• Kigali, Rwanda
  • +250 123 456 789
Facebook Twitter Youtube

INTYOZA

  • Amakuru
  • Imyidagaduro
  • Imikino
  • Politiki
  • Ubukungu
  • Ubuhinzi
  • Ubuzima
  • Urukundo
  • Ibindi
    • Ubukerarugendo
    • Ikoranabuhanga
  • Amakuru
  • Imyidagaduro
  • Imikino
  • Politiki
  • Ubukungu
  • Ubuhinzi
  • Ubuzima
  • Urukundo
  • Ibindi
    • Ubukerarugendo
    • Ikoranabuhanga
Agezweho
20/07/25
Umunyamakuru muzima ni uriho si uwapfuye-Me Jean Paul Ibambe
20/07/25
Kamonyi-Nyamiyaga: URUGAGA RW’ABAYOBOZI ku Mudugudu rwabaye igisubizo ku mibereho myiza y’Umuturage
20/07/25
Kamonyi-Ngamba: Abakekwaho kwica umugabo w’imyaka 45 bamaze gutabwa muri yombi
20/07/25
Kamonyi-Rukoma: Polisi yataye muri yombi abakekwaho ubugizi bwa nabi bategeraga abantu mu nzira

Muhanga: Abashakanye basabwe kutijandika mu makimbirane atuma abana bajya mu buzererezi

Umwanditsi
February 2, 2023

Depite Kalinijabo Barthélemy, arasaba abagize umuryango gushyira imbere ibiganiro kuko byakemura ibibazo bitandukanye bagirana, bityo bigaha umutuzo abana bawuvukamo. Asaba kandi ko batekereza ku kubyara abo bashoboye kurera kuko bituma umuryango utekana.

Iyi ntumwa ya rubanda mu nteko ishinga amategeko y’u Rwanda, ibi yabigarutseho mu mbwirwaruhame yagejeje ku baturage bo mu murenge wa Muhanga, Akagari ka Tyazo mu gikorwa cy’umuganda usoza ukwezi kwa Mutarama 2023.

Yagize Ati” Bimaze kugaragara ko abashakanye bataganira ku bibazo byabo mu muryango. Bahora mu makimbirane kandi iyo mugiranye ikibazo mukakiganira kirakemuka amakimbirane ntakomeze kwiyongera”.

Akomeza yibutsa abaturage ko hari byinshi umuryango uhura nabyo byaba byoroshye cyangwa bikomeye, ariko ko iyo biganiriwe bishobora gutanga umuti ku bibazo byabangamira imibereho myiza. Yibutsa ko iyo bidakozwe neza bituma habaho ubuzererezi ndetse n’itandukana ry’abashakanye.

Yagize Ati” Mu muryango habamo ibintu byinshi byaba byoroshye cyangwa ibikomeye, ariko iyo bibaye mukabiganira imibereho myiza irakomeza. Mbere yo guhamagara abandi mubanze mubiganire nibinanirana muhamagare inshuti ndetse n’ubuyobozi, mu gihe byarenze imitekerereze yanyu kuko ingaruka z’ibi ziza ku bana bagafata inzira bakigira mu mijyi, bagata amashuri ubuzima bwabo bukangizwa namwe ababyeyi”.

Yongeyeho ko bimwe mu bibazo bibangamiye umuryango kurusha ibindi ari ukubyara abana umuryango utazabasha kurera. Ahamya ko hari n’aho usanga hari imiryango itarabasha kumva neza gahunda yo kuboneza urubyaro. Yibutsa ko 58% by’abanyarwanda baboneza urubyaro, ariko ko bakiri bacye cyane.

Umuyobozi w’Akarere ka Muhanga, Kayitare Jaqueline avuga ko umuryango utekanye ari isoko y’imibereho myiza iganisha umuturage ku iterambere. Asaba abaturage ko bakwiye kumva impamvu bakwiye kubana neza bakarera abana babo bungutse.

Yongeyeho ko bigoye cyane kugira umuryango utekanye mu gihe hakigaragara abana birirwa basabiriza mu mujyi, ababyeyi babo bakibera mu tubari. Yemeza ko umuryango ufite ibibazo utuma Igihugu n’abagituye batabasha kuzamuka ngo bagere ku iterambere rirambye.

Akomeza avuga ko bamwe mu babyeyi bigize ba “ntibindeba“, ko hari igihe amategeko azatangira kubarebaho bagahanirwa kutuzuza inshingano zabo zo kurera umwana babyariye Igihugu nka Rwanda rw’ejo heza hazaza.

Abaturage bari bavuye mu gikorwa cy’umuganda, bicaye bakurikiye ibiganiro.

Mu bihe bitandukanye, mu isesengura ryakozwe n’inzego z’ubuyobozi muri aka karere, bagaragaje ko amakimbiranye hagati y’abashakanye atuma abana bava mu ngo kubera ko batitaweho, bagahitamo kuhava bakigira mu mujyi kuba inzererezi aho birirwa basabiriza ndetse ugasanga n’iyo bafatiwe mu buzererezi n’inzego z’umutekano, iyo bahamagaje ababyeyi babo banga kujya kubatwara.

Akimana Jean de Dieu

Share Article

Follow Me Written By

Umwanditsi

Shakisha
Izasomwe cyane
Kamonyi-Runda: Umugabo ukekwaho kwica umugore we amuteye icyuma yatawe muri yombi
Umwanditsi
November 27, 2024
Kamonyi-Musambira: Gitifu yakijijwe n’amaguru ahunga RIB agarurwa n’abaturage
Umwanditsi
October 15, 2024
Kamonyi-Nyamiyaga: Umurezi mu kigo cy’Ishuri araye mu maboko atari aye kubera umwana w’umukobwa w’imyaka 14-15
Umwanditsi
October 17, 2024
Ibyiciro

Amakuru

5835 Posts

Politiki

4086 Posts

Ubuhinzi

147 Posts

Ubukungu

1000 Posts

Imyidagaduro

80 Posts

Imikino

141 Posts
Facebook Pinterest Twitter Youtube
  • Amakuru
  • Imyidagaduro
  • Imikino
  • Politiki
  • Ubukungu
  • Ubuhinzi
  • Ubuzima
  • Urukundo
  • Ibindi
    • Ubukerarugendo
    • Ikoranabuhanga

Intyoza.com itangaza amakuru yanyu mungingo zinyuranye z'ibibera ku isi no mukirere. Byaba ari ibyiza byubaka ndetse nibibi byo kwibazaho nko mu Bukungu, Politiki, Ikoranabuhanga, Umuco, Ubuzima, n'ibindi byinshi. Mutwandikire, mwinigure, mutugezeho ibitekerezo byanyu cyangwa izindi nkuru mwifuza kugeza kubandi.

© 2022, All Rights Reserved.

  • Amakuru
  • Imyidagaduro
  • Imikino
  • Politiki
  • Ubukungu
  • Ubuhinzi
  • Ubuzima
  • Urukundo
  • Ibindi
    • Ubukerarugendo
    • Ikoranabuhanga