Umuryango w’Abibumbye-ONU/UN urasaba iperereza ryigenga ku rupfu rwa George Floyd

Iyicwa ry’umwirabura w’umunyamerika, George Floyd wishwe n’abapolisi b’abazungu ryagarutsweho mu nama y’akanama k’umuryango w’abibumbye gashinzwe uburenganzira bwa muntu. Aka kanama mu nama yabaye kuri uyu wa Gatatu tariki 17 Kamena 2020 I Geneve ho mu Busuwisi, kasabye ko hakorwa iperereza ryigenga ku iyicwa rya Floyd.

George Floyd, ni umunyamerika w’umwirabura uheruka kwicwa n’abapolisi b’abanyamerika. Urupfu rwe rwateje imyigaragambyo ikaze mu bice bitandukanye by’Isi by’umwihariko muri Amerika ariko kandi runashyira igitutu kuri Perezida Donald Trump uherutse gusinya iteka rivugurura Igipolisi cya Amerika.

George Floyd.

Umuvandimwe wa George Floyd yari yatumiwe muri iyo nama. Yayitabiriye ari mu mujyi wa Houston ho muri Leta zunze Ubumwe za Amerika hakoreshejwe ikoranabuhanga mu itumanaho ku buryo bwa Videwo. Yasabye aka kanama gufasha kugira ngo ubutabera butangwe ku muvandimwe we no ku birabura bo muri Leta zunze ubumwe za Amerika muri rusange.

Mbere y’uko iyi nama itangira, ijwi rya Amerika dukesha iyi nkuru ritangaza ko ambasaderi wa Amerika mu muryango w’Abibumbye-ONU i Geneve, Andrew Bremberg, yavuze ko Amerika yiyemeje guhagurukira ikibazo cy’amacakubiri y’uruhu / ivangura rishingiye ku ruhu, hamwe n’akarengane kayakomokako.

Umupolisi w’Umuzungu ashinze ivi ku gikanu cya George Floyd, ari naho aherukira ubuzima.

Abapolisi bashinjwa kwica George Floyd barirukanwe mugipolisi, barimo no gukurikiranwa n’ubutabera.

Abapolisi bashinjwa urupfu rwa Floyd. Uhereye ibumoso: Derek Chauvin, Tou Thao, J. Alexander Kueng, Thomas Lane.

Munyaneza Theogene / intyoza.com

Umwanditsi

Learn More →