• Kigali, Rwanda
  • 0788309922
Facebook Twitter Youtube

INTYOZA

  • Amakuru
  • Imyidagaduro
  • Imikino
  • Politiki
  • Ubukungu
  • Ubuhinzi
  • Ubuzima
  • Urukundo
  • Ibindi
    • Ubukerarugendo
    • Ikoranabuhanga
  • Amakuru
  • Imyidagaduro
  • Imikino
  • Politiki
  • Ubukungu
  • Ubuhinzi
  • Ubuzima
  • Urukundo
  • Ibindi
    • Ubukerarugendo
    • Ikoranabuhanga
Agezweho
04/11/25
Ipari yakoze ku bikubo ku mukino wose ndetse n’Ibitego byamuhesheje akayabo ka 1,531,607Frws
04/11/25
Kamonyi-Gacurabwenge: Polisi yataye muri yombi Itsinda ry’Abantu 5 barimo Umugore bakekwaho ubugizi bwa nabi
04/11/25
Kamonyi-GS Ruramba:“ Ishuri ryanjye, Urukwavu rwanjye”, Umushinga wo gukundisha abana Ishuri
04/11/25
Muhanga: Itsinda ry’abakekwaho ibikorwa by’Ubugizi bwa nabi batawe muri yombi

Kamonyi: Umurambo w’umugabo wabonywe ku nkombe z’umugezi mu kagari ka Nyarubuye

Umwanditsi
May 17, 2018

Mu ijoro rya tariki 16 Gicurasi 2018, umugezi wa Cyabariza bivugwa ko wishe Ndagijimana Wellars w’imyaka 36 y’amavuko. Nyakwigendera ngo yari akiri ingaragu. Amakuru avuga kandi ko ngo yari avuye aho yanywereye mu isantere ya Karengo.

Nyakwigendera Ndagijimana Wellars, ku myaka 36 y’amavuko yatwawe n’umugezi wa Cyabariza mu ijoro rya tariki 16 Gicurasi 2018 uramwica. Uyu mugezi uherereye hagati y’Akagari ka Nyarubuye ho mu Murenge wa Rugarika na Ngoma ho mu Murenge wa Nyamiyaga.

Bamwe mu baturage babwiye intyoza.com ko uyu nyakwigendera yari yanywereye mu isantere y’ubucuruzi ya Karengo ho mu Kagari ka Nyarubuye mu Murenge wa Rugarika aho ngo yavuye nko mu ma saa tatu z’ijoro atashye.

Amakuru y’urupfu rwa Ndagijimana yemezwa kandi na Sindayigaya Modeste Umunyamabanga Nshingwabikorwa w’Akagari ka Nyarubuye.

Yagize ati ” Uwapfuye yitwa Ndagijimana Wellars, yanywereye ku gasantere ko ku Karengo, yahavuye mu masaha y’i saa moya zisumbuyeho imvura ihise, yambuka igishanga cya Ruvubu ( cyahoze kitwa Ruboroga), asanga akagezi karimo kuzuye ari nako bikekwa ko kamwishe.”

Umuryango wa Nyakwigendera nyuma yo kugera aho ibi byago byabereye, ngo wanze kwemera ko yaba yahitanywe n’amazi, bafashe icyemezo cyo kujyana umurambo kuwupimisha ngo bamenye by’ukuri iby’urupfu rw’umuhungu wabo dore ko yari akiri ingaragu.

Umurambo wa Nyakwigendera ngo wabonywe n’abahinzi ahagana i saa kumi n’ebyiri z’iki  gitondo tariki 17 Gicurasi 2018. Tubikesheje abaturage, twamenye kandi ko nyiri akabari k’aho Nyakwigendera Ndagijimana yanywereye yatwawe n’inzego z’umutekano, aho bakeka ko ari mu rwego rwo gukora iperereza ku cyaba cyahitanye uyu Ndagijimana.

Munyaneza Theogene / intyoza.com

Yasuwe inshuro: 0

Share Article

Follow Me Written By

Umwanditsi

Shakisha
Izasomwe cyane
Kamonyi-Runda: Umugabo ukekwaho kwica umugore we amuteye icyuma yatawe muri yombi
Umwanditsi
November 27, 2024
Kamonyi-Musambira: Gitifu yakijijwe n’amaguru ahunga RIB agarurwa n’abaturage
Umwanditsi
October 15, 2024
Urutonde rw’abaperezida bayoboye u Rwanda kuva rwigenze
Umwanditsi
October 5, 2016
Ibyiciro

Amakuru

5904 Posts

Politiki

4155 Posts

Ubuhinzi

150 Posts

Ubukungu

1027 Posts

Imyidagaduro

85 Posts

Imikino

152 Posts
Facebook Pinterest Twitter Youtube
  • Amakuru
  • Imyidagaduro
  • Imikino
  • Politiki
  • Ubukungu
  • Ubuhinzi
  • Ubuzima
  • Urukundo
  • Ibindi
    • Ubukerarugendo
    • Ikoranabuhanga

Intyoza.com itangaza amakuru yanyu mungingo zinyuranye z'ibibera ku isi no mukirere. Byaba ari ibyiza byubaka ndetse nibibi byo kwibazaho nko mu Bukungu, Politiki, Ikoranabuhanga, Umuco, Ubuzima, n'ibindi byinshi. Mutwandikire, mwinigure, mutugezeho ibitekerezo byanyu cyangwa izindi nkuru mwifuza kugeza kubandi.

© 2022, All Rights Reserved.

  • Amakuru
  • Imyidagaduro
  • Imikino
  • Politiki
  • Ubukungu
  • Ubuhinzi
  • Ubuzima
  • Urukundo
  • Ibindi
    • Ubukerarugendo
    • Ikoranabuhanga