• Kigali, Rwanda
  • +250 123 456 789
Facebook Twitter Youtube

INTYOZA

  • Amakuru
  • Imyidagaduro
  • Imikino
  • Politiki
  • Ubukungu
  • Ubuhinzi
  • Ubuzima
  • Urukundo
  • Ibindi
    • Ubukerarugendo
    • Ikoranabuhanga
  • Amakuru
  • Imyidagaduro
  • Imikino
  • Politiki
  • Ubukungu
  • Ubuhinzi
  • Ubuzima
  • Urukundo
  • Ibindi
    • Ubukerarugendo
    • Ikoranabuhanga
Agezweho
15/07/25
Kamonyi-Ngamba: Abakekwaho kwica umugabo w’imyaka 45 bamaze gutabwa muri yombi
15/07/25
Kamonyi-Rukoma: Polisi yataye muri yombi abakekwaho ubugizi bwa nabi bategeraga abantu mu nzira
15/07/25
Kamonyi-Nyarubaka: Murashishikazwa no gucuruza ariko twe dushishikajwe no kugira abaturage bafite ubuzima bwiza-Visi Meya Uzziel
15/07/25
Kamonyi-Karama: Icyo Gitifu w’umurenge avuga ku iyibwa rya Mudasobwa 67 mu kigo cy’Ishuri

Urugerero: Minisitiri Dr Bizimana Jean Damascene yashimagije Kamonyi asaba Nyaruguru kwiminjiramo“Ifu”

Umwanditsi
December 20, 2023

Hagati y’Akarere ka Kamonyi kabaye aka mbere mu Gihugu mu bikorwa by’Urugerero ndetse n’Akarere ka Nyaruguru kabaye akanyuma, harimo ikinyuranyo cy’amanota 28( Kamonyi 91%, Nyaruguru 63%). Mu gihe kuri uyu wa 18 Ukuboza 2023 Kamonyi yahembwe Inka y’Ubumanzi n’iyayo, Minisitiri Dr Bizimana Jean Damascene wa MINUBUMWE wagiye gusura aka karere kabaye aka nyuma, yabasabye kwiminjiramo“Ifu” no kujya kwigira kuri Kamonyi.

Avuga uko uturere twitwaye mu bikorwa by’Urugerero, Minisitiri Dr Bizimana yagize ati “ Uyu mwaka rero akarere kahize utundi ni Akarere ka Kamonyi, kagize amanota 91%. Ni nako karere gafite amanota ari hejuru ya 90, utundi twose tuza munsi ya 90”.

Yakomeje agira ati“ Uyu munsi rero nubwo turi hano Nyaruguru, Muganza! Ni ugushimira ako karere ka Kamonyi kari ku isonga y’utundi, mu buryo Urugerero rwateguwemo, mu buryo Urugerero rwakozwe…! Ni ukugira ngo rero ubwo namwe muzabigireho”.

Nubwo Nyaruguru yabaye iya nyuma, Minisitiri Dr Bizimana avuga ko ibyo bitavuze ko ntacyo bakoze, ariko kandi ati“ Akarere ka Nyaruguru, birasaba… kwiminjiramo“Ifu”. Kwiminjiramo ifu cyane ni mbibabwira menya mugira ubwoba, menya muri bukonje!. Akarere ka Nyaruguru kagize amanota 63. Ubwo ni mugereranye na Kamonyi yagize 91 mwumve icyo kinyuranyo uko kingana, mwabyumvise!?.

Soma hano inkuru kuri Kamonyi yahize utundi turere ikagororerwa Inka y’Ubumanzi;Kamonyi: Inka y’Ubumanzi ntizasohoke muri aka karere-Guverineri Kayitesi

Mu zindi Ntara uko uturere twaje ku isonga mu kwesa imihigo mu bikorwa by’Urugerero, Mu mujyi wa Kigali akarere ka mbere ni aka Kicukiro, mu Ntara y’Uburasirazuba ni akarere ka Kayonza, Amajyaruguru ni Akarere ka Gakenke, Iburengerazuba kakaba akarere ka Rusizi.

Inka y’Ubumanzi n’iyayo MINUBUMWE yashyikirije Kamonyi.

intyoza

Share Article

Follow Me Written By

Umwanditsi

Shakisha
Izasomwe cyane
Kamonyi-Runda: Umugabo ukekwaho kwica umugore we amuteye icyuma yatawe muri yombi
Umwanditsi
November 27, 2024
Kamonyi-Musambira: Gitifu yakijijwe n’amaguru ahunga RIB agarurwa n’abaturage
Umwanditsi
October 15, 2024
Kamonyi-Nyamiyaga: Umurezi mu kigo cy’Ishuri araye mu maboko atari aye kubera umwana w’umukobwa w’imyaka 14-15
Umwanditsi
October 17, 2024
Ibyiciro

Amakuru

5833 Posts

Politiki

4084 Posts

Ubuhinzi

147 Posts

Ubukungu

999 Posts

Imyidagaduro

80 Posts

Imikino

141 Posts
Facebook Pinterest Twitter Youtube
  • Amakuru
  • Imyidagaduro
  • Imikino
  • Politiki
  • Ubukungu
  • Ubuhinzi
  • Ubuzima
  • Urukundo
  • Ibindi
    • Ubukerarugendo
    • Ikoranabuhanga

Intyoza.com itangaza amakuru yanyu mungingo zinyuranye z'ibibera ku isi no mukirere. Byaba ari ibyiza byubaka ndetse nibibi byo kwibazaho nko mu Bukungu, Politiki, Ikoranabuhanga, Umuco, Ubuzima, n'ibindi byinshi. Mutwandikire, mwinigure, mutugezeho ibitekerezo byanyu cyangwa izindi nkuru mwifuza kugeza kubandi.

© 2022, All Rights Reserved.

  • Amakuru
  • Imyidagaduro
  • Imikino
  • Politiki
  • Ubukungu
  • Ubuhinzi
  • Ubuzima
  • Urukundo
  • Ibindi
    • Ubukerarugendo
    • Ikoranabuhanga