• Kigali, Rwanda
  • 0788309922
Facebook Twitter Youtube

INTYOZA

  • Amakuru
  • Imyidagaduro
  • Imikino
  • Politiki
  • Ubukungu
  • Ubuhinzi
  • Ubuzima
  • Urukundo
  • Ibindi
    • Ubukerarugendo
    • Ikoranabuhanga
  • Amakuru
  • Imyidagaduro
  • Imikino
  • Politiki
  • Ubukungu
  • Ubuhinzi
  • Ubuzima
  • Urukundo
  • Ibindi
    • Ubukerarugendo
    • Ikoranabuhanga
Agezweho
28/10/25
Kamonyi-Rugalika: Ubufatanye bw’Ababyeyi n’Ubuyobozi bwa GS Ruramba, urugero rw’ibishoboka
28/10/25
Nyamagabe: Kuhira imyaka ntibisaba gusa imashini, n’atemba ku musozi aruhira-Min. Dr Bagabe Mark Cyubahiro
28/10/25
Kamonyi: Nk’Abayobozi, dukore baturebereho kuruta kuvuga ibyo tudakora- Guverineri Alice Kayitesi
28/10/25
Dr Sosthène Munyemana ukurikiranyweho ibyaha bya Jenoside yasabiwe gufungwa burundu

Kamonyi-Ruyenzi: Inzu y’umuturage yafashwe n’inkongi y’umuriro irakongoka(amafoto)

Umwanditsi
April 13, 2021

Inzu iri ku muhanda mu isantere ya Ruyenzi, hepfo gato ya sitasiyo ya Esanse mu Mudugudu wa Rugazi, Akagari ka Ruyenzi, Umurenge wa Runda yafashwe n’inkongi y’umuriro ahagana ku i saa cyenda n’iminota morongo itatu( 15h30) irakongoka.

Iyi nzu yahiye ni iy’umuturage witwa Nyandwi Venuste, iri ku muhanda neza wa Kaburimbo usa n’umanuka ugana ahazwi nka Bishyenyi. Ni muri metero nka mirongo ine uvuye kuri sitasiyo ya Esanse(Essence) ihari.

Byatangiye abaturage birwanaho mu kuzimya.

Bamwe mubari bahari igihe inkongi y’umuriro yadukiraga iyi nzu, bavuga ko umuriro wahereye mu cyumba hejuru ahari Fizibule z’umuriro. Ni mu cyumba cyari kiryamyemo umwana ariko yahungishijwe rugukubita.

Aha ni icyumba n’igitanda umwana yari aryamyemo.

Ibyari muri iyi nzu byahiye birakongoka, ku bw’amahirwe nta muntu wahakomerekeye cyangwa ngo agire ikibazo icyo aricyo cyose muri iyi nkongi, yaba abari mu rugo ndetse na Nyiri urugo wahageze nyuma bahamya ko yatewe n’umuriro( Electricity).

Inkongi icyaduka, abari mu rugo bahuruje, inzego z’ibanze ndetse n’abaturage batangira kwirwanaho, ariko kubera ibikoresho bidahagije bakoreshaga mu kuzana amazi ngo bazimye ntacyo bafashije cyane kugeza ubwo imodoka kabuhariwe ya Polisi mu kuzimya inkongi yaje ikabafasha, bahashya umuriro wari wigize akaraha kajyahe.

Insinga aho ziva zerekeza mu cyuma ahari fizibule niho umuriro bivugwa ko wahereye.

Mu ruganiriro/Salon ntacyasigaye.

Munyaneza Theogene / intyoza.com

Yasuwe inshuro: 0

Share Article

Follow Me Written By

Umwanditsi

Shakisha
Izasomwe cyane
Kamonyi-Runda: Umugabo ukekwaho kwica umugore we amuteye icyuma yatawe muri yombi
Umwanditsi
November 27, 2024
Kamonyi-Musambira: Gitifu yakijijwe n’amaguru ahunga RIB agarurwa n’abaturage
Umwanditsi
October 15, 2024
Urutonde rw’abaperezida bayoboye u Rwanda kuva rwigenze
Umwanditsi
October 5, 2016
Ibyiciro

Amakuru

5898 Posts

Politiki

4149 Posts

Ubuhinzi

150 Posts

Ubukungu

1023 Posts

Imyidagaduro

85 Posts

Imikino

150 Posts
Facebook Pinterest Twitter Youtube
  • Amakuru
  • Imyidagaduro
  • Imikino
  • Politiki
  • Ubukungu
  • Ubuhinzi
  • Ubuzima
  • Urukundo
  • Ibindi
    • Ubukerarugendo
    • Ikoranabuhanga

Intyoza.com itangaza amakuru yanyu mungingo zinyuranye z'ibibera ku isi no mukirere. Byaba ari ibyiza byubaka ndetse nibibi byo kwibazaho nko mu Bukungu, Politiki, Ikoranabuhanga, Umuco, Ubuzima, n'ibindi byinshi. Mutwandikire, mwinigure, mutugezeho ibitekerezo byanyu cyangwa izindi nkuru mwifuza kugeza kubandi.

© 2022, All Rights Reserved.

  • Amakuru
  • Imyidagaduro
  • Imikino
  • Politiki
  • Ubukungu
  • Ubuhinzi
  • Ubuzima
  • Urukundo
  • Ibindi
    • Ubukerarugendo
    • Ikoranabuhanga