• Kigali, Rwanda
  • +250 123 456 789
Facebook Twitter Youtube

INTYOZA

  • Amakuru
  • Imyidagaduro
  • Imikino
  • Politiki
  • Ubukungu
  • Ubuhinzi
  • Ubuzima
  • Urukundo
  • Ibindi
    • Ubukerarugendo
    • Ikoranabuhanga
  • Amakuru
  • Imyidagaduro
  • Imikino
  • Politiki
  • Ubukungu
  • Ubuhinzi
  • Ubuzima
  • Urukundo
  • Ibindi
    • Ubukerarugendo
    • Ikoranabuhanga
Agezweho
05/07/25
Kamonyi: Abanyarugalika bizihije umunsi wo Kwibohora bashimangira uruhare rwabo mu bikorwa by’iterambere
05/07/25
Kamonyi-Rukoma: Polisi ikomeje guhiga bukware Abahebyi mu bucukuzi bw’Amabuye y’agaciro
05/07/25
Kamonyi-Ubudaheranwa: Ubuyobozi bwa SACCO 12 bwaremeye Abarokotse Jenoside batishoboye
05/07/25
Kamonyi-Ngamba: Iminsi y’umujura yabagereyeho bafatwa bataragurisha Ingurube bishe bakayibaga

Leta y’u Bufaransa irimo kwiga uko yasubiza Afurika ibyo yayisahuye

Umwanditsi
July 17, 2020

Igihugu cy’Ubufaransa kirimo kureba uko gishyiraho itegeko rigenewe gusubiza ibintu ndangamuco byasahuwe mu gihe cy’Ubukoloni kuri uyu mugabane wa Afurika. Leta y’Ubufaransa yashyikirije kuri uyu wa 15 Nyakanga 2020 integuro/imbanziriza mushinga  y’itegeko riha ububasha iki gihugu gusubiza bimwe mu bintu ndagamuco cyasahuye ibihugu byo muri Afrika.

Iri tegeko ririmo gutegurwa, rizajya mu nteko ishinga amategeko kugira ngo ryigweho. Muri ibyo bintu ndangamuco byo muri Afurika byasahuwe, harimo inkota ituruka mu gihugu cya Senegal yatijijwe icyo gihugu mu mwaka ushize. Itangazamakuru ry’Ubufaransa ryamenyesheje ko iyo nkota ari ikirwanisho gifite igisobanuro gikomeye mu mateka.

Iyo nkota, yari iy’abakorana na El Hadj Omar Tall, umutegetsi ukomeye w’igisirikare akaba yaranabaye umushakashatsi ukomeye mu byerekeye idini ya kiyislamu mu kinyejana cya 19, aho kandi yayoboye ibihugu bitari bike mu gihe gito.

Ubufaransa kandi bwemeye gusubiza ibintu ndagamuco 26 ingabo zabwo zo mu gihe cya gikoloni zasahuye mu mwaka w’i 1892 mu ngoro y’umwami mu gihugu cya Benin. Ibyo bintu bibitswe mu nyubako ndagamuco, “Musee Branly-Jacques-Chirac” ku murwa mukuru, Paris. Integuro y’itegeko Leta y’Ubufaransa irimo ishyikiriza, nkuko Ijwi rya Amerika ryabitangaje, ishingiye gusa kuri ibyo bintu ndangamuco byo mu bihugu bya Benin na Senegal.

Prezida w’Ubufransa, Emmanuel Macron, yatangaje ubwa mbere gahunda y’ugusubiza ibintu ndangamuco byasahuwe mu gihe cya gikoloni mu mwaka wa 2018. Hari nyuma y’uko itsinda ry’abahanga mu bushakashatsi yashizeho ku byerekeye icyo kibazo bashyikirije icyegeranyo cyabo. Iyo nteguro cyangwa se imbanziriza munshinga y’itegeko rishyashya, igaragaza ko ibyo bintu ndagamuco bizaba byasubijwe mu gihe cy’umwaka nyuma y’uko iryo tegeko rigiyeho.

Munyaneza Theogene / intyoza.com

Share Article

Follow Me Written By

Umwanditsi

Shakisha
Izasomwe cyane
Kamonyi-Runda: Umugabo ukekwaho kwica umugore we amuteye icyuma yatawe muri yombi
Umwanditsi
November 27, 2024
Kamonyi-Musambira: Gitifu yakijijwe n’amaguru ahunga RIB agarurwa n’abaturage
Umwanditsi
October 15, 2024
Kamonyi-Nyamiyaga: Umurezi mu kigo cy’Ishuri araye mu maboko atari aye kubera umwana w’umukobwa w’imyaka 14-15
Umwanditsi
October 17, 2024
Ibyiciro

Amakuru

5828 Posts

Politiki

4079 Posts

Ubuhinzi

147 Posts

Ubukungu

999 Posts

Imyidagaduro

80 Posts

Imikino

141 Posts
Facebook Pinterest Twitter Youtube
  • Amakuru
  • Imyidagaduro
  • Imikino
  • Politiki
  • Ubukungu
  • Ubuhinzi
  • Ubuzima
  • Urukundo
  • Ibindi
    • Ubukerarugendo
    • Ikoranabuhanga

Intyoza.com itangaza amakuru yanyu mungingo zinyuranye z'ibibera ku isi no mukirere. Byaba ari ibyiza byubaka ndetse nibibi byo kwibazaho nko mu Bukungu, Politiki, Ikoranabuhanga, Umuco, Ubuzima, n'ibindi byinshi. Mutwandikire, mwinigure, mutugezeho ibitekerezo byanyu cyangwa izindi nkuru mwifuza kugeza kubandi.

© 2022, All Rights Reserved.

  • Amakuru
  • Imyidagaduro
  • Imikino
  • Politiki
  • Ubukungu
  • Ubuhinzi
  • Ubuzima
  • Urukundo
  • Ibindi
    • Ubukerarugendo
    • Ikoranabuhanga