• Kigali, Rwanda
  • +250 123 456 789
Facebook Twitter Youtube

INTYOZA

  • Amakuru
  • Imyidagaduro
  • Imikino
  • Politiki
  • Ubukungu
  • Ubuhinzi
  • Ubuzima
  • Urukundo
  • Ibindi
    • Ubukerarugendo
    • Ikoranabuhanga
  • Amakuru
  • Imyidagaduro
  • Imikino
  • Politiki
  • Ubukungu
  • Ubuhinzi
  • Ubuzima
  • Urukundo
  • Ibindi
    • Ubukerarugendo
    • Ikoranabuhanga
Agezweho
02/07/25
Kamonyi: Ba Rushingwangerero bagabiye Inka uwarokotse Jenoside yakorewe Abatutsi
02/07/25
Kamonyi-Nyamiyaga: Inzu mberabyombi y’asaga Miliyoni 73 ibahesheje ishema n’igikombe
02/07/25
Kamonyi: Ingengo y’Imari y’Akarere yiyongereyeho 1,60%
02/07/25
Eugene Murangwa wakiniye Rayon Sports yavuze uko Siporo yabaye impamvu ikomeye yo kurokoka Jenoside

Kamonyi/Rugalika: Umugabo aravugwaho kubwira umugore we amagambo y’ingengabitekerezo ya Jenoside

Umwanditsi
April 13, 2020

Ku mugoroba wo kuri uyu wa 13 Mata 2020 ku I saa kumi mu Mudugudu wa Mpungwe, Akagari ka Masaka, Umurenge wa Rugalika, hari umugabo witwa Ndengeyingabo w’imyaka 60 y’amavuko wafashwe ajyanwa kuri RIB sitasiyo ya Runda, arakekwaho kubwira uwo bashakanye witwa Kabega Berthe nawe w’imyaka 60 y’amavuko amagambo arimo ingengabitekerezo ya Jenoside.

Kumenyekana kw’aya makuru, kwaturutse ku muturanyi w’uru rugo ari nawe mwana wabo witwa Kayiranga Bonaventure wumvise batongana igihe kirekire, bikageza aho Se umubyara akoresheje aya magambo ayabwira Nyina, bituma ahitamo gutabaza.

Bivugwa ko ngo uyu mugabo n’ubundi ajya agirana amakimbirane mu rugo n’uyu mugore we bagatongana, mu kumubwira agakunda gukoresha amagambo asesereza.

Amagambo bivugwa ko yakoreshejwe, ngo yamubwiye ati “ Afite amazina maremare y’Abatutsi, igihe cyabo cyageze, ngo ababo bashiriye mu ruzi”.

Karahamuheto, Umunyamabanga Nshingwabikorwa w’Akagari ka Masaka ku murongo wa Terefone yemereye intyoza.com ko aya makuru yayamenye, bayamwandikiye ariko ko ntaho yagiye”.

Ati“ Sinahageze ariko yabwiye umugore we ngo…, icyo nzi nabonye banditse ngo…Abantu babo bashiriye mu ruzi, ngo Igihe cyabo cyageze. Nta byinshi nabimenyeho kubera ko ntagezeyo…, ibyo nibyo nabonye banyandikira muri SMS ( ubutumwa bugufi)”.

Iki gikorwa kivuzwe, kugeza twandika iyi nkuru kibaye ikigira umubare karindwi (7), mu bikorwa byaba mu ngiro no mu mvugo byibasiye Abarokotse Jenoside yakorewe Abatutsi mu karere ka kamonyi, mu gihe turi mu cyumweru cy’icyunamo gisozwa uyu munsi muri gahunda yo kwibuka ku nshuro ya 26 Jenoside yakorewe Abatutsi mu Rwanda mu 1994.

Photo/Archive

Soma hano izindi nkuru bijyana ku bikorwa byibasiye Abarokotse Jenoside i kamonyi: Kamonyi/Ngamba: Umugore witwa Ingabire Epiphanie avuga ko yabwiwe amagambo y’ingengabitekerezo ya Jenoside

Twibuke Twiyubaka

Munyaneza Theogene / intyoza.com

Share Article

Follow Me Written By

Umwanditsi

Shakisha
Izasomwe cyane
Kamonyi-Runda: Umugabo ukekwaho kwica umugore we amuteye icyuma yatawe muri yombi
Umwanditsi
November 27, 2024
Kamonyi-Musambira: Gitifu yakijijwe n’amaguru ahunga RIB agarurwa n’abaturage
Umwanditsi
October 15, 2024
Kamonyi-Nyamiyaga: Umurezi mu kigo cy’Ishuri araye mu maboko atari aye kubera umwana w’umukobwa w’imyaka 14-15
Umwanditsi
October 17, 2024
Ibyiciro

Amakuru

5824 Posts

Politiki

4075 Posts

Ubuhinzi

147 Posts

Ubukungu

998 Posts

Imyidagaduro

80 Posts

Imikino

141 Posts
Facebook Pinterest Twitter Youtube
  • Amakuru
  • Imyidagaduro
  • Imikino
  • Politiki
  • Ubukungu
  • Ubuhinzi
  • Ubuzima
  • Urukundo
  • Ibindi
    • Ubukerarugendo
    • Ikoranabuhanga

Intyoza.com itangaza amakuru yanyu mungingo zinyuranye z'ibibera ku isi no mukirere. Byaba ari ibyiza byubaka ndetse nibibi byo kwibazaho nko mu Bukungu, Politiki, Ikoranabuhanga, Umuco, Ubuzima, n'ibindi byinshi. Mutwandikire, mwinigure, mutugezeho ibitekerezo byanyu cyangwa izindi nkuru mwifuza kugeza kubandi.

© 2022, All Rights Reserved.

  • Amakuru
  • Imyidagaduro
  • Imikino
  • Politiki
  • Ubukungu
  • Ubuhinzi
  • Ubuzima
  • Urukundo
  • Ibindi
    • Ubukerarugendo
    • Ikoranabuhanga