• Kigali, Rwanda
  • +250 123 456 789
Facebook Twitter Youtube

INTYOZA

  • Amakuru
  • Imyidagaduro
  • Imikino
  • Politiki
  • Ubukungu
  • Ubuhinzi
  • Ubuzima
  • Urukundo
  • Ibindi
    • Ubukerarugendo
    • Ikoranabuhanga
  • Amakuru
  • Imyidagaduro
  • Imikino
  • Politiki
  • Ubukungu
  • Ubuhinzi
  • Ubuzima
  • Urukundo
  • Ibindi
    • Ubukerarugendo
    • Ikoranabuhanga
Agezweho
09/05/25
Kamonyi-Runda: Polisi yataye muri yombi abasore 2 yafatanye ibiyobyabwenge
09/05/25
Kamonyi-Rukoma: Ntabwo tuzihanganira abantu b’Ingarisi batagira icyo bakora baza kwiba abaturage-DPC Furaha
09/05/25
Kamonyi-Musambira/Kwibuka31: Twahisemo kuba umwe, kureba kure ndetse no gufatanya-Visi Meya Uzziel Niyongira
09/05/25
Kamonyi: Abikorera/PSF bibutse bagenzi babo bishwe muri Jenoside yakorewe Abatutsi banaremera Intwaza

Kamonyi: Ndi Umunyarwanda, inyungu rusange kurusha kuba nyamwigendaho-Mayor Kayitesi

Umwanditsi
April 4, 2018

Gahunda ya “Ndi Umunyarwanda” irimo kuganirwaho hirya no hino mu karere ka Kamonyi. Umuyobozi w’Akarere ka Kamonyi, Kayitesi mu kiganiro yahaye Abanyarukoma kuri uyu wa 4 Mata 2018 yibukije ko Ndi Umunyarwanda igamije gufasha umunyarwanda kongera gutekereza ku isano muzi ihuje abanyarwanda.

Atangiza ibiganiro kuri gahunda ya Ndi Umunyarwanda, Umuyobozi w’Akarere ka Kamonyi Alice Kayitesi yibukije abitabiriye ibiganiro byabereye mu cyumba cy’inama cy’Umurenge wa Rukoma ko Ndi Umunyarwanda igamije kongera kugarurira umunyarwanda ubumwe no kwibona mu nyungu rusange aho kuba nyamwigendaho, ko iyi ari isano muzi ibumbatiye ubumwe bw’abanyarwanda.

Mayor Kayitesi yavuze ati” Abanyarwanda tureke kwirebaho, turebe inyungu rusange twimakaze gahunda ya Ndi Umunyarwanda.”

Yakomeje asaba abitabiriye ibi biganiro biganjemo abakozi b’Akarere, Abaganga, abayobozi b’Ibigo by’amashuri, ibigo nderabuzima n’abandi ko basabwa kubanza guhinduka mbere yo kumva ko bagomba guhindura abandi.

Yagize ati ” Ni mureke kuvuga niba bibananiye ariko nibura mube ibyapa byiza biyobora abantu aho kuba ibyapa biyobya”. Yakomeje asaba ko umunyarwanda muzima akwiye guterwa ishema no kumva ko hari umusanzu atanga mu kubaka no gukomeza Ndi Umunyarwanda, kubaka ubumwe bw’Abanyarwanda.

Abitabiriye ibi biganiro bahuriza ku kuba amacakubiri n’inzagano byaranze abanyarwanda ndetse bikageza kuri Jenoside yakorewe Abatutsi mu 1994 aribyo byashenye ubumwe bw’abanyarwanda. Bahuriza ku gusaba ko ukuri ariko gukwiye gushyirwa imbere, abantu bakareka kugoreka amateka kandi bakemera kwakira ukuri kw’ibyabaye kuko byakozwe n’abanyarwanda bikorerwa abanyarwanda. Buri wese yasabwe kwisuzuma.

Uzabumugabo Clement, umwe mubitabiriye ibi biganiro agira ati ” Ntekereza ko nkwiye guterwa ishema ry’Ubunyarwanda nkagendera k’umuco n’indangagaciro na Kirazira biranga umunyarwanda, nkamenya y’uko dusangiye isano n’abandi banyarwanda, nkimakaza umuco wo gusaba imbabazi bikagira inyungu rusange kuko abashyize hamwe iterambere ririhuta.

Binyuze muri ibi biganiro, ibitekerezo byahurijwe ku kuba Ndi Umunyarwanda ikwiye kuba umuti, icyomoro cy’amateka mabi yashyize ibice mu banyarwanda, ahari Ndi Umunyarwanda ngo nta macakubiri nta moko, nta mwiryane ahubwo haba gufatanya. Bemeranywa kandi ko Ndi Umunyarwanda idashingiye ku kubwizanya ukuri ntacyo yahindura. Ko bityo buri wese akwiye guharanira ukuri.

Abitabiriye ibi biganiro basabwe kwitabira ibiganiro n’izindi gahunda ziteganijwe mu gihe cy’icyumweru cyahariwe kwibuka Jenoside yakorewe abatutsi mu 1994. Basabwe kandi no kubikangurira abo bayobora n’abandi banyarwanda.

Munyaneza Theogene / intyoza.com

Share Article

Follow Me Written By

Umwanditsi

Shakisha
Izasomwe cyane
Kamonyi-Runda: Umugabo ukekwaho kwica umugore we amuteye icyuma yatawe muri yombi
Umwanditsi
November 27, 2024
Kamonyi-Musambira: Gitifu yakijijwe n’amaguru ahunga RIB agarurwa n’abaturage
Umwanditsi
October 15, 2024
Kamonyi-Nyamiyaga: Umurezi mu kigo cy’Ishuri araye mu maboko atari aye kubera umwana w’umukobwa w’imyaka 14-15
Umwanditsi
October 17, 2024
Ibyiciro

Amakuru

5795 Posts

Politiki

4046 Posts

Ubuhinzi

145 Posts

Ubukungu

992 Posts

Imyidagaduro

79 Posts

Imikino

138 Posts
Facebook Pinterest Twitter Youtube
  • Amakuru
  • Imyidagaduro
  • Imikino
  • Politiki
  • Ubukungu
  • Ubuhinzi
  • Ubuzima
  • Urukundo
  • Ibindi
    • Ubukerarugendo
    • Ikoranabuhanga

Intyoza.com itangaza amakuru yanyu mungingo zinyuranye z'ibibera ku isi no mukirere. Byaba ari ibyiza byubaka ndetse nibibi byo kwibazaho nko mu Bukungu, Politiki, Ikoranabuhanga, Umuco, Ubuzima, n'ibindi byinshi. Mutwandikire, mwinigure, mutugezeho ibitekerezo byanyu cyangwa izindi nkuru mwifuza kugeza kubandi.

© 2022, All Rights Reserved.

  • Amakuru
  • Imyidagaduro
  • Imikino
  • Politiki
  • Ubukungu
  • Ubuhinzi
  • Ubuzima
  • Urukundo
  • Ibindi
    • Ubukerarugendo
    • Ikoranabuhanga