Umugore wa Perezida Nkurunziza yanjyanwe hutihuti mu bitaro I Nairobi nyuma yo kumusangana Covid-19

Denise Bucumi Nkurunziza, umugore wa Perezida Petero nkurunziza uyoboye u Burundi kugeza ubu, bamusanze yaranduye Coronavirus. Yahise yihutanwa mu Gihugu cya Kenya, aho arimo kwitabwaho mu bitaro bya The Aga Khan University, biherereye mu murwa mukuru wa Nairobi.

Madamu Nkurunziza, yakuwe byihuse mu murwa Mukuru I Bujumbura mu gitondo cyo kuri uyu wa kane tariki 28 Gicurasi 2020 n’indege ya ARMEF.

The CitizenTV, yatangaje iby’iyi nkuru ivuga ko amakuru y’uko ubuzima bwa Denise Bucumi Nkurunziza buhagaze ataramenyekana. Ivuga kandi ko ataherekejwe n’umugabo we Petero Nkurunziza, ko ahubwo yaherekejwe n’abamurinda batatu, aho umwe muri bo nawe bamupimye bamusangamo iki cyorezo cya Covid-19.

Uburyo uyu mugore wa Perezida Nkurunziza ndetse n’abamurinda binjiye mu Gihugu cya Kenya ngo ntabwo busobanutse kuko iki gihugu cyashyizeho amabwiriza abuza abantu bavuye hanze yacyo kwinjira uretse abapimwe bikagaragara ko badafite iki cyorezo.

Abategetsi b’u Burundi, bagiye banengwa n’imiryango ndetse amashyirahamwe binyuranye ku gukerensa iki cyorezo cyugarije Isi. Nta ngamba zihamye zo kugikumira zigeze zishyirwaho mu Burundi, ndetse ho ibikorwa bitandukanye birimo n’ibihuriza hamwe abantu benshi byarakomeje, kugeza no ku matora y’umukuru w’Igihugu n’izindi nzego aherutse kuba. Leta y’u Burundi kandi iherutse kwirukana ku butaka bwayo abakozi b’ishami ry’Umuryango w’Abibumbye ryita ku buzima OMS/WHO, harimo uwari urihagarariye.

Munyaneza Theogene / intyoza.com

Umwanditsi

Learn More →