13/07/25
Kamonyi-Rukoma: Polisi yataye muri yombi abakekwaho ubugizi bwa nabi bategeraga abantu mu nzira
13/07/25
Kamonyi-Nyarubaka: Murashishikazwa no gucuruza ariko twe dushishikajwe no kugira abaturage bafite ubuzima bwiza-Visi Meya Uzziel
13/07/25
Kamonyi-Karama: Icyo Gitifu w’umurenge avuga ku iyibwa rya Mudasobwa 67 mu kigo cy’Ishuri

Ruhango: Umwarimu yatawe muri yombi na Polisi akekwaho ubujura bw’amafaranga  

Umwanditsi
June 12, 2019

Hakizimana Samuel w’imyaka 33 y’amavuko usanzwe ari umwarimu mu ishuri rya GS Munanira riherereye mu karere ka Ruhango mu murenge wa Byimana, kuri uyu wa 10 Kamena 2019 yafashwe na Polisi ihakorera ubwo yaramaze kwiba amafaranga ibihumbi ijana (100,000fr) kuri konti ya mugenzi we Mpagazehe Emmanuel basanzwe bakorana akazi ko kwigisha.

Umuvugizi wa Polisi mu Ntara y’Amajyepfo Chief Inspector of Police (CIP) Bonaventure Karekezi yavuze ko uyu mugabo yafashwe ubwo yaramaze kubikuza amafaranga angana n’ibihumbi 100 kuri konti ya Mpagazehe Emmanuel.

Ati “Ahagana saa tanu z’amanywa nibwo uyu Mpagazehe yabonye ubutumwa kuri telefoni ye ngendanwa ko abikuje amafaranga ibihumbi ijana kuri konti ye, akibubona yahise ahamagara ku ishami rya banki (Umwarimu SACCO /Ruhango) ababaza uwaba ubikuje amafaranga kuri konti ye.”

Yakomeje avuga ko akimara guhamagara ku Mwalimu SACCO bahise bareba ubikuje ayo mafaranga basanga ari Hakizimana Samuel, niko guhita yitabaza Polisi iramushakisha imufata agiye kuyabitsa ku yindi SACCO Ejo Heza Byimana.

Uyu mugabo Hakizimana Samuel ukurikiranweho ubujura yarasanzwe ari umurezi mu rwunge rw’amashuri rwa Munanira akaba yakoranaga na Mpagazehe Emmanuel. Kugira ngo yibe ayo mafaranga yabanje kwiba indangamuntu ya Mpagazehe aba ariyo yifashisha abikuza ayo mafaranga.

CIP Karekezi yagiriye inama abafite ingeso y’ubujura kubucikaho kuko ubufatiwemo abihanirwa, abasaba gukura amaboko mu mifuka bagakora kuko iterambere rituruka mu gukora ridaturuka mu kurambiriza kwiba iby’abandi.

Yagize ati “Iyo wishoye mu ngeso mbi zo gukora ibyaha, nta kabuza inzego z’umutekano zibigufatiramo ukabihanirwa kuko zihora ziri maso buri gihe. Niyo mpamvu Polisi y’u Rwanda buri gihe ihora ikangurira abantu bahuye n’ibibazo nk’ibi by’ubujura cyangwa se n’ibindi guhita bayimenyesha hakiri kare kugira ngo bikumirwe bitaraba.”

CIP Karekezi yakomeje aburira abaturage kujya bakurikirana ko bafite ibyangombwa byabo byose buri gihe no kwirinda kugira uwo ariwe wese babwira umubare w’ibanga bakoresha. Mu gihe babona hari ibyo badafite bakabimenyesha inzego zibishinzwe hakiri kare kuko abakora ubujura nk’ubu bifashisha kimwe muri ibyo.

Mpagazehe Emmanuel yashimiye Polisi y’u Rwanda uburyo itabarira ku gihe uyitabaje ,agira inama abaturage bagenzi be ko ari byiza guhuza telefoni na konti ya Banki kuko iyo hagize igikorwa gikorerwa kuri konti uhita ubimenya bikiba ari nayo mpamvu yabonye ko hari ubikuje amafaranga kuri konti ye agahita yitabaza Polisi .

Hakizimana Samuel akimara gufatwa yahise ashyikirizwa Urwego rw’Ubugenzacyaha (RIB) sitasiyo ya Byimana kugira ngo akurikiranwe ku byaha akekwaho.

intyoza.com

Share Article

Follow Me Written By

Umwanditsi

Shakisha
Izasomwe cyane
Kamonyi-Runda: Umugabo ukekwaho kwica umugore we amuteye icyuma yatawe muri yombi
Umwanditsi
November 27, 2024
Kamonyi-Musambira: Gitifu yakijijwe n’amaguru ahunga RIB agarurwa n’abaturage
Umwanditsi
October 15, 2024
Kamonyi-Nyamiyaga: Umurezi mu kigo cy’Ishuri araye mu maboko atari aye kubera umwana w’umukobwa w’imyaka 14-15
Umwanditsi
October 17, 2024
Ibyiciro

Amakuru

5833 Posts

Politiki

4084 Posts

Ubuhinzi

147 Posts

Ubukungu

999 Posts

Imyidagaduro

80 Posts

Imikino

141 Posts
Facebook Pinterest Twitter Youtube
  • Amakuru
  • Imyidagaduro
  • Imikino
  • Politiki
  • Ubukungu
  • Ubuhinzi
  • Ubuzima
  • Urukundo
  • Ibindi
    • Ubukerarugendo
    • Ikoranabuhanga

Intyoza.com itangaza amakuru yanyu mungingo zinyuranye z'ibibera ku isi no mukirere. Byaba ari ibyiza byubaka ndetse nibibi byo kwibazaho nko mu Bukungu, Politiki, Ikoranabuhanga, Umuco, Ubuzima, n'ibindi byinshi. Mutwandikire, mwinigure, mutugezeho ibitekerezo byanyu cyangwa izindi nkuru mwifuza kugeza kubandi.

© 2022, All Rights Reserved.

  • Amakuru
  • Imyidagaduro
  • Imikino
  • Politiki
  • Ubukungu
  • Ubuhinzi
  • Ubuzima
  • Urukundo
  • Ibindi
    • Ubukerarugendo
    • Ikoranabuhanga