• Kigali, Rwanda
  • +250 123 456 789
Facebook Twitter Youtube

INTYOZA

  • Amakuru
  • Imyidagaduro
  • Imikino
  • Politiki
  • Ubukungu
  • Ubuhinzi
  • Ubuzima
  • Urukundo
  • Ibindi
    • Ubukerarugendo
    • Ikoranabuhanga
  • Amakuru
  • Imyidagaduro
  • Imikino
  • Politiki
  • Ubukungu
  • Ubuhinzi
  • Ubuzima
  • Urukundo
  • Ibindi
    • Ubukerarugendo
    • Ikoranabuhanga
Agezweho
31/08/25
Kamonyi: Perezida Kagame ntabwo yahaye Umugore ijambo gusa yanarihaye Abagabo kuko ntaryo twagiraga-Visi Meya Uzziel
31/08/25
Amajyepfo: Polisi yataye muri yombi abantu 1,615 bakekwaho gukora ibyaha bitandukanye
31/08/25
Kamonyi-Nyamiyaga: Witegereza ko umuntu akora icyaha, kumira ko kiba utanga amakuru-SP Marie Goretti Uwanyirigira
31/08/25
Kamonyi: Barashimira Perezida Kagame wabasubije Ubuzima akabaha izina rishya”INTWAZA”

Umuyobozi wa UNHCR yambukanye n’impunzi I Burundi

Umwanditsi
April 27, 2021

Filippo Grandi ukuriye ishami ry’umuryango w’abibumbye ryita ku mpunzi-UNHCR, kuri uyu wa 27 Mata 2021 yagiye i Burundi aho yambutse umupaka w’u Rwanda n’u Burundi ari kumwe n’impunzi z’Abarundi zitahutse.

Bwana Grandi amaze iminsi mu ruzinduko muri DR Congo no mu Rwanda, ubu akaba akomereje mu Burundi aho ari kureba ibibazo byugarije impunzi, nk’uko UNHCR ibivuga.

Madamu Elise Villechalane, umuvugizi wa UNHCR mu Rwanda, yabwiye BBC dukesha iyi nkuru ko Filippo Grandi uyu munsi yagendanye n’impunzi 159 z’Abarundi zivuye mu nkambi ya Mahama zitahutse.

Mu masaha ya saa sita ku mupaka wa Gasenyi – Nemba, aba Barundi batahutse hamwe n’uwo mushyitsi bakiriwe n’abategetsi b’u Burundi barimo minisitiri w’ubutegetsi bw’igihugu n’umutekano Gervais Ndirakobuca.

Ikigamijwe muri ibi ni ukwirebera ubwe [Grandi] uko ibikorwa byo gucyura izi mpunzi bikorwa, nk’uko umuvugizi wa UNHCR mu Rwanda abivuga.

Mu ruzinduko rwe, Grandi abonana n’impunzi n’abategetsi mu bihugu ku bibazo by’impunzi. Kuwa mbere yakiriwe na Perezida Paul Kagame. Nyuma yatangaje kuri Twitter ko yishimye kuko bizeye ubutegetsi bw’u Rwanda mu “gukemura ibibazo by’impunzi mu gutahuka ku bushake cyangwa kubaho mu gihugu”.

Villechalane avuga ko kugeza ubu impunzi zirenga 23,000 z’Abarundi zimaze kuva mu Rwanda guhera mu kwezi kwa munani umwaka ushize ubwo ikiciro cya mbere cyatahukaga. Avuga ko abandi hafi 6,000 nabo biyandikishije muri gahunda yo gutahuka.

Impunzi z’Abarundi zirenga 23,000 zimaze gutahuka kuva mu kwezi kwa munani 2020.

Impunzi z’Abarundi n’Abanyekongo ziri mu Rwanda zivuga ko zugarijwe n’inzara kubera igabanuka rya 60% ku mafaranga yo kubatunga bahabwa ku kwezi.

Benshi muri izi mpunzi bari biteze kumva igisubizo mu ruzinduko rwa Filippo Grandi mu Rwanda, gusa ishami rya UN/ONU rishinzwe ibiribwa – ribaha iyo mfashanyo, rivuga ko rikiri gushakisha inkunga y’amahanga ngo imfashanyo impunzi zibona izamurwe.

Munyaneza Theogene / intyoza.com

Share Article

Follow Me Written By

Umwanditsi

Shakisha
Izasomwe cyane
Kamonyi-Runda: Umugabo ukekwaho kwica umugore we amuteye icyuma yatawe muri yombi
Umwanditsi
November 27, 2024
Kamonyi-Musambira: Gitifu yakijijwe n’amaguru ahunga RIB agarurwa n’abaturage
Umwanditsi
October 15, 2024
Urutonde rw’abaperezida bayoboye u Rwanda kuva rwigenze
Umwanditsi
October 5, 2016
Ibyiciro

Amakuru

5852 Posts

Politiki

4103 Posts

Ubuhinzi

147 Posts

Ubukungu

1007 Posts

Imyidagaduro

81 Posts

Imikino

141 Posts
Facebook Pinterest Twitter Youtube
  • Amakuru
  • Imyidagaduro
  • Imikino
  • Politiki
  • Ubukungu
  • Ubuhinzi
  • Ubuzima
  • Urukundo
  • Ibindi
    • Ubukerarugendo
    • Ikoranabuhanga

Intyoza.com itangaza amakuru yanyu mungingo zinyuranye z'ibibera ku isi no mukirere. Byaba ari ibyiza byubaka ndetse nibibi byo kwibazaho nko mu Bukungu, Politiki, Ikoranabuhanga, Umuco, Ubuzima, n'ibindi byinshi. Mutwandikire, mwinigure, mutugezeho ibitekerezo byanyu cyangwa izindi nkuru mwifuza kugeza kubandi.

© 2022, All Rights Reserved.

  • Amakuru
  • Imyidagaduro
  • Imikino
  • Politiki
  • Ubukungu
  • Ubuhinzi
  • Ubuzima
  • Urukundo
  • Ibindi
    • Ubukerarugendo
    • Ikoranabuhanga