• Kigali, Rwanda
  • +250 123 456 789
Facebook Twitter Youtube

INTYOZA

  • Amakuru
  • Imyidagaduro
  • Imikino
  • Politiki
  • Ubukungu
  • Ubuhinzi
  • Ubuzima
  • Urukundo
  • Ibindi
    • Ubukerarugendo
    • Ikoranabuhanga
  • Amakuru
  • Imyidagaduro
  • Imikino
  • Politiki
  • Ubukungu
  • Ubuhinzi
  • Ubuzima
  • Urukundo
  • Ibindi
    • Ubukerarugendo
    • Ikoranabuhanga
Agezweho
09/05/25
Kamonyi-Runda: Polisi yataye muri yombi abasore 2 yafatanye ibiyobyabwenge
09/05/25
Kamonyi-Rukoma: Ntabwo tuzihanganira abantu b’Ingarisi batagira icyo bakora baza kwiba abaturage-DPC Furaha
09/05/25
Kamonyi-Musambira/Kwibuka31: Twahisemo kuba umwe, kureba kure ndetse no gufatanya-Visi Meya Uzziel Niyongira
09/05/25
Kamonyi: Abikorera/PSF bibutse bagenzi babo bishwe muri Jenoside yakorewe Abatutsi banaremera Intwaza

KVCS yahinduye izina yitwa MISIC yagura n’ibikorwa yakoraga

Umwanditsi
March 29, 2018

KVCS( Kigali Veterans Cooperative Society) ikora ibikorwa byo kwishyuza amahoro muri Parikingi z’ibinyabiziga hirya no hino by’umwihariko mu mujyi wa Kigali. Inteko rusange y’iyi Koperative yemeje ihindurwa ry’iri zina ikitwa MISIC ( Millennium Savings and Investment Cooperative-Koperative yo kuzigama n’ishoramari), Ibikorwa byayo ngo bigiye kwaguka binarenge imipaka y’Igihugu.

Rtd Lt Col. David Mushabe, umuyobozi mukuru wa MISIC ariyo yahoze yitwa KVCS mu kiganiro n’itangazamakuru kuri uyu wa gatatu tariki 28 Werurwe 2018 yatangaje ko KVCS yahinduye izina ikitwa MISIC ndetse ibikorwa n’inshingano yari ifite bikaba byaragutse aho ndetse ngo bateganya no kurenga imbibi z’u Rwanda.

Rtd Lt Col. Mushabe, yagize ati ” KVCS yasaga nk’aho yifungiye muri Kigali gusa kuko nkuko mubyumva ni Kigali Veterans Cooperative Society, twasanze rero bidufungira aha muri Kigali. Nkuko kandi mu bizi, intego yacu ya mbere ni ugushakira akazi Ingabo zavuye ku rugerero, ntabwo twakabashakira gusa muri Kigali, tugomba kugashaka no muzindi Ntara cyangwa mu tundi Turere.”

Akomeza agira ati ” Twagiranye inama n’inteko rusange twemeranywa ko twahindura izina ndetse tukagura n’ibikorwa. Niho havuye igitekerezo cyo guhindura izina tukitwa MISIC( Millennium Savings and Investment Cooperative). Ikagira inshingano zo gushakira akazi Ingabo zavuye kurugerero ndetse n’abandi banyarwanda kuko ntabwo tukireba gusa Ingabo zavuye ku rugerero, urebye abasivire dufite ni nabo benshi.” Akomeza avuga ko guhindura izina bijyana no kwagura ibikorwa n’imbago bakoreraho.

Uretse ibikorwa bisanzwe bizwi cyane byo kwishyuza amahoro muri Parikingi hirya no hino, MISIC igiye kurushaho kwita ku gushakira akazi Inkeragutabara n’abandi banyarwanda binyuze mu bikorwa byari bisanzwe bikorwa n’icyari KVCS n’ibindi bishya.

Muribyo hari nko kubaka amacumbi aciriritse kandi agatanga akazi, kubaka uruganda rukomeye rw’imyenda(hari ibyatangiye gukorwa ariko biciriritse by’ubudozi), hari gukora ibijyanye n’Ubuhinzi n’ubworozi, aha hari ubworozi bw’ingurube bwatangiye aho hari uruganda rw’inkeragutabara ngo rugiye kujya rutunganya inyama zazo, hari ukwishyuza za Kariyeri(imicanga n’amabuye) n’ibindi bikorwa bitandukanye bimwe ngo bishobora no kutazakorera muri MISIC kuko ari Koperative kandi ikigo cy’igihugu cy’amakoperative kikaba ngo gifite ibyo kiba cyarateganije bikorwa na Koperative.

MISIC (Ex. KVCS) ifite abakozi bagera muri 708 bose bahembwa kandi bishyurirwa ibyangombwa umukozi ateganyirizwa birimo n’ubwishingizi bw’ubuzima bwa RSSB, umukozi uhembwa amafaranga makeya ahembwa ibihumbi 55 by’amafaranga y’u Rwanda nkuko bitangazwa n’ubuyobozi. MISIC kandi ngo izakomeza guteza imbere imibereho myiza y’umunyarwanda no guharanira iterambere rishingiye ku murimo unoze.

Munyaneza Theogene / intyoza.com

Share Article

Follow Me Written By

Umwanditsi

Shakisha
Izasomwe cyane
Kamonyi-Runda: Umugabo ukekwaho kwica umugore we amuteye icyuma yatawe muri yombi
Umwanditsi
November 27, 2024
Kamonyi-Musambira: Gitifu yakijijwe n’amaguru ahunga RIB agarurwa n’abaturage
Umwanditsi
October 15, 2024
Kamonyi-Nyamiyaga: Umurezi mu kigo cy’Ishuri araye mu maboko atari aye kubera umwana w’umukobwa w’imyaka 14-15
Umwanditsi
October 17, 2024
Ibyiciro

Amakuru

5795 Posts

Politiki

4046 Posts

Ubuhinzi

145 Posts

Ubukungu

992 Posts

Imyidagaduro

79 Posts

Imikino

138 Posts
Facebook Pinterest Twitter Youtube
  • Amakuru
  • Imyidagaduro
  • Imikino
  • Politiki
  • Ubukungu
  • Ubuhinzi
  • Ubuzima
  • Urukundo
  • Ibindi
    • Ubukerarugendo
    • Ikoranabuhanga

Intyoza.com itangaza amakuru yanyu mungingo zinyuranye z'ibibera ku isi no mukirere. Byaba ari ibyiza byubaka ndetse nibibi byo kwibazaho nko mu Bukungu, Politiki, Ikoranabuhanga, Umuco, Ubuzima, n'ibindi byinshi. Mutwandikire, mwinigure, mutugezeho ibitekerezo byanyu cyangwa izindi nkuru mwifuza kugeza kubandi.

© 2022, All Rights Reserved.

  • Amakuru
  • Imyidagaduro
  • Imikino
  • Politiki
  • Ubukungu
  • Ubuhinzi
  • Ubuzima
  • Urukundo
  • Ibindi
    • Ubukerarugendo
    • Ikoranabuhanga