• Kigali, Rwanda
  • +250 123 456 789
Facebook Twitter Youtube

INTYOZA

  • Amakuru
  • Imyidagaduro
  • Imikino
  • Politiki
  • Ubukungu
  • Ubuhinzi
  • Ubuzima
  • Urukundo
  • Ibindi
    • Ubukerarugendo
    • Ikoranabuhanga
  • Amakuru
  • Imyidagaduro
  • Imikino
  • Politiki
  • Ubukungu
  • Ubuhinzi
  • Ubuzima
  • Urukundo
  • Ibindi
    • Ubukerarugendo
    • Ikoranabuhanga
Agezweho
09/05/25
Kamonyi-Runda: Polisi yataye muri yombi abasore 2 yafatanye ibiyobyabwenge
09/05/25
Kamonyi-Rukoma: Ntabwo tuzihanganira abantu b’Ingarisi batagira icyo bakora baza kwiba abaturage-DPC Furaha
09/05/25
Kamonyi-Musambira/Kwibuka31: Twahisemo kuba umwe, kureba kure ndetse no gufatanya-Visi Meya Uzziel Niyongira
09/05/25
Kamonyi: Abikorera/PSF bibutse bagenzi babo bishwe muri Jenoside yakorewe Abatutsi banaremera Intwaza

Dr Diane Gashumba yazize ikinyoma, Dr Isaac Munyakazi ahemuzwa na Ruswa y’ibihumbi 500

Umwanditsi
February 16, 2020

Atangiza umwiherero wa 17 w’Abayobozi bakuru b’Igihugu kuri uyu wa 16 Gashyantare 2020, Perezida Kagame yavuze ku mpamvu z’Abaminisitiri batatu baherutse kwegura barimo Dr Diane Gashumba wazize ikinyoma ku bikoresho byo gupima Corona Virus, hakaba Me Edove Uwizeyimana wazize guhohotera umukobwa wari mukazi, hamwe na Dr Isaac munyakazi wazize Ruswa y’Ibihumbi magana atanu.

Perezida Kagame, avuga ku iyegura no kwirukanwa kuri aba baminisitiri uko ari batatu, yeruriye abari mu mwiherero ko hari abamenya amakosa ya bagenzi babo bagahitamo guceceka aho kugaragaza ibibazo ngo bishakirwe ibisubizo.

Avuga kuri buri mu Minisitiri n’amakosa yakoze yatumye yegura cyangwa yirukanwa, yanabibukije ko ibyo atari imico myiza. Kuri  Me Evode Uwizeyimana wari Umunyamabanga wa Leta ushinzwe itegeko Nshinga n’andi mategeko muri Minisiteri y’Ubutabera, avuga ko yazize guhohotera umukobwa w’umusekirite yasanze mu kazi. Ko kandi kuri Me Evode ibi bitari ubwa mbere cyangwa ubwa kabiri ku makossa nk’aya. Gusa yabwiye abayobozi bamwe ko bahisemo kwicecekera.

Ageze kuri Dr Isaac Munyakazi wari Umunyamabanga wa Leta ushinzwe amashuri abanza n’ayisumbuye muri Minisiteri y’Uburezi, yavuze ko yirukanwe kubera Ruswa y’amafaranga ibihumbi magana atanu by’u Rwanda( 500,000Frws).

Yakomoje ku kuba iyi Ruswa, yarahawe Dr Isaac Munyakazi kugira ngo afate ikigo cy’ishuri kitari mu myanya myiza agishyire aho cyifuzaga, ko kandi ibimenyetso bihari by’uko ibi byabaye, ko ndetse yafatiwe mucyuho.

Kuri Dr Diane Gashumba, uyu we ngo yazize ikinyoma yabeshye. Ubwo imyiteguro yo kujya mu mwiherero yari irimbanije, Perezida Kagame yifuje ko abazajya muri uyu mwiherero bazapimwa ( nawe arimo), hanyuma Dr Diane Gashumba wari ukiri mu mwanya wa Minisitiri w’Ubuzima aza kugira umwe abwira kobafite ibikoresho byo kuba bapima cyangwa gusuzuma bigera ku 3,500 ariko ko bakuyeho ibikoresho 400 by’abari kujya mu mwiherero byaba bigabanijwe cyane.

Avuga ko abantu bo mu nzego z’umutekano bakomeje gukurikirana iki kibazo hanyuma umwe aza koherezayo umuntu bamubwira ko ibikoresho bafite ari ibyapima abantu 95 gusa. Nyuma umukuru w’Igihugu yivuganiye na Dr Diane Gashumba amubaza niba koko ibikoresho bafite ari ibyasuzuma abantu 95 aba ariko abyemeza, ariko ngo atangira inkuru ndende zo kwisobanura, avuga ko byumviswe nabi.

Uretse iki kinyoma cyo kuri Corona Virus, kuri Dr Diane Gashumba ngo hari n’ibindi bibazo agaragaramo by’amavuriro, binareba Minisitiri w’Ingabo, Maj Gen Albert Murasira hamwe na Minisitiri w’Umutekano, Gen Patrick Nyamvumba.

Perezida Kagame, yihanangirije abayobozi mu nzego zitandukanye, abasaba ko badakwiye kurya akatari akabo. Ko bakwiye kubaha ibya Rubanda bakareka kubyangiza. Ati ” Ibintu mwangiza ni iby’Abanyarwanda, ni iby’u Rwanda ntabwo ari ibyanyu”. Yabasabye kuba intwari, unaniwe akabivuga.

Perezida kagame, yibukije aba bayobozi ko ntawe azabaza ibikorwa bye bwite yakoze mu buryo abayeho mu rugo rwe cyangwa se imibanire n’abandi. Gusa ngo ku bijyanye n’Igihugu, ibijyanye n’inyungu rusange z’Abanyagihugu, aha ho yabijeje ko bazabipfa.

Munyaneza Theogene / intyoza.com

Share Article

Follow Me Written By

Umwanditsi

Shakisha
Izasomwe cyane
Kamonyi-Runda: Umugabo ukekwaho kwica umugore we amuteye icyuma yatawe muri yombi
Umwanditsi
November 27, 2024
Kamonyi-Musambira: Gitifu yakijijwe n’amaguru ahunga RIB agarurwa n’abaturage
Umwanditsi
October 15, 2024
Kamonyi-Nyamiyaga: Umurezi mu kigo cy’Ishuri araye mu maboko atari aye kubera umwana w’umukobwa w’imyaka 14-15
Umwanditsi
October 17, 2024
Ibyiciro

Amakuru

5795 Posts

Politiki

4046 Posts

Ubuhinzi

145 Posts

Ubukungu

992 Posts

Imyidagaduro

79 Posts

Imikino

138 Posts
Facebook Pinterest Twitter Youtube
  • Amakuru
  • Imyidagaduro
  • Imikino
  • Politiki
  • Ubukungu
  • Ubuhinzi
  • Ubuzima
  • Urukundo
  • Ibindi
    • Ubukerarugendo
    • Ikoranabuhanga

Intyoza.com itangaza amakuru yanyu mungingo zinyuranye z'ibibera ku isi no mukirere. Byaba ari ibyiza byubaka ndetse nibibi byo kwibazaho nko mu Bukungu, Politiki, Ikoranabuhanga, Umuco, Ubuzima, n'ibindi byinshi. Mutwandikire, mwinigure, mutugezeho ibitekerezo byanyu cyangwa izindi nkuru mwifuza kugeza kubandi.

© 2022, All Rights Reserved.

  • Amakuru
  • Imyidagaduro
  • Imikino
  • Politiki
  • Ubukungu
  • Ubuhinzi
  • Ubuzima
  • Urukundo
  • Ibindi
    • Ubukerarugendo
    • Ikoranabuhanga