• Kigali, Rwanda
  • +250 123 456 789
Facebook Twitter Youtube

INTYOZA

  • Amakuru
  • Imyidagaduro
  • Imikino
  • Politiki
  • Ubukungu
  • Ubuhinzi
  • Ubuzima
  • Urukundo
  • Ibindi
    • Ubukerarugendo
    • Ikoranabuhanga
  • Amakuru
  • Imyidagaduro
  • Imikino
  • Politiki
  • Ubukungu
  • Ubuhinzi
  • Ubuzima
  • Urukundo
  • Ibindi
    • Ubukerarugendo
    • Ikoranabuhanga
Agezweho
22/05/25
Kamonyi-Mukunguri: Ubuhinzi bw’Umuceri bwafashije Abahinzi na Koperative kwishakamo ibisubizo
22/05/25
Kamonyi-Mugina: Urubyiruko rw’Abakorerabushake(Youth Volunteers) biyemeje kubakira uwarokotse Jenoside utishoboye
22/05/25
Kamonyi-Musambira: Imiryango 33 irimo 10 yabanaga mu makimbirane yasezeranijwe ihitira Mukikiziya
22/05/25
Kamonyi-Nyamiyaga: Bakurikiranyweho gusambanya abana b’abakobwa barimo uwigaga P5 wabyaye

Muhanga: Inzu yitiriwe Capati n’icyayi kubera uburyohe yavugishije benshi ubwo yafungwaga

Umwanditsi
May 4, 2021

Ubuyobobozi bw’Akarere ka Muhanga bwafashe umwanzuro wo gufunga inzu ishaje yakorerwagamo ubucuruzi, ndetse banaburira izindi nkayo ko zahagurukiwe. Iyi yahereweho, ifite hagati y’imyaka 65-75 ikaba yacururizwagamo capati n’icyayi n’uwahawe izina rya Mama Kawusali. Iherereye mu mujyi wa Muhanga mu Mudugudu wa Nyabisindu, mu kagali ka Gitarama ho mu murenge wa Nyamabuye.

Ni inzu izwiho kuganwa na benshi mu batuye ndetse n’abagenda Umujyi wa Muhanga bakurikiyeyo icyayi na capati doreko ari ku muhanda ugana Ngororero na Kibuye werekeza i Rusizi, hakaba na bamwe mu bashoferi batwara ibicuruzwa mu makamyo manini bazigura bagiye ku rugendo.

Umuyobozi w’Akarere ka Muhanga Wungirije Ushinzwe Imibereho myiza y’Abaturage, Mukagatana Fortune avuga ko ibi byakozwe n’ubuyobozi hagamije kurindira umutekano abagana iyi nzu ariko kandi buvuga ko n’izindi nkazo zidakwiye gutanga serivisi zishobora gushyira ubuzima bw’abazigana mukaga.

Mukagatana ati” Ibi ubuyobozi bwakoze, twagirango turinde umutekano w’abajya kuhashakira serivisi z’icyayi na capati ndetse n’ibindi kuko ubona ko ishaje cyane ndetse turifuza ko nta resitora cyangwa ikindi gisa nkazo gikwiye gukorera mu nzu idahesha icyubahiro ubuzima n’amafaranga by’abayigana bagamije kugurayo serivisi kuko uyu mujyi ufite amazu menshi ashaje kandi beneyo bayakoreramo kandi ashobora kubagwaho”.

Suleyman Gakire usanzwe akora umwuga wo gutwara abagenzi kuri moto avuga ko we na bagenzi be basanzwe bajya kuhafatira ibibafasha mu buzima bwabo bwa buri munsi birimo capati, amandazi n’icyayi kandi ku bwinshi. Yemeza ko ishaje koko, ariko ko aho bigeze ikwiye gusanwa igakomeza gukoreshwa na ba nyirayo.

Yagize ati” Nsanzwe nkora akazi ko gutwara abagenzi kuri moto, ariko njyewe na bagenzi banjye dusanzwe tujya kuhafatira ibyayi, amandazi ndetse na capati. Gusa koko iyi nzu irashaje bityo birakwiye ko isanwa kugirango ibashe gukomeza gukoreshwa na ba nyirayo kugirango itazagwira abajyayo ku bwinshi bagiye guhaha”.

Kabarere Djazila afite imyaka 29 avuga ko kuva yavuka, amenya ubwenge yabonye iyi nzu iganwamo na benshi bikavugwa ko iyi nzu ibamo capati n’icyayi kiryoshye cyane kandi n’imodoka ziparika zije kugura bityo ikwiye gusanwa cyangwa hakubakwa indi nzu ikomeye inajyanye nuko umujyi ugenda ukura.

Yagize ati” Aha hantu rwose haganwa na benshi kuko kuva namenya ubwenge numvaga bavuga ko haba capati n’icyayi byose biryoshye ndetse usanga hari n’imodoka ziparika zije kugura. Gusa nubwo iyi nzu ishaje abahagana barahakunda cyane ariko nubwo bayifunze bakwiye kumuha uburenganzi akaba yahavugurura cyangwa hakubakwa indi nzu ikomeye”.

Uyu wakoreraga muri iyi nzu yatubwiye ko iyi nzu yayisigiwe n’ababyeyi be, ko yavutse asanga yubatse, ko atazi igihe yubakiwe ariko akavuga ko yatangiye kwaka ibyangombwa byo kubaka indi nzu muri iki kibanza kirimo iyi yahagaritswe gukorerwamo.

Hari abavuga ko iyi nzu imaze hagati y’imyaka 60 na 70 kuko umwana mukuru wo muri uyu muryango yavutse ariyo batuyemo. Kuri ubu abahashakiraga capati n’icyayi cya mukaru baraba bihanganye kuko iyi nzu yashyizweho ingufuri kubera gusaza kwayo.

Akimana Jean de Dieu

Share Article

Follow Me Written By

Umwanditsi

One Comment

  1. HAKIZIMANA Julien says:
    May 4, 2021 at 3:19 pm

    ni ukuri iyi nyubako yarikwiye kuvugururwa kuko yasaga nkiyashyira mu kaga abayijyagamo

Comments are closed.

Shakisha
Izasomwe cyane
Kamonyi-Runda: Umugabo ukekwaho kwica umugore we amuteye icyuma yatawe muri yombi
Umwanditsi
November 27, 2024
Kamonyi-Musambira: Gitifu yakijijwe n’amaguru ahunga RIB agarurwa n’abaturage
Umwanditsi
October 15, 2024
Kamonyi-Nyamiyaga: Umurezi mu kigo cy’Ishuri araye mu maboko atari aye kubera umwana w’umukobwa w’imyaka 14-15
Umwanditsi
October 17, 2024
Ibyiciro

Amakuru

5800 Posts

Politiki

4051 Posts

Ubuhinzi

146 Posts

Ubukungu

993 Posts

Imyidagaduro

79 Posts

Imikino

138 Posts
Facebook Pinterest Twitter Youtube
  • Amakuru
  • Imyidagaduro
  • Imikino
  • Politiki
  • Ubukungu
  • Ubuhinzi
  • Ubuzima
  • Urukundo
  • Ibindi
    • Ubukerarugendo
    • Ikoranabuhanga

Intyoza.com itangaza amakuru yanyu mungingo zinyuranye z'ibibera ku isi no mukirere. Byaba ari ibyiza byubaka ndetse nibibi byo kwibazaho nko mu Bukungu, Politiki, Ikoranabuhanga, Umuco, Ubuzima, n'ibindi byinshi. Mutwandikire, mwinigure, mutugezeho ibitekerezo byanyu cyangwa izindi nkuru mwifuza kugeza kubandi.

© 2022, All Rights Reserved.

  • Amakuru
  • Imyidagaduro
  • Imikino
  • Politiki
  • Ubukungu
  • Ubuhinzi
  • Ubuzima
  • Urukundo
  • Ibindi
    • Ubukerarugendo
    • Ikoranabuhanga