• Kigali, Rwanda
  • +250 123 456 789
Facebook Twitter Youtube

INTYOZA

  • Amakuru
  • Imyidagaduro
  • Imikino
  • Politiki
  • Ubukungu
  • Ubuhinzi
  • Ubuzima
  • Urukundo
  • Ibindi
    • Ubukerarugendo
    • Ikoranabuhanga
  • Amakuru
  • Imyidagaduro
  • Imikino
  • Politiki
  • Ubukungu
  • Ubuhinzi
  • Ubuzima
  • Urukundo
  • Ibindi
    • Ubukerarugendo
    • Ikoranabuhanga
Agezweho
09/05/25
Kamonyi-Runda: Polisi yataye muri yombi abasore 2 yafatanye ibiyobyabwenge
09/05/25
Kamonyi-Rukoma: Ntabwo tuzihanganira abantu b’Ingarisi batagira icyo bakora baza kwiba abaturage-DPC Furaha
09/05/25
Kamonyi-Musambira/Kwibuka31: Twahisemo kuba umwe, kureba kure ndetse no gufatanya-Visi Meya Uzziel Niyongira
09/05/25
Kamonyi: Abikorera/PSF bibutse bagenzi babo bishwe muri Jenoside yakorewe Abatutsi banaremera Intwaza

Rwamagana: Abapolisi bo mu bihugu byo mu Karere batangiye amahugurwa ku bijyanye no kubungabunga amahoro

Umwanditsi
June 12, 2018

Ku wa mbere tariki ya 11 Kamena 2018, mu Ishuri  rya Polisi y’u Rwanda rya Gishari riri mu karere ka Rwamagana, hatangijwe amahugurwa y’Abapolisi bo muri aka karere ku bijyanye n’ibikorwa byo kubungabunga amahoro mu bihugu bitandukanye.

Aya mahugurwa ahuje abapolisi 52 bitegura kujya mu butumwa bwo kubungabunga amahoro hirya no hino ku isi bo mu bihugu by’u Rwanda, Uganda, Kenya, Etiyopiya, Sudani, Somaliya, Seyisheli n’ibirwa bya Comores.

Ni ku nshyuro ya gatandatu abereye mu Rwanda; akaba yarateguwe n’Umutwe wa Polisi wo mu karere ka Afurika y’Iburasirazuba, ushinzwe gutabara aho rukomeye (EASF).

Ubwo yatangizaga ku mugararo aya mahugurwa, Umuyobozi mukuru wa Polisi y’u Rwanda ushinzwe ubuyobozi n’abakozi DIGP-AP, Juvenal Marizamunda, yagarutse ku kamaro k’Abapolisi bari mu butumwa bw’amahoro mu gutuma ibihugu barimo bigira ituze n’umutekano.

Yakomeje avuga ko Afurika yiyemeje gushaka ibisubizo by’ibibazo ifite; akaba ari muri urwo rwego Umuryango wa Afurika Yunze Ubumwe washyizeho umutwe uhora witeguye gutabara aho rukomeye mu turere dutanu tw’uyu mugabane (ASF) n’aka karere dutuyemo kakaba karimo; aho na ko gafite  umutwe uhora witeguye gutabara (EASF).

DIGP Marizamunda yakomeje avuga ko intego y’aya mahugurwa ari uguha ubumenyi abitegura kujya mu butumwa bw’amahoro kugira ngo bamenye inshingano z’uyu mutwe wo gutabara mu gihe mu gihugu runaka habayemo ibibazo.

Yanavuze kandi ko bitewe n’imiterere y’ubutumwa boherejwemo, baba banakeneye ubumenyi bwisumbuyeho, uko bakwitwara ndetse bakagira n’ibikoresho bihagije kandi bijyanye n’igihe bibafasha mu kazi.

Yavuze ko kuba u Rwanda rwakira amahugurwa nk’aya, ari ikimemenyetso ko ruha agaciro ibijyanye no kubumbatira amahoro no gushakira hamwe n’ibindi bihugu uko amakimbirane n’ibindi bibazo byabonerwa umuti urambye.

Umuyobozi w’Umutwe wa Polisi wo mu karere ka Afurika y’Iburasirazuba, ushinzwe gutabara aho rukomeye (EASF), ACP Dinnah Kyasiimira yavuze ko uyu muryango wiyemeje guha ubumenyi buhagije abajya mu butumwa bw’amahoro; haba ku mugabane w’Afurika n’ahandi.

Yavuze ko ibi bituma bamenya neza imiterere n’ibibazo bashobora guhura na byo; bityo bakamenya uko bagomba kwitwara mu gihe bari mu kazi kabo.

ACP Kyasiimira yashimiye u Rwanda kubera inkunga yarwo mu kwakira no gutuma aya mahugurwa agenda neza nk’uko bisanzwe bigenda.

Mu gihe cy’ibyumweru bibiri, abateraniye muri aya mahugurwa, bazahabwa ubumenyi mu masomo akurikira: Imvo n’imvano y’Umuryango w’Abibumbye n’Umuryango wa Afurika Yunze Ubumwe, imiterere y’ubutumwa bw’amahoro na disipuline igomba kuranga abari mu butumwa bw’amahoro, imbogamizi zirebana n’ubutumwa bw’amahoro ndetse n’uburyo bwo kuzirinda, n’uko bagomba kwitwara mu butumwa bw’amahoro.

intyoza.com

Share Article

Follow Me Written By

Umwanditsi

Shakisha
Izasomwe cyane
Kamonyi-Runda: Umugabo ukekwaho kwica umugore we amuteye icyuma yatawe muri yombi
Umwanditsi
November 27, 2024
Kamonyi-Musambira: Gitifu yakijijwe n’amaguru ahunga RIB agarurwa n’abaturage
Umwanditsi
October 15, 2024
Kamonyi-Nyamiyaga: Umurezi mu kigo cy’Ishuri araye mu maboko atari aye kubera umwana w’umukobwa w’imyaka 14-15
Umwanditsi
October 17, 2024
Ibyiciro

Amakuru

5795 Posts

Politiki

4046 Posts

Ubuhinzi

145 Posts

Ubukungu

992 Posts

Imyidagaduro

79 Posts

Imikino

138 Posts
Facebook Pinterest Twitter Youtube
  • Amakuru
  • Imyidagaduro
  • Imikino
  • Politiki
  • Ubukungu
  • Ubuhinzi
  • Ubuzima
  • Urukundo
  • Ibindi
    • Ubukerarugendo
    • Ikoranabuhanga

Intyoza.com itangaza amakuru yanyu mungingo zinyuranye z'ibibera ku isi no mukirere. Byaba ari ibyiza byubaka ndetse nibibi byo kwibazaho nko mu Bukungu, Politiki, Ikoranabuhanga, Umuco, Ubuzima, n'ibindi byinshi. Mutwandikire, mwinigure, mutugezeho ibitekerezo byanyu cyangwa izindi nkuru mwifuza kugeza kubandi.

© 2022, All Rights Reserved.

  • Amakuru
  • Imyidagaduro
  • Imikino
  • Politiki
  • Ubukungu
  • Ubuhinzi
  • Ubuzima
  • Urukundo
  • Ibindi
    • Ubukerarugendo
    • Ikoranabuhanga