• Kigali, Rwanda
  • +250 123 456 789
Facebook Twitter Youtube

INTYOZA

  • Amakuru
  • Imyidagaduro
  • Imikino
  • Politiki
  • Ubukungu
  • Ubuhinzi
  • Ubuzima
  • Urukundo
  • Ibindi
    • Ubukerarugendo
    • Ikoranabuhanga
  • Amakuru
  • Imyidagaduro
  • Imikino
  • Politiki
  • Ubukungu
  • Ubuhinzi
  • Ubuzima
  • Urukundo
  • Ibindi
    • Ubukerarugendo
    • Ikoranabuhanga
Agezweho
05/07/25
Kamonyi: Abanyarugalika bizihije umunsi wo Kwibohora bashimangira uruhare rwabo mu bikorwa by’iterambere
05/07/25
Kamonyi-Rukoma: Polisi ikomeje guhiga bukware Abahebyi mu bucukuzi bw’Amabuye y’agaciro
05/07/25
Kamonyi-Ubudaheranwa: Ubuyobozi bwa SACCO 12 bwaremeye Abarokotse Jenoside batishoboye
05/07/25
Kamonyi-Ngamba: Iminsi y’umujura yabagereyeho bafatwa bataragurisha Ingurube bishe bakayibaga

Kigeme mu Mpunzi za DR Congo: Hazindukiye imyigaragambyo

Umwanditsi
December 12, 2022

Abanyekongo bari mu Nkambi y’Impunzi ya Kigeme ho mu Karere ka Nyamagabe, mu gitondo cyo kuri uyu wa 12 Ukuboza 2022 bazindukiye mu myigaragambyo y’amahoro. Mu kwigaragambya kwabo, barasaba Leta yabo ya DR Congo n’Amahanga kubafasha gusubira mu gihugu cyabo baje bahunga. Barasaba kandi ko ubwicanyi bwibasiye bene wabo basigaye i Kongo bwahagarikwa, hagatangwa ubutabera.

Muri iyi myigaragambyo, abayirimo bari bitwaje ibyapa byanditseho amagambo yamagana ubwicanyi burimo gukorerwa Abatutsi bari ku butaka bw’Iki gihugu cyabo cya DR Congo. Barigaragambya basubiramo kenshi aya magambo yanditse ku byapa bitwaje, basaba ko Leta yareka kurebera ubwicanyi buri gukorwa, ahubwo hatangwa ubutabera.

Akarere k’uburasirazuba bwa Kongo kamaze iminsi mu mirwano itoroshye, aho havugwa cyane umutwe w’Inyeshyamba wa M23 mu ntambara uhanganyemo n’ingabo za DR Congo, nubwo wasabwe gushyira intwaro hasi ugasubira inyuma, ukava mu bice wari umaze kwigarurira bitari bike.

Umuryango w’Abibumbye, mu minsi yashize watanze ubutumwa buburira ko niba nta gikozwe muri iki gihugu cya Repubulika ya Demokarasi ya Congo hashobora kuba Jenoside yibasira abaturage bayo bavuga ururimi rw’Ikinyarwanda bo mu bwoko bw’Abatutsi.

U Rwanda, rucumbikiye impunzi z’Abanyekongo zisaga ibihumbi 75, inyinshi zikaba zimaze imyaka isaga 20 zarahunze, zirimo n’izi zibarizwa mu nkambi ya Kigeme iri muzicumbikiye abatari bake.

Amateka yo muri aka karere by’umwihariko Ibiyaga bigari, agaragaza ko kuba mu gice cya DR Congo by’umwihariko mu burasirazuba hagaragara abavuga ikinyarwanda, atari ibyabagwiririye, ko ahubwo bituruka ku ikatwa ry’Imipaka mu nama ya Berlin, aho ubwari ubutaka bw’u Rwanda abanyarwanda bisanze bometswe kuri Kongo, ari naho hava inkomoko ahanini y’Abavuga ikinyarwanda bitwa Abanyekongo.

intyoza

Share Article

Follow Me Written By

Umwanditsi

Shakisha
Izasomwe cyane
Kamonyi-Runda: Umugabo ukekwaho kwica umugore we amuteye icyuma yatawe muri yombi
Umwanditsi
November 27, 2024
Kamonyi-Musambira: Gitifu yakijijwe n’amaguru ahunga RIB agarurwa n’abaturage
Umwanditsi
October 15, 2024
Kamonyi-Nyamiyaga: Umurezi mu kigo cy’Ishuri araye mu maboko atari aye kubera umwana w’umukobwa w’imyaka 14-15
Umwanditsi
October 17, 2024
Ibyiciro

Amakuru

5828 Posts

Politiki

4079 Posts

Ubuhinzi

147 Posts

Ubukungu

999 Posts

Imyidagaduro

80 Posts

Imikino

141 Posts
Facebook Pinterest Twitter Youtube
  • Amakuru
  • Imyidagaduro
  • Imikino
  • Politiki
  • Ubukungu
  • Ubuhinzi
  • Ubuzima
  • Urukundo
  • Ibindi
    • Ubukerarugendo
    • Ikoranabuhanga

Intyoza.com itangaza amakuru yanyu mungingo zinyuranye z'ibibera ku isi no mukirere. Byaba ari ibyiza byubaka ndetse nibibi byo kwibazaho nko mu Bukungu, Politiki, Ikoranabuhanga, Umuco, Ubuzima, n'ibindi byinshi. Mutwandikire, mwinigure, mutugezeho ibitekerezo byanyu cyangwa izindi nkuru mwifuza kugeza kubandi.

© 2022, All Rights Reserved.

  • Amakuru
  • Imyidagaduro
  • Imikino
  • Politiki
  • Ubukungu
  • Ubuhinzi
  • Ubuzima
  • Urukundo
  • Ibindi
    • Ubukerarugendo
    • Ikoranabuhanga