• Kigali, Rwanda
  • +250 123 456 789
Facebook Twitter Youtube

INTYOZA

  • Amakuru
  • Imyidagaduro
  • Imikino
  • Politiki
  • Ubukungu
  • Ubuhinzi
  • Ubuzima
  • Urukundo
  • Ibindi
    • Ubukerarugendo
    • Ikoranabuhanga
  • Amakuru
  • Imyidagaduro
  • Imikino
  • Politiki
  • Ubukungu
  • Ubuhinzi
  • Ubuzima
  • Urukundo
  • Ibindi
    • Ubukerarugendo
    • Ikoranabuhanga
Agezweho
02/07/25
Kamonyi: Ba Rushingwangerero bagabiye Inka uwarokotse Jenoside yakorewe Abatutsi
02/07/25
Kamonyi-Nyamiyaga: Inzu mberabyombi y’asaga Miliyoni 73 ibahesheje ishema n’igikombe
02/07/25
Kamonyi: Ingengo y’Imari y’Akarere yiyongereyeho 1,60%
02/07/25
Eugene Murangwa wakiniye Rayon Sports yavuze uko Siporo yabaye impamvu ikomeye yo kurokoka Jenoside

Sudani n’imitwe irwanya ubutegetsi mu ntambwe isubukura ibiganiro

Umwanditsi
September 4, 2020

Guverinoma isangiye ubutegetsi ya Sudani hamwe n’imitwe ikomeye ihanganye nabwo ikorera mu majyepfo y’igihugu, bemeranijwe gukora ibiganiro by’amahoro bishya muri Sudani y’epfo. Impande zombi zabivuze kuri uyu wa gatanu tariki 04 Nzeri 2020 nyuma y’iminsi mike Sudani isinyanye amasezerano y’amahoro n’iyo mitwe.

Guverinoma yemeye iyo ntambwe n’umutwe Sudan People’s Liberation Movement-North, uyobowe na Abdelaziz al-Hilu, umwe mu mitwe itarasinye amasezerano kuwa mbere yo kurangiza intambara yakongejwe n’ikurwa ku ngoma rya Omar al-Bashir.

Umutwe wa Hilu, ubu wemeranyijwe na guverinoma y’i Khartoum ko ari ngombwa kugera ku gisubizo cyuzuye ku kibazo cya politiki muri Sudani no gusuzuma umuzi w’ibibazo biteza ubushyamirane.

Ibi nkuko Ijwi rya Amerika ribitangaza, byanditswe ku rubuga rwa interineti rw’ibiro bya minisitiri w’intebe Abdalla Hamdok. Bivuga ko impande zombi zemeranijwe gushyiraho uburyo bwo gusuzuma ibibazo bitandukanye, ariko nta bisobanuro birambuye byatanzwe.

Umutwe wa Hilu, umwe mu mitwe ikomeye irwanya ubutegetsi wahamije iby’ayo masezerano. Umuyobozi mukuru w’akanama gashinzwe ubusugire bwa Sudani, jenerali Abdel Fattah al-Burhan, Perezida wa sudani y’epfo Salva Kiir na minisitiri w’intebe wa Sudani, Abdalla Hamdok, bagaragaye bashyize hejuru kopi z’amasezerano y’amahoro, yasinyanywe n’imitwe itanu irwanya ubutegetsi mu gihugu.

Munyaneza Theogene / intyoza.com

Share Article

Follow Me Written By

Umwanditsi

Shakisha
Izasomwe cyane
Kamonyi-Runda: Umugabo ukekwaho kwica umugore we amuteye icyuma yatawe muri yombi
Umwanditsi
November 27, 2024
Kamonyi-Musambira: Gitifu yakijijwe n’amaguru ahunga RIB agarurwa n’abaturage
Umwanditsi
October 15, 2024
Kamonyi-Nyamiyaga: Umurezi mu kigo cy’Ishuri araye mu maboko atari aye kubera umwana w’umukobwa w’imyaka 14-15
Umwanditsi
October 17, 2024
Ibyiciro

Amakuru

5824 Posts

Politiki

4075 Posts

Ubuhinzi

147 Posts

Ubukungu

998 Posts

Imyidagaduro

80 Posts

Imikino

141 Posts
Facebook Pinterest Twitter Youtube
  • Amakuru
  • Imyidagaduro
  • Imikino
  • Politiki
  • Ubukungu
  • Ubuhinzi
  • Ubuzima
  • Urukundo
  • Ibindi
    • Ubukerarugendo
    • Ikoranabuhanga

Intyoza.com itangaza amakuru yanyu mungingo zinyuranye z'ibibera ku isi no mukirere. Byaba ari ibyiza byubaka ndetse nibibi byo kwibazaho nko mu Bukungu, Politiki, Ikoranabuhanga, Umuco, Ubuzima, n'ibindi byinshi. Mutwandikire, mwinigure, mutugezeho ibitekerezo byanyu cyangwa izindi nkuru mwifuza kugeza kubandi.

© 2022, All Rights Reserved.

  • Amakuru
  • Imyidagaduro
  • Imikino
  • Politiki
  • Ubukungu
  • Ubuhinzi
  • Ubuzima
  • Urukundo
  • Ibindi
    • Ubukerarugendo
    • Ikoranabuhanga