• Kigali, Rwanda
  • +250 123 456 789
Facebook Twitter Youtube

INTYOZA

  • Amakuru
  • Imyidagaduro
  • Imikino
  • Politiki
  • Ubukungu
  • Ubuhinzi
  • Ubuzima
  • Urukundo
  • Ibindi
    • Ubukerarugendo
    • Ikoranabuhanga
  • Amakuru
  • Imyidagaduro
  • Imikino
  • Politiki
  • Ubukungu
  • Ubuhinzi
  • Ubuzima
  • Urukundo
  • Ibindi
    • Ubukerarugendo
    • Ikoranabuhanga
Agezweho
17/06/25
Umukongomani wishwe azira kwanga Ruswa yagizwe Umuhire
17/06/25
Kamonyi-Mugina: Pasitori yahakaniye Mwarimukazi umushinja ko imbwa ye yamuririye umwana
17/06/25
Kamonyi-Bishenyi: Imurikabikorwa n’Imurikagurisha rihaye umukoro ubuyobozi bw’Akarere
17/06/25
Burera: ECD Burera ADEPE for Enhancing Child Safety and Family Economy

Muhanga: Barasaba ingurane z’ibyangijwe n’umuyoboro w’amazi wakozwe n’Abashinwa

Umwanditsi
January 18, 2022

Bamwe mu baturage, hashize igihe bategereje ingurane bijejwe ku mitungo yabo yangijwe ubwo hagurwaga umuyoboro w’amazi mu mujyi wa Muhanga. Bavuga ko ibyo basabwe byose babikoze, bakibaza impamvu batabona amafaranga ku byabo byangijwe. Bibaza impamvu hari bamwe muri bagenzi babo umwaka ushize bahawe ingurane, ariko bo na n’ubu amaso akaba yaraheze mu kirere.

Malayika Dusabe Andree, atuye mu Mudugudu wa Gihuma avuga ko bamwangirije urutoki ariko ntahabwe amafaranga. Asaba ubuyobozi kumufasha kurenganurwa agahambwa ingurane z’ibye byangijwe.

Yagize ati” Twagiye twizezwa ko amafaranga aza vuba ku mitungo yacu yangijwe n’uyu muyoboro ariko ntacyo turabona kandi twatanze ibyangombwa byacu. Nk’ubu bantemeye insina arizo zintunze ndimo kurya ubusa”.

Nyiramatama Victoria, avuga ko we bamubwiye ko amafaranga ye n’ayundi muturage  witwa Cecilia yasohotse bagiye kureba barayabura. Avuga ko bakwiye guhabwa amafaranga yabo nkuko babangirije imyaka ariyo yari kubatunga.

Yagize ati” Njyewe na Cecilia bahora batubwira ko twishyuwe ariko twajya kuri banki bakatubwira ko nta mafaranga yacu yari yaza, hashize amezi hafi 4 yose dutegereje kandi twangirijwe imyaka ariyo yari kudutunga”.

Harelimana Andree, avuga ko bamuranduriye imboga ndetse n’urutoki, ariko ngo ahora abahamagara ntibabashe kumwitaba. Asaba ubuyobozzi bireba kugira icyo bukora kuri iki kibazo kibangamiye benshoi.

Umuyobozi w’Ishami rishinzwe amazi n’Isukura rya Muhanga, Sematabaro Joseph ku murongo wa Telefoni yavuze ko  hari abaturage basaga 1000 bagombaga guhabwa ingurane ku byangijwe n’umuyoboro mushya w’amazi, ariko benshi ngo bamaze kwishyurwa hasigaye bacye, aho ahamya ko nabyo biri mu nzira zo gukemuka vuba.

Yagize ati” Nibyo koko dufite abaturage bangirijwe n’uyu muyoboro, ariko hari ababonye ingurane zabo bagenewe na Wasac. Ku byangijwe hakorwa uyu muyoboro, abagombaga guhabwa ingurane ni 1476, abamaze kwishyurwa bagera kuri 989 ariko hari na dosiye zigera kuri 487 zikirimo kugenzurwa bityo nabo mu gihe kidatinze barabona ingurane zabo”.

Akomeza avuga ko abavuga ko babwiwe ko bishyuwe ariko ntibabone amafaranga yabo, ngo hari igihe ayobera ahandi mu wundi murenge ariko iyo babimenye bajya kuri uwo murenge bagasaba SACCO ko yayohereza hahandi agahabwa uyagenewe. Asaba uwahuye n’iki kibazo kubegera bakamufasha.

Umuyobozi w’Akarere Wungirije Ushinzwe iterambere ry’Ubukungu, Bizimana Eric avuga ko iyi miyoboro yakozwe na kompanyi y’Abashinwa (China Civil Engineering Construction Corporation), ko yarangije imirimo yayo. Iyi miyoboro kandi yatewe inkunga n’ikigega cya  Banki Nyafurika y’iterambere(AFDB) ndetse abasigaye batarahabwa ingurane yabo, ubuyobozi bwa Wasac bwabijeje ko bugiye kubikemura vuba bagahabwa asaga Miliyoni 20 bikava mu nzira kuko nabo bangirijwe ibikorwa.

Akimana Jean de Dieu

Share Article

Follow Me Written By

Umwanditsi

Shakisha
Izasomwe cyane
Kamonyi-Runda: Umugabo ukekwaho kwica umugore we amuteye icyuma yatawe muri yombi
Umwanditsi
November 27, 2024
Kamonyi-Musambira: Gitifu yakijijwe n’amaguru ahunga RIB agarurwa n’abaturage
Umwanditsi
October 15, 2024
Kamonyi-Nyamiyaga: Umurezi mu kigo cy’Ishuri araye mu maboko atari aye kubera umwana w’umukobwa w’imyaka 14-15
Umwanditsi
October 17, 2024
Ibyiciro

Amakuru

5818 Posts

Politiki

4069 Posts

Ubuhinzi

147 Posts

Ubukungu

996 Posts

Imyidagaduro

79 Posts

Imikino

139 Posts
Facebook Pinterest Twitter Youtube
  • Amakuru
  • Imyidagaduro
  • Imikino
  • Politiki
  • Ubukungu
  • Ubuhinzi
  • Ubuzima
  • Urukundo
  • Ibindi
    • Ubukerarugendo
    • Ikoranabuhanga

Intyoza.com itangaza amakuru yanyu mungingo zinyuranye z'ibibera ku isi no mukirere. Byaba ari ibyiza byubaka ndetse nibibi byo kwibazaho nko mu Bukungu, Politiki, Ikoranabuhanga, Umuco, Ubuzima, n'ibindi byinshi. Mutwandikire, mwinigure, mutugezeho ibitekerezo byanyu cyangwa izindi nkuru mwifuza kugeza kubandi.

© 2022, All Rights Reserved.

  • Amakuru
  • Imyidagaduro
  • Imikino
  • Politiki
  • Ubukungu
  • Ubuhinzi
  • Ubuzima
  • Urukundo
  • Ibindi
    • Ubukerarugendo
    • Ikoranabuhanga