Igihugu cya Mali cyakumiriwe mu bikorwa byose bya AU/UA

Umuryango wa Afurika yunze ubumwe( AU/UA) wahagaritse igihugu cya Mali, unatangaza ko ushobora kuyifatira ibihano nyuma y’aho igisirikare cy’iki gihugu gihirikiye ubutegetsi ku nshuro ya kabiri mu mezi icyenda.

Iyi ngingo yafashwe n’inama ishinzwe amahoro n’umutekano muri uyu muryango, yo guhagarika Mali mu bikorwa byose no mu nzego zawo, izageza igihe mari izaba yongeye kugira ubutegetsi bushingiye ku itegeko Nshingiro.

Mw’itangazo ryasohowe ku mugoroba w’ejo ku wa kabiri, uyu muryango usaba igisirikare cya Mali gusubira mu nkambi zacyo vuba na bwangu, nta mananiza bashyizeho, kandi bakirinda kuzongera kwivanga mu bya Politiki.

Ku wa mbere w’icyumweru gishize, igisirikare cyahagaritse umukuru w’igihugu Bah N’Daw na Minisitiri w’Intebe, Moctar Ouane, kibajyana kubafungira mu nkambi ya gisirikare iri ahitwa Kati, hafi y’umurwa mukuru Bamako.

Iyi ngingo ifashwe nyuma y’aho kuri iki cyumweru umuryango w’ubukundu uhuza ibihugu byo muri Afrika y’Uburengerazuba (CEDEAO/ECOWAS) na ryo ryari ryahagaritse Mali.

Nyuma y’imisi ine ahiritse ubutegetsi, Colonel Assimi Goita yemejwe n’urukiko rushinzwe kurinda iremezo ry’itegeko Nshinga nk’umukuru w’igihugu w’agateganyo, aho yari yaraye yishyize kuri iyi ntebe y’umukuru w’Igihugu.

Col. Goïta yahise ashyiraho Choguel Kokalla Maïga nka Minisitiri w’intebe mushya. Maiga ni we wari uyoboye imyigaragambyo yo mu mwaka ushize ari nayo yabaye intandaro yo guhirika ubutegetsi bwa Ibrahim Boubacar Keïta mu kwezi kwa munani umwaka ushize.

Uwari asanzwe Minisitiri w’Intebe nkuko BBC ibitangaza, Moctar Ouane ari kumwe n’umukuru w’igihugu byabaye ngombwa ko begura.

Col. Goïta yari yungirije Perezida ( Vice) aherutse guhirika ku butegetsi amushinja we na Minisitiri w’intebe kurenga ku masezerano y’ubutegetsi bw’inzibacyuho, nyuma y’aho umukuru w’igihugu yahiritse ahinduriye Leta. Igikorwa Col. Goïta avuga ko atagishijweho inama.

Munyaneza Theogene / intyoza.com

Umwanditsi

Learn More →