• Kigali, Rwanda
  • +250 123 456 789
Facebook Twitter Youtube

INTYOZA

  • Amakuru
  • Imyidagaduro
  • Imikino
  • Politiki
  • Ubukungu
  • Ubuhinzi
  • Ubuzima
  • Urukundo
  • Ibindi
    • Ubukerarugendo
    • Ikoranabuhanga
  • Amakuru
  • Imyidagaduro
  • Imikino
  • Politiki
  • Ubukungu
  • Ubuhinzi
  • Ubuzima
  • Urukundo
  • Ibindi
    • Ubukerarugendo
    • Ikoranabuhanga
Agezweho
02/07/25
Kamonyi: Ba Rushingwangerero bagabiye Inka uwarokotse Jenoside yakorewe Abatutsi
02/07/25
Kamonyi-Nyamiyaga: Inzu mberabyombi y’asaga Miliyoni 73 ibahesheje ishema n’igikombe
02/07/25
Kamonyi: Ingengo y’Imari y’Akarere yiyongereyeho 1,60%
02/07/25
Eugene Murangwa wakiniye Rayon Sports yavuze uko Siporo yabaye impamvu ikomeye yo kurokoka Jenoside

Nyanza: Abantu 115 barenze ku mabwiriza ya CoronaVirus baciwe akayabo k’Amamiliyoni

Umwanditsi
April 5, 2020

Ubuyobozi bw’akarere ka Nyanza buravuga ko Leta yashyizeho amabwiriza n’ingamba zitandukanye mu rwego rwo gukumira no kwirinda icyorezo cya CoronaVirus, ko abarenga ku mabwiriza babihanirwa. Abantu 115 barenze ku mabwiriza yatanzwe, baciwe amande angana na Miliyoni eshatu n’ibihumbi magana inani na mirongo ine na bitandatu( 3,846,000Frws).

Abantu bamaze gucibwa aya mafaranga, bose ni abazira kunyuranya no kurenga ku mabwiriza Leta yashyizeho muri ibi bihe bidasanzwe byatewe n’icyorezo cy’indwara ya CoronaVirus, aho by’umwiharimo buri wese asabwa kuguma murugo, anubahiriza ibindi bisabwa mu gihe hari ibikorwa bitandukanye byahagaritswe.

Bimwe mubikorwa byahagaze harimo nk’ibihuriza abantu benshi hamwe nko mu Nsengero n’amadini, Gutwara abantu mu modoka rusange na Moto, Utubari n’ibindi.

Icyumba gikusanyirizwamo amakuru kuri Covid-19.

Muri aka karere ka Nyanza, hashyizweho uburyo bwifashishwa mu gukusanya amakuru kuri iki cyorezo cya CoronaVirus, aho hari icyumba gihurizwamo amakuru yose ajyanye na Coronavirus gikora amasaha 24 kuri 24. Usanga kandi hirya no hino isuku yarakajijwe, by’umwihariko uburyo bwo gukaraba intoki mbere yo kwinjira haba mu isoko n’ahandi, kimwe n’izindi ngamba zoze zafasha mu kwirinda.

Umuyobozi w’akarere ka Nyanza, Ntazinda Elasme aganira n’umunyamakuru wa intyoza.com kuri uyu wa 05 Mata 2020, yavuze ko amabwiriza n’ingamba byashyizweho mu rwego rwo kwirinda CoronaVirus, bikurikiranwa n’inzego z’ubuyobozi uhereye ku mudugudu.

Kwinjira mu iduka si akavuyo, ni gahunda.

By’umwihariko, buri muturage asabwa kubahiriza gahunda ya “Guma murugo”. Kugenzura ishyirwa mubikorwa by’aya mabwiriza bikorwa kubufatanye n’inzego zitandukanye.

Meya Ntazinda ati” Turabikora dufatanyije n’inzego nyinshi kuva ku karere kugeza ku mudugudu. Nko kumudugudu hari abantu bari hagati ya cumi na barindwi bagize komite ishinzwe kubahiriza aya mabwiriza”.

Abacururiza mu isoko nabo ntakajagari, ni gahunda kandi hakagenzurwa ko yubahirizwa.

Akomeza avuga ko hari aho babona batarabyubahiriza, cyane mu bice by’ibyaro aho usanga hari abagishaka guhindura inzu zabo utubari cyangwa bagahindura ishyamba akabari. Gusa aba ngo iyo bamenyekanye barahanwa.

Avuga ko abo barenze ku mabwiriza yatanzwe, bakurikinwa bagahanwa kuko baba banywera ahatemewe, batubahirije amabwiriza. Avuga kandi ko ahandi hose nk’imirimo y’ubuhinzi yo ikomeza, akanashimira abahinzi ko bitwara neza bubahiriza amabwiriza yo kwirinda Coronavirus. Abantu 102 nibo mu Rwanda bamaze kugaragarwaho n’iki cyorezo, bane mu bakurikiranwaga n’abaganga batashye none kuwa 05 Mata 2020.

Gukaraba birimo kugenda bigirwa umuco.

intyoza.com

Share Article

Follow Me Written By

Umwanditsi

Shakisha
Izasomwe cyane
Kamonyi-Runda: Umugabo ukekwaho kwica umugore we amuteye icyuma yatawe muri yombi
Umwanditsi
November 27, 2024
Kamonyi-Musambira: Gitifu yakijijwe n’amaguru ahunga RIB agarurwa n’abaturage
Umwanditsi
October 15, 2024
Kamonyi-Nyamiyaga: Umurezi mu kigo cy’Ishuri araye mu maboko atari aye kubera umwana w’umukobwa w’imyaka 14-15
Umwanditsi
October 17, 2024
Ibyiciro

Amakuru

5824 Posts

Politiki

4075 Posts

Ubuhinzi

147 Posts

Ubukungu

998 Posts

Imyidagaduro

80 Posts

Imikino

141 Posts
Facebook Pinterest Twitter Youtube
  • Amakuru
  • Imyidagaduro
  • Imikino
  • Politiki
  • Ubukungu
  • Ubuhinzi
  • Ubuzima
  • Urukundo
  • Ibindi
    • Ubukerarugendo
    • Ikoranabuhanga

Intyoza.com itangaza amakuru yanyu mungingo zinyuranye z'ibibera ku isi no mukirere. Byaba ari ibyiza byubaka ndetse nibibi byo kwibazaho nko mu Bukungu, Politiki, Ikoranabuhanga, Umuco, Ubuzima, n'ibindi byinshi. Mutwandikire, mwinigure, mutugezeho ibitekerezo byanyu cyangwa izindi nkuru mwifuza kugeza kubandi.

© 2022, All Rights Reserved.

  • Amakuru
  • Imyidagaduro
  • Imikino
  • Politiki
  • Ubukungu
  • Ubuhinzi
  • Ubuzima
  • Urukundo
  • Ibindi
    • Ubukerarugendo
    • Ikoranabuhanga