• Kigali, Rwanda
  • +250 123 456 789
Facebook Twitter Youtube

INTYOZA

  • Amakuru
  • Imyidagaduro
  • Imikino
  • Politiki
  • Ubukungu
  • Ubuhinzi
  • Ubuzima
  • Urukundo
  • Ibindi
    • Ubukerarugendo
    • Ikoranabuhanga
  • Amakuru
  • Imyidagaduro
  • Imikino
  • Politiki
  • Ubukungu
  • Ubuhinzi
  • Ubuzima
  • Urukundo
  • Ibindi
    • Ubukerarugendo
    • Ikoranabuhanga
Agezweho
22/05/25
Kamonyi-Mukunguri: Ubuhinzi bw’Umuceri bwafashije Abahinzi na Koperative kwishakamo ibisubizo
22/05/25
Kamonyi-Mugina: Urubyiruko rw’Abakorerabushake(Youth Volunteers) biyemeje kubakira uwarokotse Jenoside utishoboye
22/05/25
Kamonyi-Musambira: Imiryango 33 irimo 10 yabanaga mu makimbirane yasezeranijwe ihitira Mukikiziya
22/05/25
Kamonyi-Nyamiyaga: Bakurikiranyweho gusambanya abana b’abakobwa barimo uwigaga P5 wabyaye

Abantu 4 mu gihugu cya Autriche bishwe n’abantu bitwaje intwaro

Umwanditsi
November 3, 2020

Ahantu hatandatu hatandukanye mu murwa mukuru Vienne wa Autriche harashwe n’abagabo bitwaje imbunda bica abantu bane nkuko byatangajwe na polisi yo muri iki gihugu.

Usibye aba bane bitabye Imana Abandi bantu 17 bakomeretse. Inzego z’ubuyobozi zatangaje ko umwe mu bagabye igitero yishwe arashwe na polisi. Abantu benshi batawe muri yombi nyuma yo gusaka ingo zegereye aho byabereye, barimo na babiri bacyekwaho kuba mu bagabye icyo gitero.

Leta ya Autriche yatangaje igihe cy’icyunamo cy’iminsi itatu mu gihugu hose, cyahise gitangira ako kanya. Karl Nehammer, Minisitiri w’ubutegetsi bw’igihugu wa Autriche, yavuze ko uwo wishwe arashwe mu bateye ari “icyihebe cyo muri Isilamu kigendera ku mahame y’ubuhezanguni”.

Babiri muri abo baguye muri icyo gikorwa cy’ubugizi bwa nabi ni abagore, naho abandi babiri ni abagabo. Amakuru avuga ko umwe mu bagore yakoraga akazi ko gutanga ibiribwa n’ibinyobwa. Umugore wa kabiri yapfiriye mu bitaro azize ibikomere by’amasasu.

‘Chancelier’ wa Autriche Sebastian Kurz yavuze ko ari “igitero giteye umujinya cy’iterabwoba”. Kuri ubu Polisi ya Autriche iri mu bikorwa byo gushakisha abacyekwaho kuba mu bagabye icyo gitero.
Source:.atlantico.fr

Venuste Habineza/Intyoza.com

Share Article

Follow Me Written By

Umwanditsi

Shakisha
Izasomwe cyane
Kamonyi-Runda: Umugabo ukekwaho kwica umugore we amuteye icyuma yatawe muri yombi
Umwanditsi
November 27, 2024
Kamonyi-Musambira: Gitifu yakijijwe n’amaguru ahunga RIB agarurwa n’abaturage
Umwanditsi
October 15, 2024
Kamonyi-Nyamiyaga: Umurezi mu kigo cy’Ishuri araye mu maboko atari aye kubera umwana w’umukobwa w’imyaka 14-15
Umwanditsi
October 17, 2024
Ibyiciro

Amakuru

5800 Posts

Politiki

4051 Posts

Ubuhinzi

146 Posts

Ubukungu

993 Posts

Imyidagaduro

79 Posts

Imikino

138 Posts
Facebook Pinterest Twitter Youtube
  • Amakuru
  • Imyidagaduro
  • Imikino
  • Politiki
  • Ubukungu
  • Ubuhinzi
  • Ubuzima
  • Urukundo
  • Ibindi
    • Ubukerarugendo
    • Ikoranabuhanga

Intyoza.com itangaza amakuru yanyu mungingo zinyuranye z'ibibera ku isi no mukirere. Byaba ari ibyiza byubaka ndetse nibibi byo kwibazaho nko mu Bukungu, Politiki, Ikoranabuhanga, Umuco, Ubuzima, n'ibindi byinshi. Mutwandikire, mwinigure, mutugezeho ibitekerezo byanyu cyangwa izindi nkuru mwifuza kugeza kubandi.

© 2022, All Rights Reserved.

  • Amakuru
  • Imyidagaduro
  • Imikino
  • Politiki
  • Ubukungu
  • Ubuhinzi
  • Ubuzima
  • Urukundo
  • Ibindi
    • Ubukerarugendo
    • Ikoranabuhanga