• Kigali, Rwanda
  • +250 123 456 789
Facebook Twitter Youtube

INTYOZA

  • Amakuru
  • Imyidagaduro
  • Imikino
  • Politiki
  • Ubukungu
  • Ubuhinzi
  • Ubuzima
  • Urukundo
  • Ibindi
    • Ubukerarugendo
    • Ikoranabuhanga
  • Amakuru
  • Imyidagaduro
  • Imikino
  • Politiki
  • Ubukungu
  • Ubuhinzi
  • Ubuzima
  • Urukundo
  • Ibindi
    • Ubukerarugendo
    • Ikoranabuhanga
Agezweho
23/06/25
Kamonyi-Kwibuka31: OLYMPIC FCA yatsinze FAPA(Abakanyujijeho mu MAVUBI) itwara irushanwa
23/06/25
Umunyamakuru akwiye kwirinda kugaragara nk’umwanzi mu mpande 2 zihanganye-Me Ibambe
23/06/25
Umukongomani wishwe azira kwanga Ruswa yagizwe Umuhire
23/06/25
Kamonyi-Mugina: Pasitori yahakaniye Mwarimukazi umushinja ko imbwa ye yamuririye umwana

Polisi irakangurira abanyarwanda kwitondera inzuzi, ibiyaga n’imigezi muri ibi bihe by’imvura

Umwanditsi
December 1, 2019

Raporo y’ishami ry’umuryango w’abibumbye ryita ku buzima igaragaza ko impfu zituruka ku kurohama mu mazi ari zimwe mu bihitana abatuye isi, aho 0.7 % ari abantu bapfa bazize kurohama mu mazi buri mwaka. Ibihugu bikennye nibyo byibasirwa n’iki kibazo kuko imibare igaragaza ko 97% ari abantu baturuka mu bihugu bikennye bapfa bazize kurohama mu mazi.

Polisi y’u Rwanda igaragaza ko mu Rwanda imibare y’abapfa barohamye mu mazi mu mwaka ushize wa 2018 yagabanutse ugereranyije n’umwaka wawubanjirije wa 2017 kuko wagabanutseho 32% bitewe n’uko hakajijwe ubukangurambaga mu baturage kuri iki kibazo.

Nubwo bimeze bityo ariko, muri iyi minsi y’imvura y’umuhindo hongeye kugaragara impfu zitandukanye ziturutse ku mpanuka zo kurohama mu mazi. Kuri uyu wa Kane tariki ya 28 Ugushyingo 2019 mu turere twa Nyagatare, Nyanza, na Gakenke  hagaragaye izi mpanuka aho abantu bagiye batwarwa n’inzuzi n’imigezi ahanini biturutse ku mvura nyinshi irimo kugwa muri iyi minsi.

Mu karere ka Nyagatare, Ahishakiye Samuel w’imyaka 12 yarohamye mu mugezi w’Umuvumba ubwo yari yagiye gutashya inkwi, Nkuriza Laurent w’imyaka 60 yatwawe n’umugezi witwa Busogwe uri mu karere ka Nyanza naho Hakizimana Edouard yaguye mu mugezi uri hagati y’umurenge wa Rushashi na Gashenyi mu karere ka Gakenke.

Umuvugizi wa Polisi y’u Rwanda Commissioner of Police (CP) John Bosco Kabera arakangurira abanyarwanda muri rusange kwitonda cyane muri ibi bihe by’imvura bakirinda kwambuka imigezi uko biboneye ariko cyane cyane ababyeyi barasabwa kwita ku bana. Abanywa inzoga barakangurirwa kwirinda kunywa nyinshi igihe bazi ko mu nzira ibacyura bambuka imigezi kuko hari ingero zagiye zigaragara z’abatwawe n’imigezi bitewe n’ubusinzi.

Yagize ati: “Turakangurira abantu kwitonda cyane no kwita ku bana babo muri ibi bihe by’ibiruhuko byahuriranye n’ibihe by’imvura nyinshi. Abana bashobora kwinyabya bakava mu rugo bakajya gukinira mu mazi, imigezi n’inzuzi bikaba byabatwara. Abantu kandi barakangurirwa kwirinda gupima uburebure bw’amazi bakoresheje ikirenge, ukavuga uti reka nkandagiremo ndebe uko hareshya”.

Byamaze kugaragara ko inshuro nyinshi abana barohoma mu mazi biturutse ku kuba boherejwe n’ababyeyi babo kuvoma bonyine cyangwa gutashya inkwi bagerayo bakigira gukinira muri ayo mazi cyangwa se ikabatwara kubera kuzura.

Umuvugizi wa Polisi kandi aributsa abakoresha ubwato buri gihe kubujyamo bambaye amajaketi yabugenewe, bakirinda kandi kwishora mu mazi mu gihe babona hariho imvura nyinshi cyangwa n’imiyaga myinshi ishobora gutuma ubwato burohama.

intyoza.com

Share Article

Follow Me Written By

Umwanditsi

Shakisha
Izasomwe cyane
Kamonyi-Runda: Umugabo ukekwaho kwica umugore we amuteye icyuma yatawe muri yombi
Umwanditsi
November 27, 2024
Kamonyi-Musambira: Gitifu yakijijwe n’amaguru ahunga RIB agarurwa n’abaturage
Umwanditsi
October 15, 2024
Kamonyi-Nyamiyaga: Umurezi mu kigo cy’Ishuri araye mu maboko atari aye kubera umwana w’umukobwa w’imyaka 14-15
Umwanditsi
October 17, 2024
Ibyiciro

Amakuru

5820 Posts

Politiki

4071 Posts

Ubuhinzi

147 Posts

Ubukungu

996 Posts

Imyidagaduro

79 Posts

Imikino

140 Posts
Facebook Pinterest Twitter Youtube
  • Amakuru
  • Imyidagaduro
  • Imikino
  • Politiki
  • Ubukungu
  • Ubuhinzi
  • Ubuzima
  • Urukundo
  • Ibindi
    • Ubukerarugendo
    • Ikoranabuhanga

Intyoza.com itangaza amakuru yanyu mungingo zinyuranye z'ibibera ku isi no mukirere. Byaba ari ibyiza byubaka ndetse nibibi byo kwibazaho nko mu Bukungu, Politiki, Ikoranabuhanga, Umuco, Ubuzima, n'ibindi byinshi. Mutwandikire, mwinigure, mutugezeho ibitekerezo byanyu cyangwa izindi nkuru mwifuza kugeza kubandi.

© 2022, All Rights Reserved.

  • Amakuru
  • Imyidagaduro
  • Imikino
  • Politiki
  • Ubukungu
  • Ubuhinzi
  • Ubuzima
  • Urukundo
  • Ibindi
    • Ubukerarugendo
    • Ikoranabuhanga