Abakinnyi 16 bakiniraga APR FC barimo Kapiteni wayo Mugiraneza basezerewe burundu

Ubuyobozi bw’ikipe y’umupira w’amaguru ikina mukiciro cya mbere mu Rwanda APR FC, mu gitondo cyo kuri uyu wa 28 Kamena 2019 bwashyize hanze urutonde rw’abakinnyi 16 basezerewe burundu barimo uwari Kapiteni wayo, Mugiraneza Jean Baptiste( miggy).

Impamvu yatangajwe n’ubuyobozi bw’Ikipe ya APR FC ku isezererwa rya burundu( kwirukanwa) kw’aba bakinnyi ngo ni uko bari bamaze iminsi nta musaruro ushimishije batanga mu ikipe.

Iki cyemezo kije kandi nyuma y’aho iyi kipe ya APR FC iburiye igikombe cya shampiyona y’umupira w’amaguru 2019-2020, aho cyatwawe na mukeba wayo Rayon Sports FC. Ni nyuma kandi yo kwisanga isezerewe mu mikino y’igikombe cy’Amahoro.

Uru nirwo rutonde rw’abakinnyi basezerewe burundu.

Inama yafatiwemo icyemezo cyo gusezerera burundu aba bakinnyi yabereye ku cyicaro cya APR FC, iyoborwa n’umuyobozi wungirije w’iyi kipe Maj.Gen Mubaraka Muganga aho yashimiye abakinnyi basezerewe umurava bagaragaje mu gihe bakiniye iyi kipe.

Ubuyobozi bwa APR FC bubinyujije ku rubuga rw’iyi kipe bwatangaje kandi ko mu rwego rwo gukora impinduka muri iyi kipe, bugiye gutangaza abandi bakinnyi bazasimbura abasezerewe mbere y’uko iki cyumweru kirangira.

Iyi ni ibaruwa yahawe buri mukinnyi wasezerewe imwemerera kujya mu ikipe yindi ashaka.

Munyaneza Theogene / intyoza.com

Umwanditsi

Learn More →