• Kigali, Rwanda
  • 0788309922
Facebook Twitter Youtube

INTYOZA

  • Amakuru
  • Imyidagaduro
  • Imikino
  • Politiki
  • Ubukungu
  • Ubuhinzi
  • Ubuzima
  • Urukundo
  • Ibindi
    • Ubukerarugendo
    • Ikoranabuhanga
  • Amakuru
  • Imyidagaduro
  • Imikino
  • Politiki
  • Ubukungu
  • Ubuhinzi
  • Ubuzima
  • Urukundo
  • Ibindi
    • Ubukerarugendo
    • Ikoranabuhanga
Agezweho
27/10/25
Kamonyi-Rugalika: Ubufatanye bw’Ababyeyi n’Ubuyobozi bwa GS Ruramba, urugero rw’ibishoboka
27/10/25
Nyamagabe: Kuhira imyaka ntibisaba gusa imashini, n’atemba ku musozi aruhira-Min. Dr Bagabe Mark Cyubahiro
27/10/25
Kamonyi: Nk’Abayobozi, dukore baturebereho kuruta kuvuga ibyo tudakora- Guverineri Alice Kayitesi
27/10/25
Dr Sosthène Munyemana ukurikiranyweho ibyaha bya Jenoside yasabiwe gufungwa burundu

Icyizere cy’urujya n’uruza mu kwambuka imipaka ihuza u Rwanda na Uganda kiri mu minsi 45

Umwanditsi
February 21, 2020

Inama yo kuri uyu wa 21 Gashyantare 2020 yabereye ku mupaka wa Gatuna/Katuna, igahuza Perezida Paul Kagame na Yoweli Kaguta Museveni, babifashijwemo n’abahuza aribo Perezida Felix Antoine Tshisekedi Tshilombo wa Repubulika iharanira Demokarasi ya Congo na Joao Manuel Goncalves Lourenco wa Angola yagaragaje ko kongera kubona urujya n’uruza rw’abambukiranya imipaka bitati munsi y’iminsi 45 nyuma y’iyi nama ya none.

Impamvu igaragara yatumye iyi Minsi 45 ariyo yashingirwaho icyizere cyo kongera kubona urujya n’uruza rw’abantu n’ibintu ku mipaka ihuza u Rwanda na Uganda ni uko mu myanzuro igera muri ine igaragaza ko hari ibigomba kubanza kunozwa ndetse n’igihe impande zombie zihaye.

Muri iyi myanzuro, Abakuru b’Ibihugu bishimiye intambwe yatewe n’ibihugu byombi mu kugarura amahoro n’umwuka mwiza, hamwe no gushyira imbaraga mu kubahiriza ibyo impande zombi zagiye zumvikanaho.

Bishimiye kandi uburyo hasinywe amasezerano yo guhererekanya abantu buri gihugu gifite ( imfungwa cyangwa se abanyabyaha). Ibi bikaba byaranagiye bikorwa mu bihe bishize aho buri gihugu hari abo cyari gifunze cyarekuye.

By’umwihariko, Igihugu cya Uganda cyahawe igihe cy’ukwezi ko kugaragaza intambwe cyateye mu gukemura no gukuraho ibirego gishinjwa n’u Rwanda, ahanini bishingiye ku kuba Uganda icumbikira kandi igatera inkunga imitwe itandukanye igamije guhungabanya umutekano w’u Rwanda.

Uhereye ibumoso; Perezida Paul Kagame w’u Rwanda, akurikiwe na Yoweli Kaguta Museveni wa Uganda, Joao Manuel Goncalves Lourenço wa Angola na Antoine Felix Tshisekedi wa DRC. Bari i Gatuna/Katuna.

Nyuma y’uku kwezi nibwo Komisiyo yashyizweho n’inama yabereye muri Angola igamije kureba ishyirwa mu bikorwa ry’ibyatuma umubano w’ibihugu byombi wongera gusagamba, izareba niba koko ibyo Uganda yasabwe byarubahirijwe. Hanyuma iyi Komisiyo nibwo izatanga Raporo ku bakuru b’Igihugu, hanyuma nyuma y’iminsi 15 nibwo abakuru b’Ibihugu bazongera guhurira I Gatuna/Katuna ari nabwo hitezwe ko gukomorera urujya n’uruza rw’’abantu bambukiranya imipaka byazakorwa.

Munyaneza Theogene / intyoza.com

Yasuwe inshuro: 0

Share Article

Follow Me Written By

Umwanditsi

Shakisha
Izasomwe cyane
Kamonyi-Runda: Umugabo ukekwaho kwica umugore we amuteye icyuma yatawe muri yombi
Umwanditsi
November 27, 2024
Kamonyi-Musambira: Gitifu yakijijwe n’amaguru ahunga RIB agarurwa n’abaturage
Umwanditsi
October 15, 2024
Urutonde rw’abaperezida bayoboye u Rwanda kuva rwigenze
Umwanditsi
October 5, 2016
Ibyiciro

Amakuru

5898 Posts

Politiki

4149 Posts

Ubuhinzi

150 Posts

Ubukungu

1023 Posts

Imyidagaduro

85 Posts

Imikino

150 Posts
Facebook Pinterest Twitter Youtube
  • Amakuru
  • Imyidagaduro
  • Imikino
  • Politiki
  • Ubukungu
  • Ubuhinzi
  • Ubuzima
  • Urukundo
  • Ibindi
    • Ubukerarugendo
    • Ikoranabuhanga

Intyoza.com itangaza amakuru yanyu mungingo zinyuranye z'ibibera ku isi no mukirere. Byaba ari ibyiza byubaka ndetse nibibi byo kwibazaho nko mu Bukungu, Politiki, Ikoranabuhanga, Umuco, Ubuzima, n'ibindi byinshi. Mutwandikire, mwinigure, mutugezeho ibitekerezo byanyu cyangwa izindi nkuru mwifuza kugeza kubandi.

© 2022, All Rights Reserved.

  • Amakuru
  • Imyidagaduro
  • Imikino
  • Politiki
  • Ubukungu
  • Ubuhinzi
  • Ubuzima
  • Urukundo
  • Ibindi
    • Ubukerarugendo
    • Ikoranabuhanga