• Kigali, Rwanda
  • +250 123 456 789
Facebook Twitter Youtube

INTYOZA

  • Amakuru
  • Imyidagaduro
  • Imikino
  • Politiki
  • Ubukungu
  • Ubuhinzi
  • Ubuzima
  • Urukundo
  • Ibindi
    • Ubukerarugendo
    • Ikoranabuhanga
  • Amakuru
  • Imyidagaduro
  • Imikino
  • Politiki
  • Ubukungu
  • Ubuhinzi
  • Ubuzima
  • Urukundo
  • Ibindi
    • Ubukerarugendo
    • Ikoranabuhanga
Agezweho
09/07/25
Kamonyi-Rukoma: Polisi yataye muri yombi abakekwaho ubugizi bwa nabi bategeraga abantu mu nzira
09/07/25
Kamonyi-Nyarubaka: Murashishikazwa no gucuruza ariko twe dushishikajwe no kugira abaturage bafite ubuzima bwiza-Visi Meya Uzziel
09/07/25
Kamonyi-Karama: Icyo Gitifu w’umurenge avuga ku iyibwa rya Mudasobwa 67 mu kigo cy’Ishuri
09/07/25
Kamonyi-Ngamba: Harakekwa urupfu rw’Umugabo wishwe n’umugore we n’umwana yibyariye

Muhanga: Ibitaro bya Kabgayi bigiye kongererwa abakozi(ivuguruye)

Umwanditsi
April 21, 2021

Hashize igihe kirekire ubuyobozi bw’ibitaro bya Kabgayi butaka umubare w’abakozi udahagije. Ibi byatumye benshi mu bagana ibi bitaro babishinja gutanga serivise zitanone. Kutagira abakozi bahagije byatumye kandi ibitaro byirwanaho mu gushaka abakozi bakorera ku masezerano, badahembwa na Leta nk’abandi. Iki gikorwa kitezwe gutangirana n’ingengo y’imari izatangira mu kwezi kwa Nyakanga uyu mwaka wa 2021. Ni umwe mu miti kuri serivise nziza z’abagana ibitaro.

Umuyobozi mukuru w’Ibitaro bya Kabgayi, Dr Nteziryayo Philippe yabwiye intyoza.com ko igikorwa cyo kubongerera abakozi kizatangira kuwa 01 Nyakanga 2021 bijyanye n’imbonerahamwe nshya y’imirimo. Ashimangira ko bishimiye kuba Leta igiye kubongerera abakozi, ibi bikazafasha mu kurushaho kunoza serivise wasangaga akenshi ari inkene kubera abakozi badahagije.

Dr Nteziryayo, avuga ko abakozi bategereje atari 145 nkuko twari twabayanditse mu nkuru yabanje, ko ahubwo uyu mubare w’abakozi bakeneye utazatangirwa rimwe, ko bizagenda bikorwa bijyanye n’ubushobozi bw’igihugu.

Ati ” Ntabwo bahita baduhereza ngo nuko ari 307, bigendana na Budget (ingengo y’imari) y’igihugu, n’ubushobozi nyine bugiye buhari”. Akomeza avuga ko atari igikorwa cy’umunsi umwe ngo baterure abo bakozi bose bahite babazana, ko byose bigenda kuri gahunda( Process).

Dr Nteziryayo, avuga ko ishyirwa mu bikorwa ryo kongerera abakozi ibi bitaro rijyanye n’imbonerahamwe nshya y’imirimo yemejwe mu kwezi kwa cumi. Akavuga ko abakozi bazagenda batangwa bitewe n’uko bazagenda baboneka.

Inkuru yavuguruwe, byinshi bitari binongeye ibitaro byakuwemo cyane ku kijyanye n’umubare w’abakozi 145 umunyamakuru yavugaga ko watangajwe n’umuyobozi w’ibitaro. Avuga ko uyu mubare utari wo. Avuga kandi ko nta bakozi ba nyakabyizi, ko ahubwo ari abakozi bakorera ku masezerano( abazwi ku izina ry’abakontaragitiweli/ agents contractuels).

Munyaneza Theogene / intyoza.com

Share Article

Follow Me Written By

Umwanditsi

One Comment

  1. Vedaste Ahishakiye says:
    April 21, 2021 at 3:24 pm

    Erega n’abakozi bagengwa n’amasezerano ariko bakorera Leta nabo baba ari aba Leta kuko ni bamwe muri catégories z’abakozi ba Leta. Ikindi ni uko iyo uri umu contractuel hakaboneka umwanya wujuje ibisabwa kandi warashyizweho huahirijwe amategeko ajyanye na recrutement, uhita ushyirwa muri uwo mwanya bidasabye ko hakoreshwa ibindi bizamini. Uko niko sitati nshya y’abakozi ba Leta ibiteganya

Comments are closed.

Shakisha
Izasomwe cyane
Kamonyi-Runda: Umugabo ukekwaho kwica umugore we amuteye icyuma yatawe muri yombi
Umwanditsi
November 27, 2024
Kamonyi-Musambira: Gitifu yakijijwe n’amaguru ahunga RIB agarurwa n’abaturage
Umwanditsi
October 15, 2024
Kamonyi-Nyamiyaga: Umurezi mu kigo cy’Ishuri araye mu maboko atari aye kubera umwana w’umukobwa w’imyaka 14-15
Umwanditsi
October 17, 2024
Ibyiciro

Amakuru

5832 Posts

Politiki

4083 Posts

Ubuhinzi

147 Posts

Ubukungu

999 Posts

Imyidagaduro

80 Posts

Imikino

141 Posts
Facebook Pinterest Twitter Youtube
  • Amakuru
  • Imyidagaduro
  • Imikino
  • Politiki
  • Ubukungu
  • Ubuhinzi
  • Ubuzima
  • Urukundo
  • Ibindi
    • Ubukerarugendo
    • Ikoranabuhanga

Intyoza.com itangaza amakuru yanyu mungingo zinyuranye z'ibibera ku isi no mukirere. Byaba ari ibyiza byubaka ndetse nibibi byo kwibazaho nko mu Bukungu, Politiki, Ikoranabuhanga, Umuco, Ubuzima, n'ibindi byinshi. Mutwandikire, mwinigure, mutugezeho ibitekerezo byanyu cyangwa izindi nkuru mwifuza kugeza kubandi.

© 2022, All Rights Reserved.

  • Amakuru
  • Imyidagaduro
  • Imikino
  • Politiki
  • Ubukungu
  • Ubuhinzi
  • Ubuzima
  • Urukundo
  • Ibindi
    • Ubukerarugendo
    • Ikoranabuhanga