• Kigali, Rwanda
  • +250 123 456 789
Facebook Twitter Youtube

INTYOZA

  • Amakuru
  • Imyidagaduro
  • Imikino
  • Politiki
  • Ubukungu
  • Ubuhinzi
  • Ubuzima
  • Urukundo
  • Ibindi
    • Ubukerarugendo
    • Ikoranabuhanga
  • Amakuru
  • Imyidagaduro
  • Imikino
  • Politiki
  • Ubukungu
  • Ubuhinzi
  • Ubuzima
  • Urukundo
  • Ibindi
    • Ubukerarugendo
    • Ikoranabuhanga
Agezweho
09/05/25
Kamonyi-Runda: Polisi yataye muri yombi abasore 2 yafatanye ibiyobyabwenge
09/05/25
Kamonyi-Rukoma: Ntabwo tuzihanganira abantu b’Ingarisi batagira icyo bakora baza kwiba abaturage-DPC Furaha
09/05/25
Kamonyi-Musambira/Kwibuka31: Twahisemo kuba umwe, kureba kure ndetse no gufatanya-Visi Meya Uzziel Niyongira
09/05/25
Kamonyi: Abikorera/PSF bibutse bagenzi babo bishwe muri Jenoside yakorewe Abatutsi banaremera Intwaza

Kamonyi-Rukoma: Hakozwe Umuganda wo kurwanya Malariya

Umwanditsi
June 16, 2018

Inzego z’ubuyobozi zitandukanye zikorera mu Murenge wa Rukoma, abaturage n’abakozi mu bitaro bya Remera-Rukoma kuri uyu wa gatandatu tariki 16 Kamena 2018 bakoze umuganda wo kurwanya Malariya. Muri uyu muganda hatemwe ibihuru hanatangwa ubutumwa butandukanye.

Igikorwa cy’umuganda wo kurwanya Malariya kuri uyu wa gatandatu tariki 16 Kamena 2018 cyakorewe mu Murenge wa Rukoma, Akagari ka Remera, Umudugudu wa Kabande. Uyu muganda witabiriwe n’Abaturage, Abajyanama b’ubuzima, Umuyobozi w’Umurenge wa Rukoma, Umuyobozi w’ingabo zikorera muri uyu murenge hamwe n’umuyobozi n’abakozi b’ibitaro bya Remera-Rukoma.

Umuganda, wibanze ku gukora isuku hakurwaho ibihuru bikunze kwihishamo imibu byegereye ikigo nderabuzima, ibitaro bya Rukoma hamwe n’ikigo cy’urwunge rw’amashuri rwa Rukoma.

Dr Theogene Jaribu aganira n’abitabiriye umuganda.

Mu butumwa bwahawe abitabiriye iki gikorwa cy’umuganda burimo; kurwanya Malariya, Kwishyura Ubwisungane mu kwivuza-Mituweli, guhangana n’ikibazo cya bwaki( imirire mibi) cyane cyane mu bana.

Dr Jaribu Theogene, Umuyobozi w’ibitaro bya Remera-Rukomo mu butumwa yahaye abaturage bitabiriye uyu muganda, yasabye abubatse kuboneza urubyaro hamwe no kugira isuku haba ku mubiri, aho batuye n’aho bagenda.

Dr Jaribu, yibukije buri wese ko arebwa n’ikibazo cyo kuboneza urubyaro, ko ntawe ukwiye kubyara abo atazabasha kurera no kwitaho. Ku kibazo cy’isuku, yibukije ko isuku ari isoko y’ubuzima ko ntawe ukwiye kureberera umwanda ngo aceceke.

Nkurunziza Jean de Dieu, Umunyamabanga Nshingwabikorwa w’Umurenge wa Rukoma, aganira n’abitabiriye uyu muganda, yasabye buri wese kumva akamaro k’ubwisungane mu kwivuza-Mituweli. Yasabye ko nta muturage n’umwe ukwiye kwicara adafite ubwisungane mu kwivuza cyane ko n’indwara ntawe iteguza.

Uretse gusaba no gukangurira abaturage kwishyura Mituweli, Gitifu Nkurunziza yanasabye abaturage bitabiriye iki gikorwa kurushaho guhangana n’ibibazo bya bwaki( imirire mibi).

Umuyobozi w’ingabo muri Rukoma na Gitifu w’Umurenge mu gikorwa cy’umuganda.

Umunyamabanga Nshingwabikorwa w’Umurengebwa Rukoma, yabwiye abaturage ko aho igihugu kigeze mu iterambere ndetse n’abaturage gifite bamaze gutera imbere nta mwana w’umunyarwanda ukwiye kuba akirangwaho n’imirire mibi. Yasabye ko buri wese iki kibazo akigira icye, atanga umusanzu mu kurwanya imirire mibi cyane mu bana bato.

 

Munyaneza Theogene / intyoza.com

Share Article

Follow Me Written By

Umwanditsi

Shakisha
Izasomwe cyane
Kamonyi-Runda: Umugabo ukekwaho kwica umugore we amuteye icyuma yatawe muri yombi
Umwanditsi
November 27, 2024
Kamonyi-Musambira: Gitifu yakijijwe n’amaguru ahunga RIB agarurwa n’abaturage
Umwanditsi
October 15, 2024
Kamonyi-Nyamiyaga: Umurezi mu kigo cy’Ishuri araye mu maboko atari aye kubera umwana w’umukobwa w’imyaka 14-15
Umwanditsi
October 17, 2024
Ibyiciro

Amakuru

5795 Posts

Politiki

4046 Posts

Ubuhinzi

145 Posts

Ubukungu

992 Posts

Imyidagaduro

79 Posts

Imikino

138 Posts
Facebook Pinterest Twitter Youtube
  • Amakuru
  • Imyidagaduro
  • Imikino
  • Politiki
  • Ubukungu
  • Ubuhinzi
  • Ubuzima
  • Urukundo
  • Ibindi
    • Ubukerarugendo
    • Ikoranabuhanga

Intyoza.com itangaza amakuru yanyu mungingo zinyuranye z'ibibera ku isi no mukirere. Byaba ari ibyiza byubaka ndetse nibibi byo kwibazaho nko mu Bukungu, Politiki, Ikoranabuhanga, Umuco, Ubuzima, n'ibindi byinshi. Mutwandikire, mwinigure, mutugezeho ibitekerezo byanyu cyangwa izindi nkuru mwifuza kugeza kubandi.

© 2022, All Rights Reserved.

  • Amakuru
  • Imyidagaduro
  • Imikino
  • Politiki
  • Ubukungu
  • Ubuhinzi
  • Ubuzima
  • Urukundo
  • Ibindi
    • Ubukerarugendo
    • Ikoranabuhanga