• Kigali, Rwanda
  • +250 123 456 789
Facebook Twitter Youtube

INTYOZA

  • Amakuru
  • Imyidagaduro
  • Imikino
  • Politiki
  • Ubukungu
  • Ubuhinzi
  • Ubuzima
  • Urukundo
  • Ibindi
    • Ubukerarugendo
    • Ikoranabuhanga
  • Amakuru
  • Imyidagaduro
  • Imikino
  • Politiki
  • Ubukungu
  • Ubuhinzi
  • Ubuzima
  • Urukundo
  • Ibindi
    • Ubukerarugendo
    • Ikoranabuhanga
Agezweho
23/05/25
Kamonyi-Mukunguri: Ubuhinzi bw’Umuceri bwafashije Abahinzi na Koperative kwishakamo ibisubizo
23/05/25
Kamonyi-Mugina: Urubyiruko rw’Abakorerabushake(Youth Volunteers) biyemeje kubakira uwarokotse Jenoside utishoboye
23/05/25
Kamonyi-Musambira: Imiryango 33 irimo 10 yabanaga mu makimbirane yasezeranijwe ihitira Mukikiziya
23/05/25
Kamonyi-Nyamiyaga: Bakurikiranyweho gusambanya abana b’abakobwa barimo uwigaga P5 wabyaye

Kamonyi-Runda: Umusaza w’imyaka isaga 90 yahiriye mu nzu

Umwanditsi
August 25, 2024

Ahagana ku i saa mbiri z’ijoro ryo kuri uyu wa 24 Kanama 2024, mu Mudugudu wa Gasharara, Akagari ka Kagina, Umurenge wa Runda ho mu Karere ka Kamonyi, Umusaza witwa Rubanzambuga Boniface w’imyaka 94 y’amavuko yahiriye mu nzu arapfa. Harakekwa ko inkongi yaba yatewe n’umuriro w’amashanyarazi.

Uyu musaza Rubanzambuga, yabaga mu nzu abana n’umwuzukuru we w’umuhungu. Nubwo mu Indangamuntu ye handitse ko afite imyaka 94, abamuzi bavuga ko iyo myaka ashobora kuba ayirengeje, ko ahubwo afite isaga ijana.

Rubanzambuga, kwivana mu nzu wenyine ntabwo byashobokaga hatagize abamufasha ngo bamutize imbaraga, bamuhagurutse, bamuterure abone ubusohoka. Igihe yabaga agejejwe hanze kandi nabwo, gusubira mu nzu byasabaga izindi mbaraga zimufasha gusubira mu nzu.

Amakuru y’iyi nkongi y’umuriro yahitanye ubuzima bw’umusaza Rubanzambuga, yamenyekanye ubwo umwuzukuru we yari abonye uyu muriro kuko bari mu nzu baryamye, yihutira gutabaza kuko we ubwe atari kubasha kumuterura ngo amusohore.

Ndayisaba Jean Pierre Egide, Umunyamabanga Nshingwabikorwa w’Umurenge wa Runda, yabwiye intyoza.com ko amakuru y’urupfu rwa Rubanzambuga ari impamo, ko hakekwa ko inkongi yamuhitanye yaba yaturutse k’umuriro w’amashanyarazi.

Abatabaye bazimije iyi nkongi ariko ntabwo babashije gukiza ubuzima bw’uyu musaza Rubanzambuga. Basamze yahiye ibice bitandukanye birimo amaguru n’amaboko ariko n’ibindi byangiritse. Ku gicamunsi cyo kuri iki cyumweru, nibwo biteganijwe ko uyu nyakwigendera ashyingurwa.

intyoza

Share Article

Follow Me Written By

Umwanditsi

Shakisha
Izasomwe cyane
Kamonyi-Runda: Umugabo ukekwaho kwica umugore we amuteye icyuma yatawe muri yombi
Umwanditsi
November 27, 2024
Kamonyi-Musambira: Gitifu yakijijwe n’amaguru ahunga RIB agarurwa n’abaturage
Umwanditsi
October 15, 2024
Kamonyi-Nyamiyaga: Umurezi mu kigo cy’Ishuri araye mu maboko atari aye kubera umwana w’umukobwa w’imyaka 14-15
Umwanditsi
October 17, 2024
Ibyiciro

Amakuru

5800 Posts

Politiki

4051 Posts

Ubuhinzi

146 Posts

Ubukungu

993 Posts

Imyidagaduro

79 Posts

Imikino

138 Posts
Facebook Pinterest Twitter Youtube
  • Amakuru
  • Imyidagaduro
  • Imikino
  • Politiki
  • Ubukungu
  • Ubuhinzi
  • Ubuzima
  • Urukundo
  • Ibindi
    • Ubukerarugendo
    • Ikoranabuhanga

Intyoza.com itangaza amakuru yanyu mungingo zinyuranye z'ibibera ku isi no mukirere. Byaba ari ibyiza byubaka ndetse nibibi byo kwibazaho nko mu Bukungu, Politiki, Ikoranabuhanga, Umuco, Ubuzima, n'ibindi byinshi. Mutwandikire, mwinigure, mutugezeho ibitekerezo byanyu cyangwa izindi nkuru mwifuza kugeza kubandi.

© 2022, All Rights Reserved.

  • Amakuru
  • Imyidagaduro
  • Imikino
  • Politiki
  • Ubukungu
  • Ubuhinzi
  • Ubuzima
  • Urukundo
  • Ibindi
    • Ubukerarugendo
    • Ikoranabuhanga