USA: Mu minsi ibiri ishize, imfungwa ya 2 yatewe urw’ingusho izira kwihekura

Umugabo wishe umwana we w’umukobwa w’igitambambuga mu myaka igera hafi kuri 20 ishize, yabaye uwa kabiri wishwe ku rwego rwa leta muri Amerika mu minsi ibiri ishize.

Urupfu rwa Alfred Bourgeois ku wa gatanu tariki 11 Ukuboza 2020 atewe urushinge rw’umuti wica, ruje rukurikira urwa Brandon Bernard na we watewe urushinge rw’ingusho ku wa kane.

Hateganyijwe ko izindi mfungwa eshatu zitegereje igihano cy’urupfu zigihabwa mbere yuko Perezida Donald Trump ava ku butegetsi ku itariki ya 20 y’ukwezi kwa mbere 2021.

Gutanga igihano cy’urupfu ku mfungwa zagikatiwe ku rwego rwa za leta byari byarahagaritswe mu gihe cy’imyaka 17, mbere yuko Bwana Trump mu ntangiriro y’uyu mwaka wa 2020 ategeka ko bisubukurwa.

Mu gihe ibihano by’urupfu bisigaye byaba nabyo bishyizwe mu bikorwa, Bwana Trump yaba abaye Perezida wa mbere w’Amerika uhagarikiye ishyirwa mu bikorwa ry’ibihano by’urupfu nk’ibyo byinshi cyane mu myaka irenga 100 ishize.

Birenze ku mateka yari amaze imyaka 130 yo kuba hahagaritswe gushyira mu bikorwa igihano cy’urupfu mu gihe nk’iki cyo guhererekanya ubutegetsi. Perezida watowe Joe Biden azarahizwa ku itariki ya 20 y’ukwezi kwa mbere 2021.

Bwana Biden yamaze imyaka ibarirwa muri za mirongo ashyigikiye bikomeye igihano cy’urupfu, ubwo yari senateri uhagarariye leta ya Delaware. Ubu yavuze ko natangira imirimo ye nka perezida azashaka uburyo igihano cy’urupfu ku rwego rwa za leta kivaho.

Inkiko zanzuye ko Bourgeois yakoreye ihohotera rishingiye ku gitsina no ku bindi bice by’umubiri uwo mwana we w’imyaka ibiri, mbere yuko amwica ubwo yari atwaye ikamyo anyura muri leta ya Texas, mu ngendo ndende yakoraga atwaye imodoka.

Abashinjacyaha bavuga ko yamwishe akubise umutwe we ku idirishya ry’imodoka no ku kibahu (tableau de bord/dashboard) cy’imbere mu modoka, ubwo uwo mwana yari amaze kugusha mu modoka icyo yitorezagaho kujya ku musarani, mu gihe se yari arimo aparika imodoka.

Abanyamategeko ba Bourgeois nkuko BBC ibitangaza, bavuze ko umukiliya wabo yari afite ubumuga bukomeye bwo mu mutwe, ko rero ibyo byari gutuma adahabwa igihano cy’urupfu.

Munyaneza Theogene / intyoza.com

Umwanditsi

Learn More →