• Kigali, Rwanda
  • +250 123 456 789
Facebook Twitter Youtube

INTYOZA

  • Amakuru
  • Imyidagaduro
  • Imikino
  • Politiki
  • Ubukungu
  • Ubuhinzi
  • Ubuzima
  • Urukundo
  • Ibindi
    • Ubukerarugendo
    • Ikoranabuhanga
  • Amakuru
  • Imyidagaduro
  • Imikino
  • Politiki
  • Ubukungu
  • Ubuhinzi
  • Ubuzima
  • Urukundo
  • Ibindi
    • Ubukerarugendo
    • Ikoranabuhanga
Agezweho
12/07/25
Kamonyi-Rukoma: Polisi yataye muri yombi abakekwaho ubugizi bwa nabi bategeraga abantu mu nzira
12/07/25
Kamonyi-Nyarubaka: Murashishikazwa no gucuruza ariko twe dushishikajwe no kugira abaturage bafite ubuzima bwiza-Visi Meya Uzziel
12/07/25
Kamonyi-Karama: Icyo Gitifu w’umurenge avuga ku iyibwa rya Mudasobwa 67 mu kigo cy’Ishuri
12/07/25
Kamonyi-Ngamba: Harakekwa urupfu rw’Umugabo wishwe n’umugore we n’umwana yibyariye

Kamonyi: Abakozi babiri b’umurenge wa Gacurabwenge bari mu maboko ya RIB

Umwanditsi
September 5, 2019

Umukozi w’Umukontabure ndetse n’uwo bita Adimini ( ushinzwe imari n’ubutegetsi) bakora mu murenge wa Gacurabwenge, kuri uyu wa Kane Tariki 5 Nzeli 2019 mu masaha ya mbere ya saa sita bafashwe n’urwego rw’ubugenzacyaha-RIB.

Umuturage wari mu Kagari ka Nkingo aho umwe muri aba bakozi yakuwe (Admin), yabwiye intyoza.com ko yabonye abakozi ba RIB bari kumwe n’abapolisi baza bagafata uyu mukozi bakamutwara.

Nyirandayisabye Christine, Umunyamabanga Nshingwabikorwa w’Umurenge wa Gacurabwenge utashatse kugira byinshi avuga kuri aba bakozi, yemereye umunyamakuru ko aya makuru yayumvise ariko ko agikurikirana ngo amenye neza imvano y’ibyo bafatiwe.

Gitifu Nyirandayisabye, nubwo avuga ko nta makuru mpamo y’ibyo aba bakozi ayobora bafatiwe, akeka ikibazo cy’imashini ikoreshwa na Kontabure iherutse kwibwa mu biro by’Umurenge.

Mu iyibwa ry’iyi mashine, amakuru agera ku intyoza.com ni ay’uko uwabanje gukekwa ndetse agafatwa na RIB akaza no kurekurwa ari umukozi ushinzwe gucunga umutekano (umuzamu w’amanywa).

Byinshi ku ifatwa ry’aba bakozi turacyabikurikirana.

Munyaneza Theogene / intyoza.com

Share Article

Follow Me Written By

Umwanditsi

One Comment

  1. Dusabimana Emmanuel says:
    September 7, 2019 at 8:03 am

    Turabemera rwose mbakundira ko mutugezaho amakuru agezweho mu karere kacu ka kamonyi mukomereze aho natwe tubahoza ku mutima

Comments are closed.

Shakisha
Izasomwe cyane
Kamonyi-Runda: Umugabo ukekwaho kwica umugore we amuteye icyuma yatawe muri yombi
Umwanditsi
November 27, 2024
Kamonyi-Musambira: Gitifu yakijijwe n’amaguru ahunga RIB agarurwa n’abaturage
Umwanditsi
October 15, 2024
Kamonyi-Nyamiyaga: Umurezi mu kigo cy’Ishuri araye mu maboko atari aye kubera umwana w’umukobwa w’imyaka 14-15
Umwanditsi
October 17, 2024
Ibyiciro

Amakuru

5832 Posts

Politiki

4083 Posts

Ubuhinzi

147 Posts

Ubukungu

999 Posts

Imyidagaduro

80 Posts

Imikino

141 Posts
Facebook Pinterest Twitter Youtube
  • Amakuru
  • Imyidagaduro
  • Imikino
  • Politiki
  • Ubukungu
  • Ubuhinzi
  • Ubuzima
  • Urukundo
  • Ibindi
    • Ubukerarugendo
    • Ikoranabuhanga

Intyoza.com itangaza amakuru yanyu mungingo zinyuranye z'ibibera ku isi no mukirere. Byaba ari ibyiza byubaka ndetse nibibi byo kwibazaho nko mu Bukungu, Politiki, Ikoranabuhanga, Umuco, Ubuzima, n'ibindi byinshi. Mutwandikire, mwinigure, mutugezeho ibitekerezo byanyu cyangwa izindi nkuru mwifuza kugeza kubandi.

© 2022, All Rights Reserved.

  • Amakuru
  • Imyidagaduro
  • Imikino
  • Politiki
  • Ubukungu
  • Ubuhinzi
  • Ubuzima
  • Urukundo
  • Ibindi
    • Ubukerarugendo
    • Ikoranabuhanga