Agathon Rwasa watsinzwe amatora mu Burundi agiye kwitabaza urukiko rukuru rwa EAC

Umukuru w’ishyaka CNL ritavuga rumwe n’ishyaka CNDD-FDD riri ku butegetsi mu Burundi, yatangaje kuri uyu wa 05 Kamena 2020 ko nyuma y’uko ikirego cye giteshejwe agaciro n’urukiko rurinda iremezo ry’itegeko Nshinga mu Burundi, agiye kwiyambaza urukiko rukuru rw’umuryango wa Afurika y’Uburasirazuba.

Agathon, atangaje ibi nyuma yaho Urukiko rurinda iremezo ry’itegeko Nshinga mu Burundi rwemeje ko Evariste Ndayishimiye, umukandida w’ishyaka CNDD-FDD, ari we watsinze amatora y’umukuru w’Igihugu yabaye kuwa 20 Gicurasi 2020.

Agathon Rwasa mu kiganiro yagiranye na Frederic Nkundikije, umunyamakuru w’ijwi rya Amerika dukesha iyi nkuru, yongeye gushimangira ko yibwe amajwi kandi abifitiye ibihamya.

Agathon, avuga ko uru rukiko rurinda iremezo ry’itegeko Nshinga rutitaye ku birego yarushyikirije, ko ahubwo rwakoze mu buryo bwo gushimisha abaruhaye akazi. Avuga ko rutanabashije kwerekana uburyo ibirego rwashyikirijwe bidafite ishingiro, ko ahubwo ari urukiko rukorera kubwoba, ko bityo rero ibyatangajwe narwo atabyakiriye neza.

Agathon Rwasa, mu bihe by’amatora yari yatangaje ko ariwe watsinze amatora, ko ndetse nihatangazwa undi utariwe, byaba bikozwe na Komisiyo y’Igihugu ishinzwe amatora-CENI azitabaza urukiko rurinda iremezo ry’itegeko nshinga kandi niko byagenze. Yavuze ko uru rukiko narwo nirutabasha kumuha igisubizo kimunyuze azakomeza mu rukiko rw’umuryango wa Afurika y’Uburasirazuba-EAC, ibi nibyo yahamirije ijwi rya Amerika ko uyu mugambi akiwufite.

Munyaneza Theogene / intyoza.com

Umwanditsi

Learn More →