• Kigali, Rwanda
  • +250 123 456 789
Facebook Twitter Youtube

INTYOZA

  • Amakuru
  • Imyidagaduro
  • Imikino
  • Politiki
  • Ubukungu
  • Ubuhinzi
  • Ubuzima
  • Urukundo
  • Ibindi
    • Ubukerarugendo
    • Ikoranabuhanga
  • Amakuru
  • Imyidagaduro
  • Imikino
  • Politiki
  • Ubukungu
  • Ubuhinzi
  • Ubuzima
  • Urukundo
  • Ibindi
    • Ubukerarugendo
    • Ikoranabuhanga
Agezweho
05/07/25
Kamonyi: Abanyarugalika bizihije umunsi wo Kwibohora bashimangira uruhare rwabo mu bikorwa by’iterambere
05/07/25
Kamonyi-Rukoma: Polisi ikomeje guhiga bukware Abahebyi mu bucukuzi bw’Amabuye y’agaciro
05/07/25
Kamonyi-Ubudaheranwa: Ubuyobozi bwa SACCO 12 bwaremeye Abarokotse Jenoside batishoboye
05/07/25
Kamonyi-Ngamba: Iminsi y’umujura yabagereyeho bafatwa bataragurisha Ingurube bishe bakayibaga

Kamonyi: Ikibazo cy’amazi ahubakwa umuhanda wa Kaburimbo Ruyenzi-Gihara cyahagurukije ubuyobozi

Umwanditsi
July 29, 2020

Amezi agiye kuba atatu hari abaturage baturiye umuhanda Ruyenzi-Gihara batagira amazi bitewe n’ikorwa ry’umuhanda wa Kaburimbo, aho abawukora bangije imiyoboro yahatanga amazi mu baturage. Ubuyobozi bw’Akarere ka Kamonyi bwizeza aba baturage ko iki kibazo kiri mu nzira zo gukemuka. Gusa hejuru y’ibi hari n’ikibazo cy’ivumbi ryinshi mu muhanda urimo gukorwa.
Umuyobozi w’agateganyo w’akarere ka Kamonyi, Tuyizere Thaddee yabwiye ikinyamakuru intyoza.com ko nubwo aba baturage bamaze igihe badafite amazi, akarere nako katicaye, kuko ngo kamaze iminsi gashaka igisubizo cy’iki kibazo.

Ibitembo cg se imiyoboro y’amazi yanyuraga ahakorwa uyu muhanda yarangijwe.

Tuyizere, yabwiye umunyamakuru ko kuri uyu wa Kabiri tariki 28 Nyakanga 2020 akarere kumvikanye n’abakora uyu muhanda ko mubyo bakora babanza bagashaka uko abaturage babuze amazi kubera imirimo y’ikorwa ry’umuhanda bayabona, bahereye aho bishoboka byihuse.

Amakuru mpamo intyoza ifite ni uko WASAC yari yarasabwe kugira icyo ikora kuri iki kibazo ariko ikaza kwandikira akarere( ibarwa dufitiye copie) tariki 15 Nyakanga 2020 ivuga ko idashobora kugira icyo ikora kuri iki kibazo, ko kandi itazabazwa ibizangirika kuri uyu muhanda.

Meya Tuyizere, avuga ko ubuyobozi bw’Akarere bwaganiriye na WASAC ikemera ko izakurikirana- Supervision, imirimo yo kungera gusubiza amazi aba baturage bamaze igihe bagowe no kubona aya mazi kubera iyubakwa ry’umuhanda.

Avuga ku ngorane z’aba baturage bamaze igihe nta mazi, yagize ati “…Ejo nanjye nsura Chantier-ahakorerwa imirimo ni nicyo nari ngiye kureba, kuko twamaze kubaana turababwira ngo bishyure kuri WASAC babahe ubikurikirana babikore”. Akomeza avuga ko abarimo gukora umuhanda ari nabo bagomba gusubiza amazi mu baturage bakishyura gusa igiciro cyo kugenzura-Supervision kuri WASAC.

Umuyobozi w’agateganyo w’aka karere ka Kamonyi avuga ko icyo WASAC yanze ari implementation( kuba ariyo yinjira mu gikorwa nyirizina cyo gusubiza amazi abaturage), ariko yemerera ubuyibozi ko izakurikirana uko bishyirwa mu bikorwa.

Uretse ikibazo cy’amazi, abaturiye uyu muhanda bavuga ko ivumbi ribamereye nabi, ko abawukora bamenamo amazi uko babishatse n’aho bashaka. Iki kibazo nacyo turacyashaka amakuru ahagije kubo bireba kuko ubuyobozi buvuga ko bwabasabye kujya bawumenamo amazi.

Munyaneza Theogene / intyoza.com

Share Article

Follow Me Written By

Umwanditsi

Shakisha
Izasomwe cyane
Kamonyi-Runda: Umugabo ukekwaho kwica umugore we amuteye icyuma yatawe muri yombi
Umwanditsi
November 27, 2024
Kamonyi-Musambira: Gitifu yakijijwe n’amaguru ahunga RIB agarurwa n’abaturage
Umwanditsi
October 15, 2024
Kamonyi-Nyamiyaga: Umurezi mu kigo cy’Ishuri araye mu maboko atari aye kubera umwana w’umukobwa w’imyaka 14-15
Umwanditsi
October 17, 2024
Ibyiciro

Amakuru

5828 Posts

Politiki

4079 Posts

Ubuhinzi

147 Posts

Ubukungu

999 Posts

Imyidagaduro

80 Posts

Imikino

141 Posts
Facebook Pinterest Twitter Youtube
  • Amakuru
  • Imyidagaduro
  • Imikino
  • Politiki
  • Ubukungu
  • Ubuhinzi
  • Ubuzima
  • Urukundo
  • Ibindi
    • Ubukerarugendo
    • Ikoranabuhanga

Intyoza.com itangaza amakuru yanyu mungingo zinyuranye z'ibibera ku isi no mukirere. Byaba ari ibyiza byubaka ndetse nibibi byo kwibazaho nko mu Bukungu, Politiki, Ikoranabuhanga, Umuco, Ubuzima, n'ibindi byinshi. Mutwandikire, mwinigure, mutugezeho ibitekerezo byanyu cyangwa izindi nkuru mwifuza kugeza kubandi.

© 2022, All Rights Reserved.

  • Amakuru
  • Imyidagaduro
  • Imikino
  • Politiki
  • Ubukungu
  • Ubuhinzi
  • Ubuzima
  • Urukundo
  • Ibindi
    • Ubukerarugendo
    • Ikoranabuhanga