• Kigali, Rwanda
  • +250 123 456 789
Facebook Twitter Youtube

INTYOZA

  • Amakuru
  • Imyidagaduro
  • Imikino
  • Politiki
  • Ubukungu
  • Ubuhinzi
  • Ubuzima
  • Urukundo
  • Ibindi
    • Ubukerarugendo
    • Ikoranabuhanga
  • Amakuru
  • Imyidagaduro
  • Imikino
  • Politiki
  • Ubukungu
  • Ubuhinzi
  • Ubuzima
  • Urukundo
  • Ibindi
    • Ubukerarugendo
    • Ikoranabuhanga
Agezweho
09/05/25
Kamonyi-Runda: Polisi yataye muri yombi abasore 2 yafatanye ibiyobyabwenge
09/05/25
Kamonyi-Rukoma: Ntabwo tuzihanganira abantu b’Ingarisi batagira icyo bakora baza kwiba abaturage-DPC Furaha
09/05/25
Kamonyi-Musambira/Kwibuka31: Twahisemo kuba umwe, kureba kure ndetse no gufatanya-Visi Meya Uzziel Niyongira
09/05/25
Kamonyi: Abikorera/PSF bibutse bagenzi babo bishwe muri Jenoside yakorewe Abatutsi banaremera Intwaza

Ibikorwa bihuriza abantu hamwe, kimwe n’abajya gusenga mu buryo bwose byahagaritswe

Umwanditsi
March 14, 2020

Nyuma y’aho kuri uyu wa Gatandatu tariki 14 Werurwe 2020 hatangarijwe ko mu Rwanda habonetse umurwayi wa Corona Virus( COVID-19), Leta y’u Rwanda yahise isaba ko ibikorwa byose bihuza abantu benshi harimo no gusenga biba bihagaritswe.

Minisitiri w’Ubuzima mu Rwanda Dr Ngamije Daniel, yavuze ko hafashwe icyemezo cyo guhagarika ibikorwa byose bihuza abantu benshi birimo n’amateraniro y’abahura bagamije gusenga mu buryo butandukanye mu madini n’amatorero. Ibi bigomba gukorwa mu gihe cy’ibyumweru bibiri kugira ngo harebwe aho ibintu bigana.

Mu kiganiro yagiranye na igihe.com dukesha iyi nkuru, yagize ati “ Niwo mwanzuro guverinoma yafashe, abantu bakoreshe ubundi buryo, bigishirize ku maradiyo, ariko muri ibi byumweru bibiri twirinde guhura nk’uko twajyaga duhura, kubera ko hari ibyago byinshi cyane ko abantu bakwandura ari benshi.”

Minisitiri w’ubuzima, Dr Ngamije avuga ku mpamvu y’iki cyemezo yagize ati“Amateraniro ahagaritswe kugira ngo twirinde ikwirakwira ry’indwara, kuko ntabwo tuzi abantu bose uriya muntu yahuye nabo, bose ntituzabasha kubamenya. Hashobora kuba hari n’undi uri ahongaho utaragaragaza ibimenyetso ariko uri kwanduza abantu, birashoboka. Amasomo twavanye muri iki cyorezo kuri iki cyorezo, hari icyo agomba kutumarira.”

Iki cyemezo cyo gusaba ko ibikorwa bihuza abantu benshi bihagarikwa, kije nyuma y’uko mu Rwanda hatangajwe ko hari Umuhinde wayigaragaweho. Uyu kandi kimwe n’umuryango we bahise bashyirwa mukato. Ibyo kubuza abantu guhurira hamwe kandi byahise bitangira gushyirwa mu bikorwa kuva kuri uyu wa gatandatu aho ishyirahamwe ry’umukino w’umupira w’amaguru-FERWAFA ryahise ritegeka ko nta bafana bemerewe kwinjira ahabera ibikorwa byose by’imikino itegurwa n’iri shyirahamwe.

Photo/iyobokamana.com

Munyaneza Theogene / intyoza.com

Share Article

Follow Me Written By

Umwanditsi

Shakisha
Izasomwe cyane
Kamonyi-Runda: Umugabo ukekwaho kwica umugore we amuteye icyuma yatawe muri yombi
Umwanditsi
November 27, 2024
Kamonyi-Musambira: Gitifu yakijijwe n’amaguru ahunga RIB agarurwa n’abaturage
Umwanditsi
October 15, 2024
Kamonyi-Nyamiyaga: Umurezi mu kigo cy’Ishuri araye mu maboko atari aye kubera umwana w’umukobwa w’imyaka 14-15
Umwanditsi
October 17, 2024
Ibyiciro

Amakuru

5795 Posts

Politiki

4046 Posts

Ubuhinzi

145 Posts

Ubukungu

992 Posts

Imyidagaduro

79 Posts

Imikino

138 Posts
Facebook Pinterest Twitter Youtube
  • Amakuru
  • Imyidagaduro
  • Imikino
  • Politiki
  • Ubukungu
  • Ubuhinzi
  • Ubuzima
  • Urukundo
  • Ibindi
    • Ubukerarugendo
    • Ikoranabuhanga

Intyoza.com itangaza amakuru yanyu mungingo zinyuranye z'ibibera ku isi no mukirere. Byaba ari ibyiza byubaka ndetse nibibi byo kwibazaho nko mu Bukungu, Politiki, Ikoranabuhanga, Umuco, Ubuzima, n'ibindi byinshi. Mutwandikire, mwinigure, mutugezeho ibitekerezo byanyu cyangwa izindi nkuru mwifuza kugeza kubandi.

© 2022, All Rights Reserved.

  • Amakuru
  • Imyidagaduro
  • Imikino
  • Politiki
  • Ubukungu
  • Ubuhinzi
  • Ubuzima
  • Urukundo
  • Ibindi
    • Ubukerarugendo
    • Ikoranabuhanga