Abasirikare n’Abapolisi bakuru muri Zimbabwe kati“ Nta guhirika ubutegetsi kwabaye”

Abategetsi bakomeye mu nzego z’umutekano mu Gihugu cya Zimbabwe babeshyuje ibyo bita ibihuha bivuga ko hari abashatse guhirika ubutegetsi buriho. Ni inyuma y’imyaka ibiri Robert Mugabe akuwe ku butegetsi n’agatsiko gashyigikiwe n’abasirikare. Abakekwa ngo bagamije kwanduza ishusho ya Perezida, bakaba bagiye guhigwa ndetse bakirukanwa.

Akanama kadasanzwe k’umutekano kagizwe n’abakuru b’abasirikare n’abapolisi gashinja abanyepolitike batavuga rumwe n’ubutegetsi buriho, abahoze mu ishyaka rya Zanu-PF gukwirakwiza ayo makuru y’ibinyoma.

Uretse aba bahoze mu ishyaka rya Robert Mugabe bashinjwa gukwiza ibinyoma, ijwi rya Amerika dukesha iyi nkuru rivuga ko mu batugwa intoki mu gutiza umurindi ibi binyoma harimo n’itangazamakuru, abadipolomate b’abanyabulayi, hamwe n’abayoboye amadini n’amatorero.

Perezida wa Zimbabwe Emmerson Mnangagwa.

Abagize aka kanama k’umutekano, bavuga ko ibyo bihuha ari uburyo bwo kwanduza ishusho ya perezida, no kubiba ubwoba mu gihugu. Karatangaza ko ko Leta igiye gukora ibishoboka byose kugira ngo abo yise abanzi ba Demokarasi bashyirwe ahagaragara kandi bahagarikwe

Munyaneza Theogene / intyoza.com

Umwanditsi

Learn More →