• Kigali, Rwanda
  • +250 123 456 789
Facebook Twitter Youtube

INTYOZA

  • Amakuru
  • Imyidagaduro
  • Imikino
  • Politiki
  • Ubukungu
  • Ubuhinzi
  • Ubuzima
  • Urukundo
  • Ibindi
    • Ubukerarugendo
    • Ikoranabuhanga
  • Amakuru
  • Imyidagaduro
  • Imikino
  • Politiki
  • Ubukungu
  • Ubuhinzi
  • Ubuzima
  • Urukundo
  • Ibindi
    • Ubukerarugendo
    • Ikoranabuhanga
Agezweho
02/07/25
Kamonyi: Ba Rushingwangerero bagabiye Inka uwarokotse Jenoside yakorewe Abatutsi
02/07/25
Kamonyi-Nyamiyaga: Inzu mberabyombi y’asaga Miliyoni 73 ibahesheje ishema n’igikombe
02/07/25
Kamonyi: Ingengo y’Imari y’Akarere yiyongereyeho 1,60%
02/07/25
Eugene Murangwa wakiniye Rayon Sports yavuze uko Siporo yabaye impamvu ikomeye yo kurokoka Jenoside

Kamonyi-Gacurabwenge: Umukobwa w’imyaka 22 y’amavuko ataye uruhinja mu musarani

Umwanditsi
August 2, 2024

Mu rukerera rw’uyu wa Gatanu tariki ya 02 Kanama 2024, mu Mudugudu wa Ryabitana, Akagari ka Gihinga, Umurenge wa Gacurabwenge ho mu karere ka Kamonyi, hamenyekanye amakuru y’umukobwa witwa Umulisa Anitha w’imyaka 22 y’amavuko wataye uruhinja yari atwite mu musarane.

Amakuru mpamo agera ku intyoza.com, ni uko uyu Umulisa wari ukiba iwabo yari atwite inda y’imvutsi, ashobora kuba hari imiti yanyoye mu rwego rwo kugira ngo bimufashe gukuramo iyi nda atashakaga.

Kumenyekana ko Umulisa yakuyemo inda ndetse akajugunya uru ruhinja mu musarane, byaturutse kuri musaza we wumvise uruhinja rurira, agiye kureba asanga rwatawe mu musarane, ashatse mushiki we aramubura ahita yihutira kubwira Polisi.

Amakuru kandi agera ku intyoza.com ni uko uyu Umulisa Anitha yari asanzwe afite umwana umwe yabyariye iwabo. Uru ruhinja avukije ubuzima ni umwana we wari ugiye kuba uwa kabiri.

Amakuru duhabwa n’abaturage ni uko kugera kuri iyi saa moya z’iki gitondo uru ruhinja rutarakurwa muri uyu musarane rwatawemo. Ni mu gihe nyina agishakishwa.

Kugeza ubwo twandikaga iyi nkuru, twagerageje guhamagara Umunyamabanga Nshingwabikorwa w’Umurenge wa Gacurabwenge, Umugiraneza Martha ntiyitaba, ndetse n’ubutumwa bugufi haba kuri WhatsApp no kuri terefone bisanzwe ntabwo yasubije.

intyoza

Share Article

Follow Me Written By

Umwanditsi

Shakisha
Izasomwe cyane
Kamonyi-Runda: Umugabo ukekwaho kwica umugore we amuteye icyuma yatawe muri yombi
Umwanditsi
November 27, 2024
Kamonyi-Musambira: Gitifu yakijijwe n’amaguru ahunga RIB agarurwa n’abaturage
Umwanditsi
October 15, 2024
Kamonyi-Nyamiyaga: Umurezi mu kigo cy’Ishuri araye mu maboko atari aye kubera umwana w’umukobwa w’imyaka 14-15
Umwanditsi
October 17, 2024
Ibyiciro

Amakuru

5824 Posts

Politiki

4075 Posts

Ubuhinzi

147 Posts

Ubukungu

998 Posts

Imyidagaduro

80 Posts

Imikino

141 Posts
Facebook Pinterest Twitter Youtube
  • Amakuru
  • Imyidagaduro
  • Imikino
  • Politiki
  • Ubukungu
  • Ubuhinzi
  • Ubuzima
  • Urukundo
  • Ibindi
    • Ubukerarugendo
    • Ikoranabuhanga

Intyoza.com itangaza amakuru yanyu mungingo zinyuranye z'ibibera ku isi no mukirere. Byaba ari ibyiza byubaka ndetse nibibi byo kwibazaho nko mu Bukungu, Politiki, Ikoranabuhanga, Umuco, Ubuzima, n'ibindi byinshi. Mutwandikire, mwinigure, mutugezeho ibitekerezo byanyu cyangwa izindi nkuru mwifuza kugeza kubandi.

© 2022, All Rights Reserved.

  • Amakuru
  • Imyidagaduro
  • Imikino
  • Politiki
  • Ubukungu
  • Ubuhinzi
  • Ubuzima
  • Urukundo
  • Ibindi
    • Ubukerarugendo
    • Ikoranabuhanga