• Kigali, Rwanda
  • 0788309922
Facebook Twitter Youtube

INTYOZA

  • Amakuru
  • Imyidagaduro
  • Imikino
  • Politiki
  • Ubukungu
  • Ubuhinzi
  • Ubuzima
  • Urukundo
  • Ibindi
    • Ubukerarugendo
    • Ikoranabuhanga
  • Amakuru
  • Imyidagaduro
  • Imikino
  • Politiki
  • Ubukungu
  • Ubuhinzi
  • Ubuzima
  • Urukundo
  • Ibindi
    • Ubukerarugendo
    • Ikoranabuhanga
Agezweho
17/11/25
Kamonyi-Rugalika: Hasojwe icyumweru cy’Umuryango hasezerana abarimo umaze imyaka 50
17/11/25
Ruhango-Kabagali: Umugabo yatawe muri yombi akekwaho Ubujura bw’Intsinga z’Amashanyarazi yari atwaye
17/11/25
Itangazo ry’Umushinga RW0379 ADEPR Gatenga rihamagarira Gupiganira isoko
17/11/25
Amajyepfo-Turindane: Kamonyi ku isonga mu mpanuka zirimo izihitana ubuzima bw’Abantu

Kamonyi-Runda: Imodoka y’umuturage akaba n’umukozi wa FERWAFA yahiye, irakongoka

Umwanditsi
March 24, 2021

Mu ma saa sita z’ijoro ry’uyu wa 24 Werurwe 2021, mu Mudugudu wa Musebeya, Akagari ka Muganza, Umurenge wa Runda ho mu Karere ka Kamonyi, imodoka ya Iraguha David, umuturage akaba n’umukozi ( DAF) mu ishyirahamwe ry’umupira w’Amaguru mu Rwanda( FERWAFA), yafashwe n’inkongi y’umuriro irakongoka.

Iraguha David ni umuyobozi ushinzwe ubutegetsi n’imari-DAF muri FERWAFA. Uburyo imodoka ye yahiyemo bumuteye amakenga no kwibaza ko hari ikibyihishe inyuma kuko umuriro waturutse inyuma, ahantu hatagize aho hahurira na Moteri y’imodoka.

Aganira na intyoza.com avuga ko ahagana ku i saa sita z’ijoro aribwo yumvise intabaza-Alarm y’imodoka ivuze, agiye kureba ikibaye asanga imodoka irimo gushya uhereye inyuma, ibintu avuga ko biteye urujijo no kwibaza ko haba hari uwihishe inyuma y’iki gikorwa cy’ubugome.

Yagize ati “ Nka 00:00 nibwo numvise alarm y’imodoka ivuga ndebye nsanga irimo gushya uhereye inyuma. Hari ubyihishe inyuma urebye aho imodoka yahereye ishya”. Akomeza avuga ko nubwo akeka ko hari ubyihishe inyuma, ngo biragoye ko yamenya uwo ariwe, ariko akizera ko inzego z’iperereza arizo zabimufashamo.

Iyi modoka yahiye igakongoka, iri mu bwoko bwa Toyota corolla bakunda kwita Maso y’inyana. Abaturage batari bake ndetse n’inzego z’umutekano zirimo Polisi batabaye nubwo ntacyo baramiye kuko imodoka yahiye igakongoka.

Munyaneza Theogene / intyoza.com

Share Article

Follow Me Written By

Umwanditsi

Shakisha
Izasomwe cyane
Kamonyi-Runda: Umugabo ukekwaho kwica umugore we amuteye icyuma yatawe muri yombi
Umwanditsi
November 27, 2024
Kamonyi-Musambira: Gitifu yakijijwe n’amaguru ahunga RIB agarurwa n’abaturage
Umwanditsi
October 15, 2024
Urutonde rw’abaperezida bayoboye u Rwanda kuva rwigenze
Umwanditsi
October 5, 2016
Ibyiciro

Amakuru

5914 Posts

Politiki

4164 Posts

Ubuhinzi

150 Posts

Ubukungu

1032 Posts

Imyidagaduro

86 Posts

Imikino

154 Posts
Facebook Pinterest Twitter Youtube
  • Amakuru
  • Imyidagaduro
  • Imikino
  • Politiki
  • Ubukungu
  • Ubuhinzi
  • Ubuzima
  • Urukundo
  • Ibindi
    • Ubukerarugendo
    • Ikoranabuhanga

Intyoza.com itangaza amakuru yanyu mungingo zinyuranye z'ibibera ku isi no mukirere. Byaba ari ibyiza byubaka ndetse nibibi byo kwibazaho nko mu Bukungu, Politiki, Ikoranabuhanga, Umuco, Ubuzima, n'ibindi byinshi. Mutwandikire, mwinigure, mutugezeho ibitekerezo byanyu cyangwa izindi nkuru mwifuza kugeza kubandi.

© 2022, All Rights Reserved.

  • Amakuru
  • Imyidagaduro
  • Imikino
  • Politiki
  • Ubukungu
  • Ubuhinzi
  • Ubuzima
  • Urukundo
  • Ibindi
    • Ubukerarugendo
    • Ikoranabuhanga