• Kigali, Rwanda
  • +250 123 456 789
Facebook Twitter Youtube

INTYOZA

  • Amakuru
  • Imyidagaduro
  • Imikino
  • Politiki
  • Ubukungu
  • Ubuhinzi
  • Ubuzima
  • Urukundo
  • Ibindi
    • Ubukerarugendo
    • Ikoranabuhanga
  • Amakuru
  • Imyidagaduro
  • Imikino
  • Politiki
  • Ubukungu
  • Ubuhinzi
  • Ubuzima
  • Urukundo
  • Ibindi
    • Ubukerarugendo
    • Ikoranabuhanga
Agezweho
05/07/25
Kamonyi: Abanyarugalika bizihije umunsi wo Kwibohora bashimangira uruhare rwabo mu bikorwa by’iterambere
05/07/25
Kamonyi-Rukoma: Polisi ikomeje guhiga bukware Abahebyi mu bucukuzi bw’Amabuye y’agaciro
05/07/25
Kamonyi-Ubudaheranwa: Ubuyobozi bwa SACCO 12 bwaremeye Abarokotse Jenoside batishoboye
05/07/25
Kamonyi-Ngamba: Iminsi y’umujura yabagereyeho bafatwa bataragurisha Ingurube bishe bakayibaga

USA: Umugore yarokoye umwana we mu menyo y’intare yashakaga kumurya

Umwanditsi
August 30, 2021

Umugore wo muri California yashoboye kurokora umwana we w’umuhungu w’imyaka itanu yari atewe n’intare yo mu misozi (lion de montagne/mountain lion).

Uwo mwana nkuko BBC ibitangaza, yarimo akinira hafi yo mu rugo, ahitwa Calabasas mu misozi ya Santa Monica mu burengerazuba bwa Los Angeles. Igihe iyo ntare yamucakiraga, yahise imukururira mu twatsi (gazon), ariko nyina w’umwana yahise asohoka atangira gukubita iyo ntare n’amaboko kugeza aho irekura uwo mwana iriruka. Nyuma abashinzwe amashyamba baje kubona iyo nyamaswa bahita bayirasa.

Iyo ntare, yakomerekeje uwo mwana mu mutwe, nyuma ajyanwa kwa muganga ariko ubu ameze neza aho arimo kuvurirwa mu bitaro i Los Angeles, nk’uko bivugwa n’ibiro ntaramakuru, Associated Press.

Kapiteni Patrick Foy uvugira ishami rishinzwe ifi n’ibikoko byo mw’ishyamba muri California, yabwiye AP ko uwo mubyeyi yahabereye intwari agashobora kurokora uwo mwana we.

Amaze kugera aho byabereye, umwe mu bakozi b’iryo shami, avuga ko yasanze intare isutamye mw’ishyamba, yabanguye amatwi irimo gutontoma. Uyu mukozi yahise ayica, kuko yakekaga ko ari yo yaba yashatse kurya uwo mwana kubera uburyo yari imeze kandi aho yari iri hakaba hari hafi y’aho byabereye.

Ibipimo bya DNA/ADN ni byo byaje nyuma kwemeza ko ari yo nyine yashatse kwica uwo mwana. Ntabwo bikunze gushyika aho intare zo mu misozi zitera abantu muri Amerika ya ruguru. Abategetsi bavuga ko iyo ntare yari ikiri ntoya. Ikinyamakuru CBS kivuga ko abahanga bemeza ko yari ikiga guhiga no kwirwanaho.

Munyaneza Theogene / intyoza.com

Share Article

Follow Me Written By

Umwanditsi

Shakisha
Izasomwe cyane
Kamonyi-Runda: Umugabo ukekwaho kwica umugore we amuteye icyuma yatawe muri yombi
Umwanditsi
November 27, 2024
Kamonyi-Musambira: Gitifu yakijijwe n’amaguru ahunga RIB agarurwa n’abaturage
Umwanditsi
October 15, 2024
Kamonyi-Nyamiyaga: Umurezi mu kigo cy’Ishuri araye mu maboko atari aye kubera umwana w’umukobwa w’imyaka 14-15
Umwanditsi
October 17, 2024
Ibyiciro

Amakuru

5828 Posts

Politiki

4079 Posts

Ubuhinzi

147 Posts

Ubukungu

999 Posts

Imyidagaduro

80 Posts

Imikino

141 Posts
Facebook Pinterest Twitter Youtube
  • Amakuru
  • Imyidagaduro
  • Imikino
  • Politiki
  • Ubukungu
  • Ubuhinzi
  • Ubuzima
  • Urukundo
  • Ibindi
    • Ubukerarugendo
    • Ikoranabuhanga

Intyoza.com itangaza amakuru yanyu mungingo zinyuranye z'ibibera ku isi no mukirere. Byaba ari ibyiza byubaka ndetse nibibi byo kwibazaho nko mu Bukungu, Politiki, Ikoranabuhanga, Umuco, Ubuzima, n'ibindi byinshi. Mutwandikire, mwinigure, mutugezeho ibitekerezo byanyu cyangwa izindi nkuru mwifuza kugeza kubandi.

© 2022, All Rights Reserved.

  • Amakuru
  • Imyidagaduro
  • Imikino
  • Politiki
  • Ubukungu
  • Ubuhinzi
  • Ubuzima
  • Urukundo
  • Ibindi
    • Ubukerarugendo
    • Ikoranabuhanga