• Kigali, Rwanda
  • +250 123 456 789
Facebook Twitter Youtube

INTYOZA

  • Amakuru
  • Imyidagaduro
  • Imikino
  • Politiki
  • Ubukungu
  • Ubuhinzi
  • Ubuzima
  • Urukundo
  • Ibindi
    • Ubukerarugendo
    • Ikoranabuhanga
  • Amakuru
  • Imyidagaduro
  • Imikino
  • Politiki
  • Ubukungu
  • Ubuhinzi
  • Ubuzima
  • Urukundo
  • Ibindi
    • Ubukerarugendo
    • Ikoranabuhanga
Agezweho
23/06/25
Kamonyi-Kwibuka31: OLYMPIC FCA yatsinze FAPA(Abakanyujijeho mu MAVUBI) itwara irushanwa
23/06/25
Umunyamakuru akwiye kwirinda kugaragara nk’umwanzi mu mpande 2 zihanganye-Me Ibambe
23/06/25
Umukongomani wishwe azira kwanga Ruswa yagizwe Umuhire
23/06/25
Kamonyi-Mugina: Pasitori yahakaniye Mwarimukazi umushinja ko imbwa ye yamuririye umwana

Mu gihugu cya Libiya habonetse ibyobo byahambwemo abantu benshi

Umwanditsi
June 14, 2020

Umuvugizi w’Umunyamabanga Mukuru w’Umuryango w’Abibumbye (ONU), Antonio Guterres, yavuze ko yatunguwe cyane ndetse akababazwa n’uko muri Libya mu mujyi wa Tarhouna hagaragaye ibyobo bishyinguyemo abantu benshi.

Umujyi wa Tarhouna byagaragayemo, uri mu birometero 65 uvuye mu murwa mukuru Tripoli. Ibirindiro by’ingabo za Jenerali Khalifa Haftar ni ho byabaga ariko uherutse kwigarurirwa n’ingabo za Leta.

Stephane Dujarric, umuvugizi wa Antonio Guterrez, yavuze ko umukuru w’Umuryango w’Abibumbye yasabye ko habaho iperereza ryimbitse kandi rigakorwa mu mucyo kugira ngo ababigizemo uruhare bahanwe.

Ijwi rya Amerika dukesha iyi nkuru ritangaza ko Umuryango w’abibumbye wemeye kuzatanga imfashanyo yo gushakisha no kumenya abashyinguye muri ibyo byobo, uko bapfuye no kubashyikiriza imiryango yabo.

Philippe Nassif, uyobora umuryango uharanira uburenganzira bwa muntu Amnesty International mu karere k’uburasirazuba bwo hagati n’Afurika y’amajyaruguru, yabwiye Ibiro Ntaramakuru by’Abanyamerika ko ashaka ko umuryango ayoboye cyangwa Umuryango w’Abibumbye bijya aho ibyo byobo biri, gukusanya ibimenyetso by’ibyaha by’intambara n’ibindi byaha byibasiye inyoko muntu kugira ngo amaherezo ubutabera buzatangwe.

Munyaneza Theogene / intyoza.com

Share Article

Follow Me Written By

Umwanditsi

Shakisha
Izasomwe cyane
Kamonyi-Runda: Umugabo ukekwaho kwica umugore we amuteye icyuma yatawe muri yombi
Umwanditsi
November 27, 2024
Kamonyi-Musambira: Gitifu yakijijwe n’amaguru ahunga RIB agarurwa n’abaturage
Umwanditsi
October 15, 2024
Kamonyi-Nyamiyaga: Umurezi mu kigo cy’Ishuri araye mu maboko atari aye kubera umwana w’umukobwa w’imyaka 14-15
Umwanditsi
October 17, 2024
Ibyiciro

Amakuru

5820 Posts

Politiki

4071 Posts

Ubuhinzi

147 Posts

Ubukungu

996 Posts

Imyidagaduro

79 Posts

Imikino

140 Posts
Facebook Pinterest Twitter Youtube
  • Amakuru
  • Imyidagaduro
  • Imikino
  • Politiki
  • Ubukungu
  • Ubuhinzi
  • Ubuzima
  • Urukundo
  • Ibindi
    • Ubukerarugendo
    • Ikoranabuhanga

Intyoza.com itangaza amakuru yanyu mungingo zinyuranye z'ibibera ku isi no mukirere. Byaba ari ibyiza byubaka ndetse nibibi byo kwibazaho nko mu Bukungu, Politiki, Ikoranabuhanga, Umuco, Ubuzima, n'ibindi byinshi. Mutwandikire, mwinigure, mutugezeho ibitekerezo byanyu cyangwa izindi nkuru mwifuza kugeza kubandi.

© 2022, All Rights Reserved.

  • Amakuru
  • Imyidagaduro
  • Imikino
  • Politiki
  • Ubukungu
  • Ubuhinzi
  • Ubuzima
  • Urukundo
  • Ibindi
    • Ubukerarugendo
    • Ikoranabuhanga