• Kigali, Rwanda
  • +250 123 456 789
Facebook Twitter Youtube

INTYOZA

  • Amakuru
  • Imyidagaduro
  • Imikino
  • Politiki
  • Ubukungu
  • Ubuhinzi
  • Ubuzima
  • Urukundo
  • Ibindi
    • Ubukerarugendo
    • Ikoranabuhanga
  • Amakuru
  • Imyidagaduro
  • Imikino
  • Politiki
  • Ubukungu
  • Ubuhinzi
  • Ubuzima
  • Urukundo
  • Ibindi
    • Ubukerarugendo
    • Ikoranabuhanga
Agezweho
01/07/25
Kamonyi-Nyamiyaga: Inzu mberabyombi y’asaga Miliyoni 73 ibahesheje ishema n’igikombe
01/07/25
Kamonyi: Ingengo y’Imari y’Akarere yiyongereyeho 1,60%
01/07/25
Eugene Murangwa wakiniye Rayon Sports yavuze uko Siporo yabaye impamvu ikomeye yo kurokoka Jenoside
01/07/25
Kamonyi-Kwibuka31: OLYMPIC FCA yatsinze FAPA(Abakanyujijeho mu MAVUBI) itwara irushanwa

Kamonyi/Kayenzi: Ikirombe kigwiriye abantu batatu barimo umugore uhasize ubuzima

Umwanditsi
May 27, 2020

Ikirombe gicukurwamo amabuye y’agaciro giherereye mu Mudugudu wa Gitwa, Akagari ka Cubi, Umurenge wa Kayenzi ho mu Karere ka Kamonyi, kuri uyu wa 27 Gicurasi 2020 ahagana ku I saa tanu n’igice(11H30) z’amanywa kigwiriye abagabo 2 n’umugore 1. Uyu mugore apfuye amaze kugezwa ku kigo nderabuzima cya Kayenzi, aho hari hategerejwe imbangukiragutabara ibajyana ku bitaro.

Abagwiriwe n’iki Kirombe ni; Gwizimpundu Gilbert w’imyaka 31 y’amavuko, Nzabonimana Isaie w’imyaka 28 y’amavuko hamwe na Tuyisenge Clementine w’imyaka 22 y’amavuko ari nawe upfuye bakiri ku kigo nderabuzima cya Kayenzi, aho bari bategereje imodoka (Imbangukiragutabara) ngo ibajyane ku bitaro bya Remera-Rukoma.

Ikirombe cyigwiriye aba bantu ni icya Kompanyi icukura amabuye y’agaciro yitwa COEMIKA. Aba bose nkuko amakuru agera ku intyoza.com abivuga, basanzwe ari abakozi bakoreraiyi Kompanyi ya COEMIKA.

Mandera innocent, Umunyamabanga Nshingwabikorwa w’Umurenge wa Kayenzi ku murongo wa terefone, yemereye umunyamakuru ko aya makuru ari impamo. Ko abagwiriwe n’iki kirombe ari batu. Umwe muri aba w’Igitsina gore akaba apfiriye kwa muganga ubwo bari bategereje ko imodoka ihagera ikabajyana ku bitaro bya Remera-Rukoma biri mu Murenge wa Rukoma ho muri Kamonyi.

ifoto shusho niyo twakoresheje.

Munyaneza Theogene / intyoza.com

Share Article

Follow Me Written By

Umwanditsi

Shakisha
Izasomwe cyane
Kamonyi-Runda: Umugabo ukekwaho kwica umugore we amuteye icyuma yatawe muri yombi
Umwanditsi
November 27, 2024
Kamonyi-Musambira: Gitifu yakijijwe n’amaguru ahunga RIB agarurwa n’abaturage
Umwanditsi
October 15, 2024
Kamonyi-Nyamiyaga: Umurezi mu kigo cy’Ishuri araye mu maboko atari aye kubera umwana w’umukobwa w’imyaka 14-15
Umwanditsi
October 17, 2024
Ibyiciro

Amakuru

5823 Posts

Politiki

4074 Posts

Ubuhinzi

147 Posts

Ubukungu

998 Posts

Imyidagaduro

80 Posts

Imikino

141 Posts
Facebook Pinterest Twitter Youtube
  • Amakuru
  • Imyidagaduro
  • Imikino
  • Politiki
  • Ubukungu
  • Ubuhinzi
  • Ubuzima
  • Urukundo
  • Ibindi
    • Ubukerarugendo
    • Ikoranabuhanga

Intyoza.com itangaza amakuru yanyu mungingo zinyuranye z'ibibera ku isi no mukirere. Byaba ari ibyiza byubaka ndetse nibibi byo kwibazaho nko mu Bukungu, Politiki, Ikoranabuhanga, Umuco, Ubuzima, n'ibindi byinshi. Mutwandikire, mwinigure, mutugezeho ibitekerezo byanyu cyangwa izindi nkuru mwifuza kugeza kubandi.

© 2022, All Rights Reserved.

  • Amakuru
  • Imyidagaduro
  • Imikino
  • Politiki
  • Ubukungu
  • Ubuhinzi
  • Ubuzima
  • Urukundo
  • Ibindi
    • Ubukerarugendo
    • Ikoranabuhanga