ONU/UN mu ntambara yo kurwanya ibinyoma kuri Covid-19

Umuryango w’Abibumbye-ONU/UN, watangaje ko ugiye gutangira urugamba rwo kubeshyuza cyangwa se kunyomoza amakuru y’ibinyoma atangazwa ku ndwara ya Covid-19, aho kenshi hakoreshwa imbuga nkoranyambaga.

Antonio Guterress, Umunyamabanga mukuru wa ONU, yavuze ku macakubiri, amagambo y’urwango, kwanga abanyamahanga hishingikirijwe iki cyorezo. Avuga ko ibyo byose bikorwa binyujijwe ku mbuga nkoranyambaga-internet.

Uko kwiyemeza cyangwa se Isezerano k’uyu muryango w’Abibumbye, kugamije kugera kuri za Miliyoni z’abantu ku Isi hatangwa amakuru nyakuri kuri Covid-19, hakoreshejwe indimi nyinshi.

Ayo makuru yizewe, nkuko ijwi rya Amerika dukesha iyi nkuru ribivuga, azanyuzwa mu binyamakuru byizewe n’uyu muryango wa ONU/UN, muri za raporo z’uyu muryango ndetse n’izikorwa na OMS/WHO.

Umuryango w’Abibumbye-ONU/UN, uvuga kandi ko uzakorana n’abakorerabushake mu gikorwa cyo gukwirakwiza ayo makuru y’ukuri mu bice abantu barimo kandi mu ndimi zitandukanye.

intyoza.com

Umwanditsi

Learn More →