USA:Mike Pence yanze kuganira ku ihererekanya ry’ubutegetsi, ati.”Ndatekereza ko tuzatsinda aya matora.”

Visi Perezida Mike Pence yabajijwe mu kiganiro mpaka hagati ye na Senateri Kamala Harris icyo yakora haramutse Perezida Trump yanze ko hajyaho ubutegetsi mu mahoro mu gihe yaba atsinzwe amatora yo mu 2020. Ibi kandi Perezida Trump yanze kugira icyo abivugaho ubwo yari mu kiganiro n’abanyamakuru muri White House mu kwezi gushize. Pence, avuga ko adatekereza ko azatsindwa.

Pence yashubije atyo mu kiganiro mpaka cyo kuwa gatatu. ati: “Mbere na mbere, ndatekereza ko tuzatsinda aya matora.” Yongeyeho ko Abanyamerika batoye Perezida Trump ku nshuro ya mbere bishoboka ko bazongera kumutora.

Yongeyeho ati: “Nzi neza ko Abanyamerika bamwe batanze iyo ntsinzi y’amateka mu 2016, babona amateka ya perezida kandi ndatekereza ko urugendo rw’Abanyamerika rwakomeje kwiyongera mu myaka ine ishize.” Nyuma yashinje ishyaka ryaba democrate “gushaka guhirika ibyavuye mu matora aheruka”.

Ku ya 23 Nzeri 2020, Trump yavuze ko “azareba uko bigenda” igihe azaba akandamijwe ku bijyanye no guhererakanya ubutegetsi mu mahoro. Perezida Trump yahise agira ati: “Ntabwo ihererekanya rizabaho, mvugishije ukuri, ubuyobozi buzakomeza”.

Bamwe mu badepite ba GOP bahisemo kwamagana amagambo ya Perezida Trump. Umuyobozi wa Sena, McConnell, yabivuzeho mu buryo butaziguye kuri tweet ati:”Uzatsinda amatora yo ku ya 3 Ugushyingo azatangazwa ku ya 20 Mutarama 2021.” “Hazabaho inzibacyuho kuri gahunda nk’uko byagenze buri myaka ine kuva 1792”.

Senateri wa GOP, Ben Sasse, yatangarije abanyamakuru ko “perezida avuga ibintu by’abasazi,” ariko “bagiye guhindura ubutegetsi mu mahoro”.

Harris, umukandida wungirije wa perezida waba Democrate yabajijwe ikibazo nk’iki kijyanye no guhindura ubutegetsi mu mahoro mu gihe cy’ibiganiro mpaka. Harris avuga ku nkunga z’amashyaka abiri nka Colin Powell na Cindy McCain, Harris yagize ati: “[Jye na Joe Biden] twemera Abanyamerika”.

Harris aramusubiza ati: “Twizera demokarasi yacu kandi dore icyo nifuza kubwira abantu bose: “Tora”.
Source: cbsnews

Inkuru yanditswe na Venuste Habineza

Umwanditsi

Learn More →