Abantu 81 bahitanwe n’ibitero byagabwe n’intagondwa muri Nigeriya

Abantu 81 nibo kuri uyu wa 10 Kamena 2020, bamenyekanye ko bahitanwe n’igitero bivugwa ko cyagabwe n’abarwanyi bo mu mutwe w’intagondwa zishamikiye ku mutwe w’iterabwoba wa Kisilamu-Boko Haram. Ni igitero cyagabwe mu majyaruguru ashyira uburasirazuba bwa Nijeriya.

Guverineri wa leta ya Borno, Babagana Zulum Umara, yavuze ko aba barwanyi bo mu mutwe ufatwa nk’uwiterabwoba-Boko Haram bagabye ibitero mu giturage cya Faduma Koloram ho muri leta ya Borno bakarasa abaturage, bakica 81 mu gihe hari abandi benshi bakomeretse ndetse n’inzu nyinshi zigatwikwa.

Guverineri Zulum nkuko Anadolu Agency dukesha iyi nkuru ibitangaza, asaba ingabo z’iki gihugu gushyira imbaraga mu bikorwa bigamije guhashya aba barwanyi n’ibitero byabo bagaba bigahitana abaturage.

Guhera mu mwaka wa 2009, ibitero by’abarwanyi bo mutwe w’intagondwa za Boko haram bimaze guhitana abantu basaga ibihumbi 20, mu gihe ibihumbi by’Abanyagihugu ba Nigeria bahunze ingo zabo.

Uyu mutwe kandi kuva muri 2015 wakomeje kwagura ibitero byawo, biva mu gihugu imbere bigera no mu bihugu by’ibituranyi nka Cameroun, Niger ndetse na Tchad, ahabaruwe abantu basaga ibihumbi bibiri bishwe. Uyu mutwe wa Boko Haram ni uw’Abanyanijeriya ukaba warashinzwe mu mwaka w’2002.

Munyaneza Theogene / intyoza.com

Umwanditsi

Learn More →